RFL
Kigali

Menya icyo Diamond yavuze kuri Perezida Uhuru Kenyatta wabyinnye indirimbo yakoranye na Koffi Olomide

Yanditswe na: Neza valens Vava
Taliki:9/12/2020 12:34
2


Diamond umuhanzi w'icyamamare muri Tanzania no mu karere, ugezweho mu ndirimbo “Waah” aherutse gukorana na Koffi Olomide, yagize icyo avuga kuri Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta nyuma y'uko agaragaye abyina iyi ndirimbo.



Uyu muyobozi wa WCB ku mbuga nkoranyambaga akoresha yasangije abakunzi be amashusho ya Perezida w’igihugu cya Kenya Uhuru Kenyatta abyinya indirimbo “Waah” maze ayaherekeza amagambo akomeye, ati ”Nzakomeza gushimira Perezida UHURU KENYATTA n’abanya- Kenya bose ku bw'urukundo banyeretse no kunshyigikira”.

Diamond yashimiye Uhuru Kenyatta n'abanya-Kenya muri rusange

Perezida Uhuru iyi ndirimbo yayibyiniye ahitwa Bomas of Kenya. Ni mu gace k'igiturage gakorerwamo ubukerarugendo. Icyo gihe yagiriye inama urubyiruko ndetse anafungura ku mugaragaro ikigega “KenyaNiMimi initiative” kigamije gufasha urubyiruko no kurengera uburenganzi bwabo.

Amashusho y’iyi ndirimbo “Waah” agishyirwa kuri Youtube mu masaha umunani gusa yari amaze kurebwa n'abarenga miliyoni imwe, mu gihe mu masaha 13 yari amaze kurebwa na miliyoni 2. “Waah” nyuma y’iminsi umunani igiye hanze, ubu imaze kurebwa na miliyoni 11.

REBA HANO UKO KENYATTA YABYINNYE INDIRIMBO WAAH






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • BARENGAYABO3 years ago
    nibyiza.cyane.urukundo.nirworwambere.
  • BARENGAYABO3 years ago
    nibyiza.cyane.urukundo.nirworwambere.





Inyarwanda BACKGROUND