RFL
Kigali

"Ni wowe soko y'ibyishimo mu buzima bwanjye, nkuraze kumenya Imana n'urukundo" Muyoboke Alex abwira umuhungu we wujuje imyaka 9-AMAFOTO

Yanditswe na: Shema Aime Patrick
Taliki:8/12/2020 10:37
0


Alex Muyoboke umwe mu bagabo utatinya kuvuga ko bafite aho bagejeje umuziki nyarwanda cyane ko bamwe mu byamamare bamunyuze mu biganza ariwe ubafasha nk'Umujyanama wabo, uyumunsi umwana we Mwenemuyoboke Aston yagize isabukuru y'amavuko maze amubwira amagambo akomeye.



Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Alex Muyoboke yagize ati "Isabukuru nziza y'imyaka 9 muhungu wanjye. Warakoze kuba umuhungu w'igitangaza, mu by'ukuri ntewe ishema nawe kuva igihe wavukiye. Nishimiye cyane ko uri umwana wanjye. Urabizi ko ku isi yose ni wowe soko y'ibyishimo mu buzima bwanjye. Ubundi ni wowe boss wanjye, nkuraze kumenya Imana n'urukundo kugeza ushaje. Imyaka 9 yose wambereye imfura kabiri mwana wanjye!! @mwenemuyoboke_aston ".



Muyoboke Alex ni umwe mu bagabo bagaragaza urukundo rudasanzwe ku bana babo hano mu Rwanda


Muyoboke hamwe n'umuhungu we Mwenemuyoboke Astone 


Umuhungu wa Muyoboke yujuje imyaka 9 y'amavuko



Mwenemuyoboke Astone na Se Muyoboke Alex






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND