RFL
Kigali

Dore abantu bamenyekanye cyane mu Rwanda mu gihe abantu babifataga nk’urwenya

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:25/11/2020 16:49
1


Kwamamara bisaba igihe gito cyane mu gihe ibyo ukora ari umwihariko, ushobora kwamamara mu migaragarire, imyambarire, gusetsa bitari iby’umwuga, kuririmba, kubyina, kwigana abandi, n’ibindi. Nk’uko mu Rwanda hari abantu babaye ibyamamare mu gihe ibyo bakoraga abantu babifataga nko gusetsa.



Muri muzika umuntu ashobora kwamamarana udushya ariko hari igihe bagufata nk'aho ibyo ukora ari ibyo kwishimisha bidafite ireme, abantu barashungera rimwe na rimwe. Iyo usetsa benshi ibyo ukora babyakirana yombi bakabisangiza n’abandi kugira ngo nabo basusuruke. 

Ni byiza muri Sosiyeti abantu nk’abo babamo kandi iyo babuze benshi barababara cyane bitewe n’irungo bisangamo, bakakubura mu byo wamamayemo. Mu Rwanda rero hari ibyamamare byinshi, ariko hari abazwi cyane ku izina ariko ibikorwa byabo ntibigaragare nk’ibifite ubuhanga no kwigisha, mbese izina rikaruta ibikorwa bakoze.

Lucky Fire

Menya Lucky Fire umuhanzi 'urusha indirimbo nyinshi' abandi mu Rwanda -  Kigali Today

Uyu yatangiye kwamamara mu ndirimbo yashyiraga hanze zisekeje zirimo “Umuriro watse”, “5 love” n’izindi. Biragoye kumva izi ndirimbo ngo ubure guseka imiririmbire ya Lucky Fire. Bamwe bagiraga ngo yinjiye mu rwenya ariko akabikora mu ndirimbo.

Nyuma byagaragaye ko uyu mu nyadukorwo tudasanzwe akaba n’umuhanzi, yiyumvamo impano kandi akabikorana umuhate n’umurava. Ubu umuntu ukurikirana muzika n’abahanzi bakuru n’abato, bazi Lucky Fire uvuga kenshi ko ari umwami wa Pop mu Rwanda no ku isi yose. Akunze kumvikakana kenshi ashima Imana ngo kuba yarasimbuye Michael Jackson ku isi.

Barafinda

2020: Nyuma yuko Barafinda amaze iminsi yikoma Urwego rw'igihugu  rw'ubugenzacyaha RIB arushinja gushaka kumushimuta, kuri ubungubu yatumweho  nurwo rwego. Inkuru irambuye [Rebluejd.rw] - RedBlueJD

Barafinda Sekikubo Fred, ni umwe mu Bakandida bifuzaga guhatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, muri Kanama 2017. Uyu mugabo kugeza magingo aya bamwe baramwibuka bagaseka. Yari umunyadukoryo muri Politiki, udushya twe twatumye aba icyamamare mu Rwanda.

Akunda kugaragara yambaye ikoti na karuvati atajya ahindura, inkweto n’ingofero, agakunda kuvuga ko Politiki imutembamo, kandi ko atari ngombwa kuba afite amashuri menshi icya mbere ngo ni uko azi gusoma no kwandika bityo ko yumvaga agomba kuba umukandika ku mwanya wa Perezida. Inkweto ze yavugaga ko ari cyo kinyabiziga cye, intego ye yashakaga guca ikibazo cy’abantu bagumiwe. Ibigwi bye n’imigambi uwabyumvaga wese yagiraga ngo ari gusetsa nyamara akomeje.

Barafinda aherutse kuva i Ndera aho abaganga baho basanze afite uburwayi bwo mu mutwe, nk'uko byatangajwe n'Urwego rw'Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) mu kwezi kwa 7 mu 2020. Ni ibintu bitatunguye benshi dore ko ubwo yatunguranaga ashaka kuba Perezida, abantu banyuranye bakemanze ibyo avuga, hari n'abataratinyaga kuvuga ko yaba afite ikibazo cyo mu mutwe.

Babou-G (Babuji_


Uyu musore mu mwaka wa 2015 udukoryo twe twazengurutse u Rwanda, imvugo ze zibukwa cyane harimo “Ibaze nawe”, "Salama wowe”, “Banza ubimenye mbere y’uko mbikubwira”, aya magambo nyirabayazana wayo ni Babuji ubu tutazi ibye aho byahereye. Yamenyekanye cyane kuri aya magambo ubwo yaganiraga n'umunyamakuru Yohana Umubatiza. Iyo wamubazaga ibibazo, Babou G yagusubizaga ibihabanye n'ibyo umubajije.

 Papa Cyangwe

King Lewis (Papa cyangwe) - Mama cyangwe ft Khalfan (Official video) -  YouTube

Uyu muhanzi ubu ari mu bahanzi bashya bakunzwe, izina rye ryamamaye mbere y'uko hamamara indirimbo ze. Muri iyi minsi, King Lewis (Papa Cyangwe) yacaracaye ku mbuga nkoranyambaga ku byo yavugaga harimo kwitaka cyane ko yambara neza ibyo yitaga ko ari ku “cyangwe”’, “Umuteguro” , “hahiye”, “Niki n'iki” n’utundi dukoryo tw’imvugo. Papa Cyangwe kandi akunda kuvuga ko ari umukire aho akunda kuvuga ko afite “umufungo”.

Sky2

Uyu musore ni umuhanzi ukunda kugaragara ku mbuga nkoranyamabaga avuga ko 'atwika mu gihugu hose' kandi akambara neza cyane. Ibye na Papa Cyangwe birasa, bakoresha amagambo akamamara cyane. Aba bantu twavuze haruguru, ntabwo ari bo gusa, hari n’abandi bamamaye ku mazina yabo bakaba ikimenyabose kurenza ibikorwa byabo.  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Twisonyenyerii3 years ago
    Igisupusupu mwakibagiwe





Inyarwanda BACKGROUND