RFL
Kigali

Kung Fu igiye gushinga imizi mu Rwanda ihereye mu mashuri yisumbuye

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:9/11/2020 16:38
2


Ishyirahamwe ry'umukino wa Kung Fu Wushu mu Rwanda 'RKWF', ryatangaje ko rigiye gukora amavugurura agamije guteza imbere, kumwenyekanisha uyumukino no kuwugira umuco mu baturarwanda bahereye munmashuri yisumbuye.



Umuyobozi wiri shyirahamwe, Bwana Uwiragiye Marc, yatangaje ko muri Kung Fu bafite akanyamuneza nyuma yo kwemererwa na Minisiteri ya Siporo kuba umufatanyabikorwa, yiyongera ku baterankunga bari basanganwe, bituma bagiye kwagura ibikorwa bigamije iterambere ry'uyu mukino mu Rwanda.

Ambasade y'u Bushinwa mu Rwanda, niwo muterankunga w'ishyirahamwe ry'umukino wa Kung Fu, gusa kuri ubu batangaza ko babonye andi maboko agiye kubafasha kurushaho guteza imbere uyu mukino.

Mu mavugurura Kung Fu iteganya harimo no kumenyekanisha amarushanwa bategura ndetse nayo bitabira kuko hari igihe bitamenyekana ngo abanyarwanda bamenye ikijya mbere muri iri shyirahamwe kandi hari byinshi biba byakozwe.

Uwiragiye Marc, yatangaje ko Kung Fu ishaka gushinga imizi mu Rwanda ihereye mu bigo by'amashuri yisumbuye, aho biteze ko byibura hafi y'ibigo byose byo mu Rwanda mu mashuri yisumbuye bizaba bikina Kung Fu.

Yagize ati"Dufite gahunda yo kumenyekanisha umukino wa Kung Fu ukaba nk'umuco mu Rwanda, aho twateganyije ko iyi gahunda izahera mu mashuri yisumbuye, tukaba twizera ko byibura mu bigo byinshi bazaba bakina uyu mukino bikazagira isura nziza bigira mu iterambere ry'uyu mukino".

Uwiragiye Marc yavuze ko umwaka utaha bateganya gukora ibikorwa byinshi bizatuma hari intambwe ikomeye izaterwa mu mukino wa Kung Fu mu Rwanda.

Mu bihe bishize, iri shyirahamwe ryafashe bamwe mu bakinnyi bajya mu gihugu cy'u Bushinwa aho bahuye na Jackie Chan ndetse na Jet Li bafite amateka akomeye muri uyu mukino, bakaba barungukiye byinshi muri uwo muhuro.

Ishyirahamwe ry'umukino wa Kung Fu mu Rwanda ryafashije abanyamuryango hafi 1000 muri ibi bihe bya Coronavirus, babagenera ibyangombwa bibafasha gukomeza ubuzima nta kibazo.

Mu minsi ishize, iri shyirahamwe ryatanze ibikoresho bifashishwa mu kurwanya ikwirakwira rya Coronavirus bifite agaciro ka Miliyoni 11 z'amanyarwanda.

Abayobozi b'iri shyirahamwe bari kuganira n'inzego zitandukanye bireba kugira ngo amarushanwa asubukurwe hakurikizwa ingamba zo kwirinda COVID-19.

Perezida wa Kung Fu mu Rwanda, Uwiragiye Marc, atangaza ko bafite gahunda yo gusubukura amarushanwa vuba

Kung Fu ni umwe mu mikino ikinwa n'ingeri zitandukanye

Tags:




TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ndungutse noel3 years ago
    Byaba byiza kurushaho bashatse ukuntu hashyirwaho clabu zigisha uyumukino,hiryanohino,muturere,kuko turimo turi benshi dukunda uyu mukino,ariko kubona ahantu wawigira ugasanga bigoye,murakoze
  • Mugema moise2 years ago
    mudufashe duteze imbere uyumukino wa kung fu mushyire amakipe agiye hirya nohino murwanda rwacu murakoze.





Inyarwanda BACKGROUND