RFL
Kigali

Sauti Sol: Polycarp Otieno yahagaritse ibikorwa bya muzika muri iri tsinda mu gihe cy’ibyumweru bibiri

Yanditswe na: Neza valens Vava
Taliki:9/11/2020 13:57
0


Polycarp Otieno, inkingi ya mwamba kuri Gitari mu itsinda rya Sauti Sol aganira n’abakunzi be ku mbuga nkoranyambaga yavuze ko agiye kumara ibyumweru bibiri ahagaritse ibikorwa bye muri iri tsinda mu rwego rwo kwita ku muhungu we aherutse kwibaruka.



Fancy Fingers wabaye ahagaritse ibikorwa bya muzika mu gihe cy'ibyumweru bibiri mu itsinda rye Sauti Sol

Polycarp Otieno bakunze kwita Fancy Fingers yavuze ko ashimishijwe n’iki gihe arimo cyo kugerageza kwita ku mwana we no kumuha uburere bwuzuye. Yagize ati “Mu by'ukuri iki gihe cyagakwiye kugera ku mezi nk'atandatu, ibyumweru bibiri ni bike. Gukomera no kugira igihagararo no gukura neza by’umwana wawe byitabwaho muri iki gihe agezemo”. Yakomeje avuga ko ibihe arimo byo kuba hafi umwana we bimunejeje cyane.

Uku ni ukwezi kwa kabiri uyu mwana w’umuhungu yabyaranye n’umugore we Lady Mandy atangiye. Aba bombi bakoze ubukwe muri 2018 nyuma y’igihe kirekire bari bamaze bakundana. Kuva uyu muryango wibaruka uyu mwana birinze gushyira isura ye hanze. Amafoto bashyira ahagaraga yose nta n'imwe igaragaza isura ye.


Lady Mandy umugore wa Polycarp ifoto yakoresheje agaragaza ko yibarutse yirinze kugaragaza isura y'umana we


Uyu mwana isura ye bayirinze cyane imbuga nkoranyambaga






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND