Abahanga mu bijyanye n’imiterere y’umuntu bagaragaza ko imiterere y’intoki z’umuntu iba ivuze byinshi ku buzima bwe ariko hano turibanda ku bantu b’igitsina gabo gusa.
Ibanga ribasha kugaragaza aho imiterere y’intoki z’umuntu w’igitsina
gabo ihurirye n’ubuzima bwe, ryihishe ku rutoki bambaraho impeta n’urutoki
rukurikira igikumwe.
A. Dore uko uteye niba urutoki bambaraho impeta ari rurerure
kuruta urukurikira igikumwe
Niba urutoki wambaraho impeta ari rurerure kuruta
urukurikira igikumwe, uri umusore cyangwa se umugabo ufite igikundiro kandi
ubasha kubana n’abantu bose amahoro, ugira uburakari budakabije ariko kandi
wihutira gufata ibyemezo kabone n’iyo byaba bigushyira mu kaga, abagabo cyangwa
abasore bafite intoki zimeze gutya bakunda gushaka no kubona amafaranga menshi
kuruta abafite urutoki bambaraho impeta rugufi kuruta urukurikira igikumwe.
B. Dore uko uteye niba urutoki bambaraho impeta ari rugufi
kuruta urukurikira igikumwe
Abagabo cyangwa se abasore bameze batya bigirira icyizere
gikabije kandi bakunda kuba abanyarugomo, bene aba bantu ntibatinya kuba
bonyine icyo banga ni uwababangamira, mu bijyanye n’urukundo umusore umeze utya
agira ubwoba bukabije bwo gutera intambwe ngo asabe umukobwa urukundo,ategereza
ko umukobwa yazamubwira ko amukunda akabona gukomerezaho
C. Dore uko uteye niba urutoki bambaraho impeta rureshya n’urutoki
rukurikira igikumwe
Abagabo bafite izi ntoki zireshya bakunda kuba abunzi beza,
ni indahemuka kandi barakundwa ndetse bakagira urukundo, kuri bo ibintu byose biba
bisa nk’aho bigenda neza nk’uko byose byateguwe baratuje cyane nta mahane
bagira.
Src: dailyhunt.in
TANGA IGITECYEREZO