RFL
Kigali

Umuvugabutumwa wabatije Justin Bieber yirukanwe mu itorero Hillsong Church yabarizwagamo

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:6/11/2020 12:35
0


Pastor Car Lentz abenshi bakunze kwita umuvugabutumwa w’ibyamamare [Celebrity Pastor] akaba ari nawe wabatije Justin Bieber yamaze kwirukanwa muri Hillsong Church. Zimwe mpamvu zatumye yirukanwa harimo nko gutakarizwa icyizere no kugira imyitwarire itari myiza nk'uko byatangajwe n’umuyobozi mukuru w’iri torero.



Mu butumwa umuyobozi mukuru w’iri torero ari we Pasteur Brian Houston yandikiye abagize ubuyobozi bw’iri torero kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko ahagaritse uyu muvugabutumwa Carl Lentz wakorera ubutumwa ku ishami ry’iri torero mu mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Muri ubu butumwa Houston yavugaga ko icyatumye yirukana uyu mugabo harimo impamvu zitandukanye harimo nko gutakarizwa icyizere ndetse n’imyitwarire itari myiza. Mu butumwa bwe yagize ati: ”Ndabizi ibi birabatungura, ariko ndabinginze mumenye ko ibi twabikoranye ubushishozi ndetse bikorwa ku nyungu za buri wese, harimo na Pastor Carl.”

Nyuma y’ubu butumwa Carl Lentz yifashishije urukuta rwe rwa Instagram abwira abakunzi be ko imirimo ye y’ubuvugabutumwa igeze ku musozo ndetse ko yagiye arangwa n’imyitwarire itari myiza mu minsi yashize irimo no guca inyuma umugore we ariko ubu ari kureba uko biyunga. Yakomeje asaba imbabazi abakunzi be kuba yararenze ku cyizere bamugiriye ndetse ashimira abayobozi be bakuru mu itorero yakoreragamo umurimo w'Imana.

Carl Lentz family

Pastor Carl Lentz n'umuryango we

Uyu muvugabutumwa Carl yari anashinzwe amashami y’iri torero mu gace k’iburasirazuba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Abantu benshi bari bakunze kumwita umuvugabutumwa w’icyamamare [Celebrity Pastor], uyu kandi ni we wabatije umuhanzi Justin Bieber ndetse akaba n’inshuti y’ibyamamare bitandukanye harimo nka Justin Bieber n’umugore we Hailey Bieber, Umukinnyi w'icyamamare wa Basketball Kevin Durant, Selena Gomez, Keylie Jenner n’abandi.

Carl & Beiber

Carl & Beiber

Pastor Carl Lentz na Justin Bieber 

Mu byatumye uyu muvugabutumwa amenyekana cyane harimo nk’imyambaro akunda kwambara, tatuwaje ziri ku mubiri we ndetse n’abayoboke be batandukanye harimo n’ibyamamare.

Carl Lentz yakunze kumvikana cyane avuga ko ashyigikiye ko hahagarikwa ihohoterwa ndetse n’ivangura rikorerwa abirabura muri Amerika ndetse yakunze gutanga ubutumwa asaba ko abirabura babiri baherutse kwicwa muri Amerika aribo George Floyd na Breonna Taylor bahabwa ubutabera.

Iri torero rya Hillsong Church ryashinzwe na Houston ndetse n’umugore we Bobbie mu mwaka 1983 mu mujyi wa Sydney muri Australia, nyuma riza kugaba amashami yaryo rigera no mu bindi bihugu mu mijyi itandukanye nka London mu Bwongereza, Sao Paulo na Rio de Janeiro muri Brazil, Cape Town muri Afurika y’Epfo na Phoenix muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri torero rizwi cyane muri New York ku bw’umubare munini w’abayoboke baryo ndetse n’uyu muvugabutumwa wahayoboraga ari we Pastor Carl Lentz. Mu mibare itangazwa ivuga ko muri New York mu cyumweru hasengera abayoboke barenga ibihumbi ijana (100,000).

 

Src: Christian Post & USA TODAY






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND