RFL
Kigali

Niba ukoresha amazi wisukura nyuma yo gukoresha ubwiherero, ukwiye kwitondera ibi bikurikira

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:28/10/2020 6:57
0


Banyarwanda namwe banyarwandakazi mbazaniye inkuru y’ingenzi uyu munsi ku bantu bakunda bakoresha amazi aho gukoresha impapuro z’isuku yuma yo gukoresha ubwiherero.



Nyuma y’uko bigaragaye ko abantu  benshi bakoresha amazi aho gukoresha impapuro z’isuku nyuma yo gusura umusarani ariko abahanga bemeza neza ko Amazi atari ikintu gikwiye gukoreshwa mu gutunganya imyanya y’ibanga

Aha wahita wibaza uti kubera iki ntagomba gukoresha amazi nisukura? Dore igisubizo:

Gukoresha amazi wisukura nyuma yo gukoresha ubwiherero bisaba ko ukoresha ikiganza cyawe bityo kikaba cyajyaho microbe ukazikwiza ahantu hose ukoze, bivuze ko atari wowe wandura gusa ahubwo n’abandi bakoresha uwo musarani bazandura kuri za microbe wakwirakwije hose

Gukoresha impapuro z’isuku nibyo byiza kuruta amazi, kubera ko mikorobe zishobora kuba zaramaze kugera ku mazi mbere yuko uyafata, wayakoresha rero ukaba wakwandura  microbe

Impapuro z’isuku ni nziza cyane kuko zorohereye kandi zikaba zemewe n’abaganga iyi ni nayo mpamvu kuzikoresha nta gisebo kirimo

Gusa abahanga bemeza neza ko aho waba wemerewe gukoresha amazi ari igihe uzi neza ko uhita ukaraba n’amazi meza n’isabune urahaguruka ku bwiherero kandi biragoye kuko benshi tuzi neza ko umuntu akaraba intoki yamaze guhaguruka bivuze ko aba yamaze no kwambara, za microbe tuvuga rero aha ziba zasigaye ku myambaro yawe ubundi ugakaraba nyuma ukibwira ko ufite isuku nyamara ntuzi igihe uri bukorere kuri ya myenda yawe wambaye utarakaraba za ntoki wakoresheje wisukura

Aha ushobora kuduha ubuhamya bw’ibyakubayeho nawe ukatubwira ikiza hagati yo gukoresha amazi no gukoresha impapuroz’isuku

Src: Healthline .com

 

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND