RFL
Kigali

Mupati Octavo yashyize hanze indirimbo 'Zaya' yakoranye n’umuhanzi wo muri BantuBwoy ya Big Fizzo-VIDEO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:22/10/2020 17:07
1


Umuhanzi Mupati Octavo yashyize hanze indirimbo nshya yise “Zaya” yakoranye n’umuhanzi uhagaze neza i Burundi, Kirikou Akili, irimo amagambo meza y’urukiundo wabwira umukunzi.



Ngirumuvugizi Patrick wiyise Mupati Octavo, mu gihe gito amaze muri muzika, amaze gushyira hanze indirimbo 3 ari zo; “Amarira” yakoranye na Gisa cy'Inganzo, “Sofia” na “Zaya” yakoranye n’umuhanzi Akili ubarizwa mu nzu ifasha abahanzi ya BantuBwoy iyoborwa n’umuhanzi w'umurundi Big Fizzo uri mu bafite izina rikomeye mu karere.


Mupati Octavo, aganira na Inyarwanda.com yatangaje ko yinjiye muri muzika mu mwaka wa 2018, akanashimangira ko agomba guteza imbere muzika Nyarwanda. Impano yo kuririmba yayiyumvisemo kuva kera  ariko yinjira muri Studio mu mwaka wa 2018.

Muzika ye ubu ari kuyikorera mu gihugu cy’u Burundi yagezemo muri 2016. Ku bijyanye n'inzozi afite muri muzika n'aho yifuza kuyigeza, yagize ati: “Ndi umuhanzi kandi nifuza kugeza muzika yanjye ku rwego rushimishije haba mu Rwanda, muri Congo, i Burundi n’ahandi hatandukanye. Inzozi z’umuhanzi buri wese ni ukumenyekana mu bihanga byo,

Hano i Burundi, ndi kwagura muzika aho nakoranye na Kirikou Akili, umuhanzi uhagaze neza muri muzika y’i Burundi kandi nayo iri gutera imbere. Rero intumbero mfite ni ukuzamura impano yanjye ikagera kure mbese ikaba mpuzamahanga ikaba yazangirira umumaro kuko muzika  kuri njye ni ubuzima”.


Mupati avuga ko kwinjira muri muzika kwe nta muhanzi yarebeyeho. Yagize ati “Njya muri Muzika nta muntu nigiyeho kubera ko nabikundaga  cyane kuva nkiri muto ku buryo numvaga ko inzozi zanjye ari ukuzakora muzika, ariko nakundaga cyane umuhanzi Bruce Melodie mbese hari akabaraga nagiye ngira cyane kubera ko nakundaga ibihangano bye”.

Mu rugendo rwe rwa muzika, Mupati Octavo avuga ko muzika idafite abagushyigikira ntaho yagera, ashimira cyane abamushyigikira mu bikorwa bye bya muzika harimo; FANTEX bakorana ibikorwa bya muzika agashimira cyane ababyeyi be bakomeza kumwereka ko nta gucika intege mu gukora muzika.

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO “ZAYA” YA MUPATI OCTAVO


  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • maman happy3 years ago
    nivyiza peee





Inyarwanda BACKGROUND