RFL
Kigali

Abanyamakuru bo mu ruganda rw’Imyidagaduro bashuka abahanzi bikabadindiza- IGICE CYA 2

Yanditswe na: Peacemaker Pundit
Taliki:21/10/2020 21:51
0


Mani Martin yasobanuye ko amagambo abahanzi bandika (Lyrics) ari igice kinini ku kazi bakora ariko usanga abanyamakuru batajya bafata umwanya ngo bayumve. Dj Theo avuga ko hari igihe umuhanzi yoherereza umunyamakuru indirimbo akamubwira ko ari nziza nyamara atanayumvise. Guteramann asanga abahanzi n'abanyamakuru bacengana nta mikoranire ihari.



Mu nkuru yacu yasohotse ku ya 17 Ukwakira 2020 yari ifite uyu mutwe: “Imyaka 10 mu muziki nyarwanda ni igihe cyo gusaza ku bahanzi? Ubusesenguzi ku bisubiza umuziki hasi-IGICE CYA 1”

Abize itangazamakuru n’abarikoramo bavuga ko rifite uruhare runini mu iterambere ry’igihugu. Ibi bigashimangirwa n’uko riri ku rwego rwa kane mu nzego zigize ubuyobozi bw’igihugu (Fourth power).

Ariko rero ibikorwa byose bimenyekana binyuze mu miyoboro y’ibitangazamakuru byaba ibyandika ku mpapuro, murandasi n’ibitangaza mu buryo bw’amajwi n’amashusho. Mu bihugu byateye imbere umunyamakuru aba ari umuntu wubashywe na we yiyubashye bitewe n’akazi aba akorera sosiyete ye.

Ako kazi gahabwa agaciro n’uko akora ibyo azi, akunda bikaba akarusho iyo abifiteho ubumenyi (Professional skills).

Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rurimo abanyamakuru b’ingeri zose baba abafite ubumenyi (babyize mu mashuri yabugenewe) abafite uburambe bitewe n’igihe babimazemo (Professional experience) ndetse n’abo wakwita ko bakora ibyo badafiteho amakuru muri rusange bisanze babirimo ku mpamvu tuzagarukaho ubutaha.

Ni kenshi hagiye humvikana ibibazo hagati y’abanyamakuru bo muri urwo ruganda n’abahanzi ku ngingo yo kutabamenyekanisha (power play promotion) bamwe batagize ubundi buryo bakoresha cyangwa se ubushobozi bw’amafaranga yo guhonga abo banyamakuru urugendo rwabo rwahagarariye aho. Iyi ngingo nayo tuzayirambura ubutaha.

Reka dukoreshe ubusesenguzi bw’Umuhanzi Mani Martin watangiye umuziki ku myaka 9 y’amavuko. Ni we muhanzi ufatwa nk’inkingi ya mwamba mu kuririmba mu buryo bw’imbona nkubone (Live performance). 

Akora umuziki wa Afro-fusion (inganzo ya Kinyafurika). ni we witabiriye amaserukiramuco mpuzamahanga menshi, muri Afurika, i Burayi no muri Aziya. Urugero ni aho yaserukiye u Rwanda muri AMANI (DRC), Bayimba international festival (Uganda) Fespaco (BurkinaFaso), Jeux de la Francophonie (France) Sauti Za Busara music festival (Zanzibar) mu Buyapani n’ahandi.

Bwana Bujyacyera Jean Paul (Gutermann Guter) umaze imyaka 8 akina indirimbo kuri Radiyo Isango star akaba anafite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu (Master’s degree) na bwana Twahirwa Theogene (Dj Theo) washyize itafari ku iterambere ry’abahanzi kugeza n’ubu ari gufasha Naason Solist.

Mu kiganiro “Sunday night” kuri televiziyo Isango star cyatambutse ku cyumweru tariki 18 Ukwakira 2020 Mani Martin yafashe umwanya avuga ko yatunguwe no kuba abanyamakuru Cedric Shimwayezu na Miss Rebecca barabajije Clarisse Karasira na Mani Martin ku magambo agize indirimbo bakoranye yitwa ”Urukerereza”.

Mani Martin yagize ati ”Ndashaka kubashimira cyane cyane mwebwe mwembi muri babiri (Cedrick&Rebecca) kuba mwibanze ku magambo y’indirimbo ni ikintu kitaba mu itangazamakuru ryacu ry’imyidagaduro, “I am sorry” yaraniseguye kuba avuze ibyo bintu bishobora kwakirwa mu buryo butandukanye”.

Mani Martin yasobanuye ko amagambo abahanzi bandika (Lyrics) ari igice kinini ku kazi bakora ariko usanga abanyamakuru batajya bafata umwanya ngo bayumve. Ati ”Usanga itangazamakuru ry’imyidagaduro ridakunze kubyitaho mwakoze cyane”.

Ese Abanyamakuru barindagiza abahanzi?

Mu kiganiro kihariye Inyarwanda.com yagiranye na Dj Theo iyi ngingo yayisobanuye ati ”Hari igihe umuhanzi yoherereza indirimbo umunyamakuru akamubaza uko yayumvise noneho umunyamakuru akamusubiza ko iyo ndirimbo irenze izindi zose ziri ku isoko nyamara atanafashe amasegonda atanu ngo ayumve aba yamugira inama”.

Kuri iyi ngingo Gutermann Guter avuga ko aribyo koko usanga muri showbusiness nyarwanda nta kuri kurimo. Ati ”Usanga abahanzi n’abanyamakuru bari inshuti ku buryo batabwizanya ukuri, barasasira”. 

Yongeyeho ko usanga umuhanzi akoherereza indirimbo kuri email utanayifunguye yakubaza uko imeze ukamubeshya. Ati ”Uramubwira uti umusa ubundi wowe urarenze ukongeraho twa tumenyetso tugaragaza umuriro dukoreshwa kuri WhatsApp”.

Rero niba Dj Theo, Mani Martin umaze imyaka 20 muri muzika Nyarwanda na Gutermann Guter bagaragaza ikibazo cy’abanyamakuru badafata umwanya wo kumva indirimbo z’abahanzi ushobora kwibaza umusanzu uzatangwa n’abo banyamakuru.

Niba amagambo y’indirimbo nta mwanya bayaha, biragoye kuba banenga uburyo bwo kuririmba, injyana baririmbamo ndetse n’ubwiza bw’indirimbo bitewe n’aho yakorewe.

Umusanzu utegerejwe ku banyamakuru baba mu myidagaduro mu Rwanda

Ni ngombwa ko abanyarwanda bakunda ibihangano by’abanyarwanda ariko biryoheye ugutwi, bibereye amaso. Izo ndirimbo rero abanyamakuru nibo bafite umupira mu kiganza bakaba babwiza ukuri umuhanzi mu gihe yakoze indirimbo itarenga umutaru, birashoboka kumuganiriza ku ndirimbo ze z’ubutaha akagira icyo yongeramo mu rwego rwo kubasha guhatana ku isoko.

Yaba mu miririmbire, imyandikire ndetse n’inzu zitunganya imiziki akorana nazo niba zifite ubushobozi bwo gutunganya indirimbo yaryohera abazayumva kuko usanga n’ubuhanga buke bwa music producer’s (abatunganya indirimbo mu buryo bw’amajwi) bushobora kwangiza imiririmbire y’umuhanzi.

Indirimbo zose zisohoka siko ziba zirenze cyangwa se ari nziza cyane nkuko benshi mu baba muri urwo ruganda bakunze kubivuga. Niba umunyamakuru akora akazi gafite aho gahuriye na showbusiness yakabaye afata umwanya wo kumva neza indirimbo z’abahanzi akanazigereranya n’izo bahereyeho akareba niba bari gutera imbere cyangwa se nta mpinduka ku buryo umunyamakuru yabwira umuhanzi aho bipfira akongera akabaraga.

Abahanzi bakwiriye gukorana bya hafi n’abanyamakuru baba muri urwo ruganda bitari ugucengana, aho umuhanzi aganira n’umunyamakuru kuko afite indirimbo nshya. Uwo mubano nta musaruro watanga mu rwego rwo gucuruza.

Umuhanzi akwiriye gushaka abantu bafite ubumenyi mu muziki bashobora gukosora ibihangano bye bitarajya hanze ku buryo ataruhira ubusa kandi agamije gusarura muri urwo ruganda rw’impano ye. Ni ngombwa ko abahanzi bakora Follow up bakemenya niba koko indirimbo boherereza abanyamakury barazumvise, bitari ukumubeshya na we akarekeraho.

Umunyamakuru yaganira ku ndirimbo atafashe umwanya ngo ayumve? Ese ni uwuhe musanzu umunyamakuru ategerejweho mu gihe acengana n’umuhanzi?

Mu gice cya gatatu tuzagaruka ku itandukaniro ry’umuziki wo kwishimisha (leisure/hobby related music) n’umuziki wo gucuruza (business related music). Niba koko abahanzi Nyarwanda umuziki bakora ugenewe isoko cyangwa se ari uwo kwishimisha.

Mushobora kutwandikira ibyo mwifuza ko twazasesengura munyuse ahatangirwa ibitekerezo ku musozo w’iyi nkuru!






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND