Contact FM na City Radio zafunzwe kugeza ubu ntizicyumvikana kubera kutishyura imisoro

Utuntu nutundi - 12/08/2015 3:37 PM
Share:
Contact FM na City Radio zafunzwe kugeza ubu ntizicyumvikana kubera kutishyura imisoro

Kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kanama 2015, abakozi b’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro mu Rwanda babyukiye muri gahunda yo gufungira abanze kwishyura imisoro, mu bafungiwe hakaba harimo Radio Contact FM isanzwe ikorera ku Kicukiro ndetse na City Radio yakoreraga mu mujyi wa Kigali rwagati.

Benshi mu bakorera ubucuruzi mu mujyi wa Kigali banze kwishyura imisoro n’amahoro, bafungiwe ibikorwa byabo by’ubucuruzi ngo bazabanze bakemure iki kibazo cy’ibirarane by’imisoro. Radio Contact FM ya Albert Rudatsimburwa nicyo gitangazamakuru cya mbere cyafunzwe ndetse kugeza ubu nticyumvikana kuko yafunzwe kubera akayabo ka miliyoni 400 z'amafaranga y'u Rwanda ibereyemo ikigo cy’imisoro n’amahoro.

cfm

Albert Rudatsimburwa (wambaye ishati irukura) niwe nyiri Contact Fm yafungiwe imisoro

Albert Rudatsimburwa (wambaye ishati irukura) niwe nyiri Contact Fm yafungiwe imisoro

Ikindi gitangazamakuru cyakuwe ku murongo ubu kikaba kitacyumvikana, ni City Radio nayo yakoreraga mu mujyi wa Kigali, iyi ikaba nayo yafunzwe kuri iki gicamunsi izira ibirarane by’imisoro ibereyemo Leta y’u Rwanda, n’ubwo kugeza ubu imibare y’amafaranga barimo itarashyirwa ahagaragara ariko bo arenga miliyoni 400.

City Radio nayo yamaze gufungwa kubera ibirarane by'imisoro n'amahoro

City Radio nayo yamaze gufungwa kubera ibirarane by'imisoro n'amahoro

Nyuma y’ibi bitangazamakuru kimwe n’ibindi bigo by’ubucuruzi byafunzwe, biteganyijwe ko n’abandi bose babereyemo Leta imisoro bakomeza kugenda bafungirwa kugeza igihe bazakemura iki kibazo bafitanye n’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro mu Rwanda.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...