Youssoupha yanenzwe kubera uko yamamajwe mu gitaramo azahuriramo na Maître Gims

Imyidagaduro - 21/04/2025 1:17 PM
Share:

Umwanditsi:

Youssoupha yanenzwe kubera uko yamamajwe mu gitaramo azahuriramo na Maître Gims

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye amagambo yakoreshejwe mu kwamamaza igitaramo cyateguwe na bamwe mu bahanzi n’abahanzi nyafurika barimo Youssoupha, kigamije kwerekana ubumwe n’impuhwe ku ntambara ica ibintu mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’uko babivuga.


Iki gitaramo giteganyijwe kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Mata 2025, cyiswe “Solidarité pour le Congo”, cyatumiwemo Maître Gims n’abandi barimo umuraperi w’Umunya-Congo Youssoupha, wanamamajwe n’abategura iki gitaramo mu magambo agira ati: “Lyriciste, oui, mais Bantu avant tout” bisobanuye “Umwanditsi w’indirimbo, yego, ariko Umu-bantu mbere ya byose.”

Mu butumwa yatambukije ku rubuga rwa Twitter kuri iki Cyumweru tariki 20 Mata 2025, Minisitiri Nduhungirehe yanditse asubiza ku butumwa bwatangajwe n’abari gutegura no kwamamaza iki gitaramo, agereranya ibyo batangaje n’amateka y’irondamoko no kwigira hejuru kwakozwe n’Abanazi.

Yagize ati “None se, uyu muhanzi wo muri Congo ntiyatangaje ko yishimira kuba Umunya-Congo cyangwa Umunyafurika, ahubwo yerekanye ko yishimira kuba “Umubantu” (Bantu). Ku batari barabyumvise neza, ni nko kuba umuhanzi w’Umudage cyangwa Umufaransa wo nyuma y’intambara ya kabiri y’isi avuga, mbere yo kujya mu gitaramo cy’abo mu mutwe w’abahezanguni (extrême droite), ngo: “Umwanditsi w’indirimbo, yego, ariko Umunya-Arya mbere ya byose.”

Aya magambo ya Minisitiri agaragaza impungenge u Rwanda rufite ku bikorwa byahishwamo imvugo cyangwa ibikorwa bifite ishingiro mu moko, inkomoko cyangwa politiki, by’umwihariko mu gihe u Rwanda ruhora rushinjwa n’ubuyobozi bwa DR Congo kugira uruhare mu bibazo byo mu Burasirazuba bw’iki gihugu. Ni ibihe ariko u Rwanda ruhakana mu bihe bitandukanye.

Iki gitaramo kirategurwa mu gihe hakomeje kuvugwa umubano utifashe neza hagati y’ibihugu byombi, ndetse ibikorwa byo kwamamaza iki gitaramo bikaba byagiye bikurura impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bagaragaza ko gishobora gukoreshwa mu murongo wa politiki y’amacakubiri.

Bwa mbere bitangazwa, abateguye iki gitaramo bari bahisemo ko kizaba tariki 7 Mata- ku munsi Mpuzamahanga wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ariko Abanyarwanda batuye mu Mujyi wa Paris aho iki gitaramo cyari kubera, bandikiye inzego zinyuranye, zirimo ubuyobozi bwa Polisi ndetse n’Umuyobozi w’Umujyi wa Paris basaba ko iki gitaramo cyahagarikwa.

Ni ingingo yumviswe na Meya ndetse na Polisi, basaba abateguye iki gitaramo gushaka indi tariki, bahitamo ko bazagikora kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Mata 2025.

Ubutumwa bwa Minisitiri bwumvikanisha ko kwishyira hejuru cyangwa kwiyitirira ubwoko (nka “Bantu”) mu buryo bugaragaza ko bwo shingiro cyangwa ishema kurusha ibindi (nk’ubumunyafurika cyangwa ubwenegihugu), bishobora gufatwa nk’ivangura ry’amateka. Ni uburyo bwo gukebura amagambo ashobora kugira icyo ashatse kuvuga kurusha uko agaragara ku busa.

Yifashishije urugero rw’amateka y’i Burayi yerekanye uburyo abantu bifashishaga inkomoko (“Aryan”) mu gushimangira irondaruhu n’ivangura. Yumvikanisha ko amagambo nk’ariya ya Youssoupha ashobora kuganisha ku cyenewabo, amacakubiri cyangwa guha ishingiro ibitekerezo bikocamye.

Abiyitirira ubwoko bwa “Bantu” ni bande?

“Ijambo Bantu” si ubwoko bumwe cyangwa idini, ahubwo ni inyito rusange ikoreshwa mu rwego rw’ubumenyi (linguistique, anthropologie) ku baturage bo mu bice byinshi bya Afurika, cyane cyane Afurika yo hagati, iy’amajyepfo n’iy’iburasirazuba.

Bantu ni abantu bavuga indimi ziva mu muryango w’indimi witwa 'Bantu languages'.

Muri rusange, abarenga miliyoni 400 muri Afurika bavuga ururimi rw’umuryango wa Bantu: nk’Ikinyarwanda, Kiswahili, Lingala, Zulu, Kikongo, n’izindi.

Ibihugu byinshi birimo aba bantu: DR Congo, u Rwanda, u Burundi, Angola, Tanzania, Mozambique, Afurika y’Epfo, Zambia, Uganda, n’ibindi.

Ariko mu buryo bwa politiki n’imyemerere, hari abantu bashaka kurenga kuri iyo nyito isanzwe ya “Bantu” bakayihindura ikirango cy’“ubumwe buhambaye” cyangwa ubwigenge bw’abavuga izo ndimi, bagashaka kuyihindura igikoresho cya politiki, rimwe na rimwe banayigereranya n’ubwoko cyangwa itsinda risumba ayandi.

Abo ni bo Minisitiri Nduhungirehe yari agambiriye kwerekana ko iyo nyito ishobora gufatwa nabi cyangwa kuganisha ku bitekerezo by’ivangura cyangwa cyenewabo.

Ubutumwa bwa Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe 

Uburyo Umuraperi Youssoupha yatangajwe mu bazaririmba muri iki gitaramo bwateye benshi kwibaza 

Abanyamuziki barangajwe imbere na Maitre Gims bambariye gutaramira muri Accor Arena mu gitaramo kitavugwaho rumwe



Umwanditsi:

Yanditswe 21/04/2025 1:17 PM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...