Yari yasinze – Riderman avuga kuri Pacson wamushinje kumutererana akavanwa ku rubyiniro nk’agashashi

Imyidagaduro - 29/04/2025 6:04 AM
Share:
Yari yasinze – Riderman avuga kuri Pacson wamushinje kumutererana akavanwa ku rubyiniro nk’agashashi

Umuraperi Riderman yagize icyo avuga kuri mugenzi we Pacson uvuga ko yamusuzuguje abarinzi(bouncer) bakamumanura ku rubyiniro nk’abamanura umufana utemerewe gusangayo umuhanzi


Mu kiganiro umuraperi Pacson aherutse kugirana na Inyarwanda, nibwo yavuze ko kugeza ubu atarababarira Riderman nyuma yo gusuzugurirwa mu gitaramo cyo kumurika album ye. Ni igitaramo cyabaye tariki 25/12/2017 kibera muri Petit Stade.

Pacson yagize ati:”Riderman arimo gushyira hanze album ye, bouncer yamvanye ku rubyiniro, bafata nk’ukuntu bafata agashashi. Kugera n’iyi saha sindamubabarira.”

Pacson yakomeje ahamya ko aricyo kintu kibi cyamubayeho mu myaka amaze aririmba, ndetse akomeza arahira ko adashobora gutera intambwe ngo yegere Riderman biyunge.

Uyu muraperi akomeza avuga ko yari mu rwambariro hamwe na MC P ndetse aho bagombaga guherekeza Riderman ku rubyiniro ariko P we akanga kuzamuka. Amaze kuzamuka avuga ko bouncer yahise aza akamufata ati ‘Va hano ugende” nk’aho wagira ng oni umufana.

Pacson ati:”Riderman yakabaye abwira bouncer ati buretse uyu yitwa Pacson ni umuraperi wa hatali, twaratangiranye, yantanze no mu muziki naje musanga. Byari kuba ibintu byoroshye aho kwijijisha.”

Ubwo Inyarwanda yashyigara ku mbuga nkoramyambaga zayo amashusho ya Pacson avuga ibi, Riderman yagiye ahatangirwa ibitekerezo avuga ko ibi ari ibinyoma aho avuga ko yamanuwe ku rubyiniro kuko yari yasinze.

Riderman ati:”Muze kureba amashusho y'ibyabaye kuri Youtube, murabona ko yari yasinze cyane. Ikindi kandi nk'uko yabivuze, sijye wabikoze. Yewe sinanjye wahamagaye abamukura kuri stage, abamukuyeho bari mu kazi kabo bisanzwe. Keretse niba avuga ko wenda ntamutabaye, ibyo kandi nabyo si inshingano zanjye nabusa.”

Yakomeje ati:” Biratangaje kubona umuntu w'imyaka irenga 30 yitwara nabi, byamugiraho ingaruka akabigereka ku bandi. Ibyo avuga ko twahuriye mu rwambariro tugapanga kujyana kuri Stage ni ikinyoma cyambaye ubusa pe.”

Riderman na Pacson ni bamwe mu baraperi barambye mu muziki nyarwnda aho bamazemo imyaka irenga 15 ndetse bagiye bahurira mu bikorwa binyuranye, gusa ubu bakaba badacana uwaka aho Pacson yanahamirije inyarwanda ko nta na nimero ya telephone ye agira.

Pacson avuga ko yavanwe ku rubyiniro mu buryo busuzuguritse

Riderman we avuga ko Pacson yari yasinze

Amashusho agaragaza uko Pacson yakuwe ku rubyiniro


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...