Yankuye ahantu udashobora kwikura - Ubuhamya bw'umwana w'umukobwa wishyuriwe amashuri na Bwiza -VIDEO

Imyidagaduro - 10/08/2025 11:50 AM
Share:

Umwanditsi:

Yankuye ahantu udashobora kwikura - Ubuhamya bw'umwana w'umukobwa wishyuriwe amashuri na Bwiza -VIDEO

Mu ijoro ridasanzwe ry’uburyohe n’amarangamutima, Bwiza Emerance wizihizaga isabukuru y’imyaka 26 y’amavuko n’imyaka ine amaze mu muziki, yateye benshi amarira ubwo hafatwaga mu magambo ubuhamya bw’umwana w’umukobwa yahinduriye ubuzima bwe burundu. Ni mu birori byabereye muri Kigali Universe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 9 Kanama 2025.

Ibi birori byahuriyemo ibyamamare byinshi mu muziki, sinema, imideli, ubucuruzi n’abandi b’amazina akomeye mu myidagaduro nyarwanda. Byaranzwe n’udushya twinshi, ariko icyatumye benshi baceceka bakumva, ni amagambo yavuzwe na Cyomugisha Cecile – umukobwa wagaragaje ko ubuzima bwe bwose abukesha urukundo rwa Bwiza.

Cyomugisha Cecile yibutse uko muri 2017, ubwo biganaga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye, Bwiza yabonye arimo guhangayikishwa no kwirukanwa kubera kubura amafaranga y’ishuri.

Ati “Ikintu nzi cyane cyane kuva muri iyo myaka, guhera mu 2017 kugeza n’ubu, ni uko uwo ndiwe ni ukubera Bwiza, tukigana, yarandeberaga iby’amafaranga y’ishuri buri kimwe cyose nkeneye, kuko yampuje n’ababyeyi. Abo babyeyi rero nibo bamfashije kwiga amashuri yisumbuye kugeza ubu.”

Yakomeje agira ati “Yankuye ahantu udashobora kwikuramo. Iyo ntaza guhura na we, sinzi aho mba ndi ubu. Yampuje n’ababyeyi be, banyishyurira amashuri yisumbuye yose. Nyisoje, nahise njya kubana na bo kuko mama atari ahari, ariko Bwiza we yari ahari, anyitaho nk’uwabo.”

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Bwiza yavuze ko Cyomugisha Cecile bahuriye ku ishuri ubwo yigaga mu mwaka wa Kane w’amashuri yisumbuye yiyemeza kumufasha, kandi ko ubu yatangiye no kwiga Kaminuza ku buryo ageze ku cyiciro cya ‘Master's’.

Se wa Bwiza, Karake Emanuel, yavuze ko kuva kera yamenye ko umukobwa we azaba umuririmbyi, kuko akiri muto yiganaga abaririmbyikazi bo muri Amerika, ijwi rye rikaririmbisha umutima wose.

Yongeraho ati “Bwiza yakuze ari umwana ukunda kuririmba yigana abaririmbyikazi bo muri Amerika kandi ukumva ijwi rye arabikunda kandi azi kuririmba, ibyo rero nk’umubyeyi ureba kure umenya inzira umwana azerekeza.”

Renatha, umwalimu wamwigishije mu mashuri abanza, yavuze ko Bwiza yahoraga aririmbira bagenzi be, akabashishikariza gukunda umuziki. Hari indirimbo yari yarabahaye, bakayiririmba kenshi, kugeza n’ubu ikibanyura.

Mu kwizihiza isabukuru, ababyeyi ba Bwiza bamwifurije kurushaho gutera imbere, bakomeza kumutoza indangagaciro z’urukundo no gufasha abandi.

Yankuye ahantu udashobora kwikuramo” – Cyomugisha Cecile ashimira Bwiza wamuhinduriye ubuzima 


Bwiza yavuze ko yahuye na Cecile ubwo biganaga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye

KANDA HANO UREBE BWIZA AVUGA KURI CECILE YISHYURIYE AMASHURI

MUYOBOKE YAGEZE BWA MBERE MURI KIGALI UNIVERSE NYUMA Y’IGIHE KININI

PAPA SAVA YAVUZE KU MUNSI WA MBERE YAHURIYEHO NA BWIZA

PRICE KIIIZ YAVUZE KU MUNSI WA MBERE AKORERA INDIRIMBO BWIZA



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...