Ikipe ya Yanga, iherutse kwegukana igikombe cya
shampiyona ya Tanzania, yamaze kwemeza ko izakina umukino wa gicuti na Rayon
Sports ku itariki ya 15 Kanama 2025 kuri Stade Amahoro, mu rwego rw’ibirori
ngarukamwaka bya "Rayon Sports Day".
Ibirori bya "Rayon Day" biba bigamije kwerekana
abakinnyi bashya, imyenda mishya, kwerekana abafatanyabikorwa bashya no gutangira
ku mugaragaro umwaka mushya w’imikino. Ni n'umwanya wo kwipima ku ikipe ikomeye
mbere y’uko shampiyona ya Rwanda Premier League n’amarushanwa ya CAF
Confederation Cup atangira.
Uyu mwaka, Rayon Sports yongeye gutumira ikipe yo
muri Tanzania nyuma y'uko umwaka ushize yakinnye na Azam FC mu birori bya
“Rayon Day”. Umukino warangiye Rayon Sports itsinzwe igitgo 1-0.
Umuvugizi wa Yanga SC, Ally Kamwe, yemeje ko ikipe
yabo yakiriye ubutumire bwa Rayon Sports, kandi ko biteguye kuzazana abakinnyi
bashya bazamurikwa muri icyo gikorwa.
Kamwe yagize ati: “Abafana bazabona Yanga nshya.
Turamara ibyumweru bibiri turi kumwe n’umutoza mushya, kandi uyu mukino uzaba
umwanya mwiza wo kwipima. Tugiye gutangira urugendo rurerure, abantu
nibitegure. Tariki ya 15 Kanama, tuzerekana ikipe yacu nshya.”
Rayon Sports izaba iri mu gikorwa cya Rayon Day ku
nshuro ya munani, aho bazifashisha uyu mukino ngo basuzume urwego rw’abakinnyi
bashya bazakoresha mu mwaka utaha w’imikino.
Ku rundi ruhande, APR FC nayo yagaragaje ko iri mu
biganiro n’amakipe akomeye arimo Simba SC yo muri Tanzania, ASEC Mimosas yo
muri Côte d’Ivoire na Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo. Intego ni ukugira
umukino wa gicuti ku itariki ya 2 Kanama 2025 kuri Stade Amahoro, mu myiteguro
y’umwaka w’imikino.
Amakipe ya Young Africans na Simba SC azahagararira
Tanzania mu CAF Champions League, kimwe na APR FC yo mu Rwanda, mu gihe Rayon
Sports izaserukira u Rwanda muri CAF Confederation Cup.
APR FC na Rayon Sports mu nzira yo kwitegura umwaka utaha w'imikino zikina n'amakipe akomeye yo muri Tanzania