Yampano ntiyabonetse, Ish Kevin aratungurana: Udushya 10 twaranze igitaramo cya Papa Cyangwe –AMAFOTO+VIDEO

Imyidagaduro - 23/11/2025 2:04 PM
Share:

Umwanditsi:

Yampano ntiyabonetse, Ish Kevin aratungurana: Udushya 10 twaranze igitaramo cya Papa Cyangwe –AMAFOTO+VIDEO

Igitaramo cya Papa Cyangwe cyahujwe n’umwanya wo kwizihiza imyaka 5 amaze mu muziki ndetse na Album ye nshya “Now or Never” cyaranzwe n’udushya twinshi twatunguye abacyitabiriye.


Ni igitaramo cyari kiyobowe na Bertrand na MC Galaxy cyabereye muri Kigali Universe mu ijoro rya tariki 22 Ugushyingo 2025 cyaririmbyemo abaraperi nka PFla, Zeotrap, Fireman, Riderman, Bennoview, Hertos, Ish Kevin, BThrey n’abandi.

Papa Cyangwe aherutse kubwira InyaRwanda, ko kuva yinjira mu muziki yifuzaga kuzakora igitaramo cye bwite, ibintu yakomezaga kubona nk’inzozi z’igihe kirekire.

Ati "Ku bijyanye no kuba nariyemeje gukora igitaramo, ni uko zari inzozi, zo kuvuga ngo kuba naza mu muziki, nkamara umwaka umwe, ibiri cyangwa se itatu, ine, cyangwa se itanu, n'ibintu nagombaga kwishimira.”

Yavuze ko abantu benshi bamufashije mu muziki, ariko cyane cyane Mama we, wamubereye inkunga ikomeye kuva agitangira. Ati “Mama wanjye ni umwe mu bantu banshyigikiye cyane. Ni we muntu wa mbere nubaha, kandi nkunda cyane.”

Avuga ko mu myaka itanu ishize yabaye mu bihe byamuhinduye cyane, bimwongerera imbaraga zo kwiyemeza gukora cyane kurusha kuvuga. Ati “Ni byinshi nanyuzemo mu myaka itanu ishize, byatumye niyemeza kuba Papa Cyangwe ukora, kurusha kuvuga"

Muri iyi nkuru reka turebere hamwe udushya twaranze iki gitaramo.

1.Yampano ntiyabonetse

Umuhanzi Uworizagwira Florien wamamaye ku mazina ya Yampano ni umwe mu bahanzi bari bategerejwe cyane muri iki gitaramo gusa ntiyigeze anagera ahaberaga iki gitaramo.

Yampano yari ategerejwe cyane bitewe nuko yari amaze iminsi avugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’ashusho ye amaze iminsi asakazwa ku mbuga nkoranyambaga ari mu busambanyi.

Kugeza ubu ntiharatangazwa icyatumye uyu muhanzi atitabira iki gitaramo.


2.PFLA yatashye atishimye

Umuraperi PFLA yagiye ku rubyiniro igicuku kiniha bigeze saa saba n’igice asanga abantu bamwe batangiye gutaha abandi batishimiye uko iki gitaramo cyagenze bitewe n’imitegurire mibi no kutubahiriza gahunda byakiranze.

PFLA wari uherekejwe na Generous 44 yagiye ku rubyiniro ataramira abasigaye abazi indirimbo ze barishimana abandi bo wabonaga bazinga utwabo bataha.

PFLA ubwo yari ageze ku musozo yumvikanye mu ndangurura majwi yibasira abaraperi bato batumva cyangwa bapinga Old School.

3.Rocky ntiyitabiriye igitaramo cye

Rocky Kimomo wafashe akaboko Papa Cyangwe mu nzira ze zo kwamamara nubwo baje gushanwa ariko yari yiyemeje kumushyigikira muri iki gitaramo.

Rocky nubwo ataje muri iki gitaramo gusa yishyuye itike y’ibihumbi 200Frw. Ntiyitabiriye igitaramo cya Papa Cyangwe, ariko yari muri BK Arena mu gitaramo cyiswe “Kigali Dutarame” cyahuje abahanzi mu njyana gakondo ndetse n’amatorero. 

4.B Threy yaririmbye ahagaze ku ntebe

Umuraperi B Threy uri mu bishimiwe cyane muri iki gitaramo yageze aho amanuka ava ku rubyiniro ajya mu bafana aririmbana nabo bigera aho ahagarara ku ntebe ko ngo abashe guhuza neza n’abakunzi b’umuziki we bari mu cyiciro cy’inyuma y’imyanya y’icyubahiro.

5.Nta ndirimbo igize Album ye nshya yigeze aririmba

Iki gitaramo cyari icyo kwizihiza imyaka 5 Papa Cyangwe amaze mu muziki ndetse kikaba cyari cyongewemo n’umwanya wo kumurika album ye nshya yise “Now or Never”.

Gusa igitangaje igitaramo cyarinze kirangira Papa Cyangwe ataririmbye indirimbo nimwe muzigize iyi Album. 

6.Riderman yahaye icyubahiro Papa Cyangwe

Riderman wagiye ku rubyiniro nyuma ya Papa Cyangwe yishimiye kubona uko abakunzi b'umuziki baje kumushyigikira wabonaga ko byamukoze kumutima.

Riderman waririmbye indirimbo nyinshi zishoboka yageze aho yingingira Papa Cyangwe kugaruka ku rubyiniro kungira ngo amare ipfa abakunzi be wabonaga ko bari bakimunyotewe ariko undi amubwira ko amasaha yabasize ibyo bitakunda.

Riderman yashimiye Papa Cyangwe ku ntambwe ateye, amubwira ko imyaka itanu amaze atari mike ndetse amwifuriza imigisha.


7.Ish Kevin yatunguranye

Umuraperi Ish Kevin utari ku rutonde rw'abahanzi bari kuririmba muri iki gitaramo yatunguye Papa Cyangwe amusanga ku rubyiniro baririmbana indirimbo bakoranye bise “Bakalo” ubundi amusiga ku rubyiniro nawe akomerezaho arimba indirimbo “Amakosi” iri muzakunzwe cyane.

8. Bennoview yinjiye abambye ku musaraba

Umuhanzi ukiri muto Bennoview yatunguye Isi y’abakunzi b’umuziki nyarwanda ubwo yinjiraga ku rubyiniro rw’igitaramo cya Papa Cyangwe abambye ku musaraba uteruwe n’abasore bagera kuri bane.

Ni ibuntu byatunguye benshi Yaba abari mu gitaramo imbere ndetse n’abandi bari hanze babonye amashusho yacyo yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu musore yinjiriye mu ndirimbo yise “No Problem Today” yinjiye urubyiniro ari kumusaraba yambaye n’ikamba rigaragara nk’irya amahwa gusa we ntiyatewe imisumari mu biganza nkuko byagenze kuri Yesu Kristo, ahubwo we yari ahambiriwe ku migozi.

9. Umubyeyi wa Papa Cyangwe yaranzwe n’amarangamutima

Iki gitaramo ubona ko cyitabiriwe cyane mu bashyigikiye Papa Cyangwe harimo umubyeyi we wari mu myanya y’imbere aje kwihera ijisho ibyo umuhungu we yateguye.

Papa Cyangwe waserukanye kositumu y’umukara n’utubara tw’umweru dushashagira yashimishije abitabiriye iki gitaramo bigera aho ava kurubyiniro ubona ko batanyuzwe bagaragaza ko bakimukeneye

Ubwo yari avuye ku rubyiniro Papa Cyangwe yagarutse mu bafana ajya guhoberana n’umubyeyi we, ubona ko yari yishimye cyane, bigera aho kwifata byanga azenga amarira y’ibyishimo mu maso. 

10. Zeotrap na Papa Cyangwe bazimirijweho ibyuma

Abitabiriye igitaramo cya Papa Cyangwe ntibishimiye amwe mu makosa yaranze igitaramo cy’amateka mu muziki we cyabereye muri Kigali Universe mu ijoro rya tariki 22 Ugushyingo 2025.

Bimwe mu byatunguye benshi ni uburyo Papa Cyangwe yageze ku rubyiniro ndetse ubwo yaririmbaga indirimbo “Ngaho” igezemo hagati imiziki n’insakaza-mashusho yari inyuma ye byakuweho bimara umwanya munini.

Ibi byongeye kubaho ubwo Zeotrap yari ageze ku rubyiniro ubwo yari akigera ku rubyiniro nabwo ibyuma byahise bivaho noneho bimara umwanya ntakintu na kimwe kivuga.

Zeotrap yabonye ibi bibaye we n’itsinda rye Kavu Music bahitamo kuva ku rubyiniro ubona ko bari bameze nkababuze igikurikiraho. Ariko, baje kugaruka ku rubyiniro nyuma y’iminota micye ibyuma byongeye gutunganywa.





MITSUTSU YABAJIJWE KU MUKOBWA AHERUTSE KWAMBIKA IMPETA AFATWA N'IKINIGA

B-THREY YANYUZE AMAGANA Y'ABANTU YITABIRIYE IGITARAMO CYABEREYE MURI KIGALI UNIVERSE

BENNOVIEW YASERUTSE ABAMBYE KU MUSARABA MU GITARAMO CYA PAPA CYANGWE

BURIKANTU NA BURINGUNI BASERUTSE BYIHARIYE MU GITARAMO CYA PAPA CYANGWE

AMARANGAMUTIMA Y'UMURAPERI FIREMAN NYUMA YO KURIRIMBA MU GITARAMO CYA PAPA CYANGWE

MUYOBOKE ALEX YAVUZE KU GITARAMO CYA THE BEN NA BRUCE MELODIE MURI BK ARENA

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE N'ABARAPERI M IZZLE NDETSE NA RACINE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...