Binyuze muri filime mbarankuru yamurikiwe abitabiriye ibirori bya Bwiza, Karake
Emanuel na Uwimana Jeane, ababyeyi b’uyu muhanzikazi, bavuze ko batigeze
batungurwa no kubona umukobwa wabo yinjiye mu muziki, kuko akiri muto
yamaraga umwanya munini asubiramo indirimbo z’abaririmbyikazi bakomeye bo
muri Amerika, akerekana impano n’urukundo nyarwo rwo kuririmba.
Mama
we Uwimana Jeanne yagize ati “Kuri Bwiza, ndashaka kukubwira nti 'ndagukunda'.
Uzakomeze kuba uwo uri we, uharanire gutera ishema igihugu cyawe. Isabukuru
nziza, Mama Bwiza agukunda.”
Se, Karake Emanuel, yibutse ko Bwiza yakuze afite inzozi zo kuririmba, akagira
n’ijwi ryihariye. Ati “Bwiza yakuze ari umwana ukunda kuririmba yigana abaririmbyikazi
bo muri Amerika kandi ukumva ijwi rye arabikunda kandi azi kuririmba, ibyo rero
nk’umubyeyi ureba kure umenya inzira umwana azerekeza.”
Yakomeje
agira ati “Igihe cyarageze umwana yerekeza mu rusengero atangira kuririmba izi
ndirimbo za ‘Gospel’ akaba umwana uhora imbere.”
Uretse
impano yo kuririmba, ababyeyi ba Bwiza banagarutse ku kindi kimuranga: umutima
w’urukundo n’ubugiraneza. Mama we yasangije urugero rw’igihe yari mu mwaka wa
kane w’amashuri yisumbuye, akitangira gufasha umwana mugenzi we wari hafi
kwirukanwa kubera kubura amafaranga y’ishuri, akamurwanira kugeza ababyeyi ba
Bwiza bafashe inshingano zo kumwishyurira.
Ati
“Yakuranye urukundo, yatangiye kugira inshingano akiri muto ageze mu mwaka wa
Kane w’amashuri yisumbuye, ahasanga umwana ufite ubuzima butari bwiza, bari
kurwana no kumwirukana kubera kubura amafaranga y’ishuri, Bwiza agahora
atubwira ngo hariya hari umwana ufite ubwenge, ariko udafite ubushobozi, umwana
atubuza amahoro, kugeza igihe twafashe inshingano […]”
Se
wa Bwiza avuga ko uko umukobwa we yatangiye n’aho ageze bibatera ishema. Ati
“Uko watangiye n’aho ugejeje ni ibintu bitandukanye cyane. Bigaragaza iki rero?
Bigaragaza ko harimo iterambere, umuziki wawukoze neza, uri muri wowe, ntabwo
ari ibintu ushakisha, icyo nkwifuriza rero, ni iterambere ukagera aho wifuza,
kandi aho wifuza ni ho nanjye nifuza.”
Yungamo
ati “Bwiza, rero ikindi gikomeye cyane nkwifurije isabukuru y’amavuko, ukomeze
ukure ujye juru, ukomeze ukure muri za ndangagaciro twakweretse, kandi
iterambere ryawe, ritumbagira rigera kure aho wifuza.”
Bwiza
Emerance yavutse ku wa 9 Kanama 1999. Yatangiye umuziki nk’umwuga mu 2021
nyuma yo kwegukana intsinzi mu irushanwa The Next Diva – Indi Mbuto ryari
ryateguwe na KIKAC Music. Nyuma yo gusinya amasezerano, yahise ashyira hanze
indirimbo zitandukanye, ariko indirimbo ‘Ready’ yo mu 2022 niyo yamuhaye izina
rikomeye.
Mu
2023 yashyize hanze album ye ya mbere “My Dreams” igizwe n’indirimbo 14,
ikurikirwa na “25 Shades” mu 2025 ifite indirimbo 12.
Mu
rugendo rwe rugufi ariko rufite imbaraga, Bwiza yegukanye ibihembo bikomeye
birimo: Umuhanzikazi mwiza w’umwaka 2023 (Isango na Muzika Awards); Umuhanzikazi
mwiza w’umwaka na Album nziza y’umwaka 2023 (Karisimbi Entertainment Awards).
Yanahataniye
ibihembo mpuzamahanga nubwo atarabasha kubyegukana, ariko akomeza kuzamura
izina rye. Uretse kuririmba, azwi nk’umubyinnyi mwiza ndetse agakina na Basketball.
Karake
Emanuel, Se wa Bwiza, yibuka uburyo umukobwa we yakuze akunda kuririmba,
akavuga ko yabonaga kare inzira azanyuramo
Uwimana
Jeane, Mama wa Bwiza, ashimangira ko umwana we akomeje kuba ishema ry’umuryango
n’igihugu
Bwiza Emerance, yizihije imyaka 26 y’amavuko n’imyaka ine amaze mu muziki, mu ijoro ry’amateka rya “Bwiza Gala Night"
Karake
Emanuel ashimira intambwe umukobwa we amaze kugeraho, akamwifuriza kugera ku
nzozi ze zose
Uwimana
Jeane agaragaza ko Bwiza yakuranye umutima w’urukundo n’ubugiraneza
Bwiza Emerance, umuhanzikazi wegukanye imitima y’abakunzi b’umuziki binyuze mu ijwi rye ryihariye n’ubutumwa bw’indirimbo ze
MC TINO YAVUZE KURI AYRA STARR WAMUHAYE AMAFARANGA NDETSE NO KURI BWIZA
PLATINI P YAKOMOJE KURI BWIZA NYUMA Y'IBITARAMO BYE BIKOMEYE YAKOZE
FAYZO WAKOZE INDIRIMBO YA MBERE YA BWIZA YAHISHUYE BYINSHI
AMASHIMWE NI YOSE KURI BWIZA NYUMA Y'IGITARAMO GIKOMEYE YAKOZE
KANDA HANO UREBE UKO ABABYEYI BA BWIZA BAMUFASHIJE GUKATA 'CAKE' NDETSE N'UKO YASERUTSE