Yahozeho mbere ya Yesu! Inkomoko ya Pasika n’uko bayihuje n’urupfu rwa Yesu

Imyidagaduro - 20/04/2025 12:23 PM
Share:

Umwanditsi:

Yahozeho mbere ya Yesu! Inkomoko ya Pasika n’uko bayihuje n’urupfu rwa Yesu

Umunsi mukuru wa Pasika wahozeho mbere y’uko Yesu avuka ndetse nawe yarawizihije ariko nyuma y’urupfu rwe pasika igirwa nk’umunsi wo kwibuka gucungurwa kw’abatuye Isi.


Pasika ni umwe mu minsi mikuru y’ingenzi ku bayoboke b’amadini atandukanye ku Isi, cyane cyane mu bakristo. Nubwo abantu benshi bayizihiza nk’umunsi w'ibyishimo n’ubuzima bushya, hari amateka maremare ayirimo ava mu isezerano rya kera kugeza mu isezerano rishya, dore ko igitambo cya Yesu cyahinduye igisobanuro cyayo burundu.

Ku nkomoko y'izina Pasika, hari igitabo cyagize kiti “inkomoko y’ijambo ry’icyongereza ryahinduwemo Pasika (Easter) ntizwi neza. Umupadiri witwa Venerable Bede w’Umudage ni we wahimbye iryo zina mu kinyejana cya munani, arikomoye ku izina ry’imanakazi y’urugaryi yo mu Budage yitwa Eostre.”

Pasika ya mbere ya Yesu: Kwibuka ukuntu Imana yavanye Abisirayeli mu Misiri

Nk’uko yanditse mu Kuva igice cya 12, Pasika yatangiye mu gihe Abisirayeli bari mu bubata bw’Abanyamisiri. Imana yashakaga gukura Abisirayeri mu Misiri ariko Farawo yaranze aribwo Imana yabatezaga ibyago kugeza yishe abana b'imfura b'Abanyamisiri mu gihe Abisirayeri bo batsiritse iki cyago bakoresheje amaraso y'intama.

Imana yategetse Mose gutegura iri joro ryihariye, aho buri muryango wagombaga gutamba umwana w’intama utarigeze agira inenge, amaraso y’uwo mwana agasigwa ku nkomanizo z’umuryango kugira ngo urupfu rusimbuke urwo rugo mu gihe Imana yarimo iteza ibyago Abanyamisiri bari baranze kureka Abanyasiraheri.

Kuva 12:13 haragira hati: “Amaraso azababera ikimenyetso ku mazu... igihe nzabonera amaraso, nzabasimbuka, kandi icyago ntikizabasohokera ngo kibatsembe.”

Iryo joro ryabaye iherezo ry’uburetwa mu Misiri, kandi Imana yategetse Abisirayeli kuzajya bibuka uyu munsi buri mwaka, nk’umunsi wo gukizwa kwabo.

Imana yategetse Abisirayeli kujya bibuka icyo gikorwa buri mwaka, ku itariki ya 14 y’ukwezi kwa Abibu ukurikije kalendari ya kiyahudi, ari na ko kwaje kwitwa Nisani.

Uyu munsi wakomeje kwibukwa no kuzirikanwa dore ko na Yesu ubwe yizihije uyu munsi  mbere yo gufatwa ngo acibwe urubanza yicwe, yasangiye n'intumwa ze kuri pasika.

Nyuma y’uko Yesu apfuye, Pasika yahindutse igihe cyo kwibuka ubuzima bushya buva mu kwizera Yesu Kristo. Ntabwo ikomeza kuba gusa umunsi wo kwibuka uko Imana yakijije Abisirayeli mu Misiri, ahubwo ni umunsi wo kwizihiza uko Imana itanga agakiza ku bantu bose binyuze kuri Kristo.

Abaroma 6:4 haragira hati: “Twebwe twahambanywe na we mu rupfu... kugira ngo natwe tugende mu bugingo bushya.”

Bibiliya igaragaza kandi ko Yesu ubwe ari Pasika nyayo, intama y’Imana itambirwa ibyaha by’abantu bose. Ntibari bagikenera gutamba intama, kuko Kristo ubwe yabaye igitambo gihagije.

1 Abakorinto 5:7 harabivuga neza: “Pasika yacu, ari we Kristo, yamaze gutambwa.”

Nyamara nubwo Bibiliya ibivuga gutyo, hari indi myemerere y’abapagani bizihizaga uyu munsi mu rwego rwo gusenga ibigirwamana byabo.

Abapagani bizera ko umunsi wa pasika bajyaga bizera ko ari kongera kuvuka no kuba mushya ku kigirwamana cya saxon.

Abakirisitu ku Isi bizera ko umunsi mukuru wa 'Pasika' ubibutsa kongera gucungurwa n'igitambo cy'amaraso ya Yes


Umwanditsi:

Yanditswe 20/04/2025 12:23 PM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...