Yahanze Ingabo yahawe Perezida Kagame! Ibigwi bihambaye bya Kilimobenecyo Alphonse witabye Imana

Amakuru ku Rwanda - 20/04/2025 10:20 AM
Share:

Umwanditsi:

Yahanze Ingabo yahawe Perezida Kagame! Ibigwi bihambaye bya Kilimobenecyo Alphonse witabye Imana

Umunyabugeni Kilimobenecyo Alphonse wahanze ibendera ry’u Rwanda, ibirango bya Repubulika, inoti z'amafaranga arimo iya 5000 Frw, yitabye Imana azize uburwayi ku myaka 66 y’amavuko.

Ibendera u Rwanda rufite ubu ryatangiye gukoreshwa ku wa 31 Ukuboza 2001. Rigizwe n’amabara atatu arimo icyatsi kibisi, umuhondo n’ubururu.

Ibara ry’icyatsi kibisi risobanura icyizere cy’uburumbuke; iry’umuhondo ni iterambere ry’ubukungu mu gihe iry’ubururu risobanura umunezero n’amahoro by’Abanyarwanda. Ishusho y’izuba rifite imirasire 24 isa n’umuhondo w’igi rishushanyijemo uruziga; rigaragaza urumuri rumurikira u Rwanda n’abarutuye. Ni ikimenyetso cy’ubumwe, gukorera mu mucyo no kurwanya ubujiji.

Iri bendera ryahanzwe n’Umunyabugeni w’Umunyarwanda, Kilimobenecyo Alphonse, nyuma yo guhigika izindi ntiti zirenga 400 zari zaturutse imihanda yose y’Isi.

Ni gute Kilimobenecyo yahanze ibendera ry’u Rwanda?


Mu kiganiro cyihariye n’Itangazamakuru mu 2019, Kilimobenecyo yasobanuye ko ajya gutangira gukora ubugeni, ari ibintu atari asanzwe yiyumvamo ahubwo bisa n’ibyamugwiririye kuko mu yandi masomo yabonaga byanze.

Ati: “Kera abantu barangizaga kwiga umwaka wa gatandatu bagakora ikizamini cyo kujya mu mashuri yisumbuye. Icyo gihe nari umuhanga, ariko umwaka wa mbere nakoze ikizamini ndatsindwa, ndasibira nabwo ndatsindwa, ku nshuro ya gatatu nabwo ndatsindwa, nibwo navuze nti igisigaye reka njye kwiga gushushanya.”

Icyo gihe yashatse abantu bari babizobereyemo baramuhugura, amaze kubimenya akora ikizamini cyo gutangira kwiga mu Ishuri ry’Ubugeni ku Nyundo, aratsinda.

Mu gihe yari arimo gusoza, u Burusiya bwatanze amahirwe ku bashaka gukomeza amasomo yabo aba umwe muri bake berekeje muri Institut des Beaux-Arts de Kiev, aho yakurikiranye ibijyaye na ‘Arts graphiques’.

Uyu mugabo yavuye mu Burusiya mu 1988, abona akazi mu Icapiro ry’Ibitabo by’abanyeshuri aho yari ashinzwe ibijyanye no gutekereza ibishushanyo, gukosora amagambo no gukora inyigoshusho (design).

Yatangiye akoresha intoki kuko icyo gihe mudasobwa zari zitaraza, gusa yaje kugura iye bwa mbere mu 1989.

Ajya guhanga ibendera ry’igihugu, iyari Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatanze itangazo rivuga ko ikeneye ibirangantego bya Repubulika, maze abiyumvamo impano y’ubugeni barapiganwa.

Mu basaga 400 bitabiriye ipiganwa hatoranyijwemo icumi maze bahura n’itsinda ryashyizweho kugira ngo ryige ku birango bibereye u Rwanda, aza gusohokamo ari uwa mbere.

Ati: “Nahembwe neza nk’uwa mbere mu bakoze ibendera n’ibirangantego bya Repubulika y’u Rwanda.’’

Mu gukora ibendera, aba banyabugeni bari bahawe amabara bagomba kugenderaho hanyuma ibindi bo bakabivana mu bwenge bwabo.

Ati: “Hari ibyo twagombaga kugenderaho nk’icyerekezo cy’igihugu. Niba irya kera ryarimo umutuku uvuga impinduramatwara n’amaraso yamenetse, twagombaga gukoresha irigaragaza icyizere cyo kwiyubaka.’’

Abitabiriye aya marushanwa basabwe kwitondera amakosa nk’ayakozwe mu 1959 aho ibendera ry’u Rwanda ryasanishijwe n’irya Guinée-Conakry, nyuma y’imyaka ibiri rikaza kwandikwamo inyuguti ya ‘R’ mu kubitandukanya.

Uyu mugabo wishimira kuba yaratanze umusanzu mu bikorwa bikomeye by’u Rwanda, iyo muganira aba avuga ko ibyo yakoze ari iby’igihugu aho kuba byamwitirirwa.

Yibuka ko mu gihe cy’icyumweru arimo guhanga ibendera, yagerageje ibintu byinshi ariko akazajya asanga nta gisobanuro bifite. Aha niho gushyiramo izuba byaturutse.

Ku ikubitiro iryo zuba yarihaye imirasire 12, ariko kuko yagombaga gutanga ibisobanuro byaryo abisesenguye asanga bitaba biboneye ni ko guhitamo kuriha 24 kandi rikajya iburyo.

Ati: “Nabanje gutekereza utuntu twihariye tugomba kuba mu ibendera. Izuba naravuze nti ‘ese ndariha imirasire ingahe’, ndavuga nti ‘irindwi ariko nsanga bidasa neza’. Natangiye ngira 12, ndenzaho mike nabwo mbona ari bibi nyuma nza kuvuga nti reka ngire 24.”

Iyi mirasire 24 yayihaye igisobanuro cya politiki nziza itagomba gusinzira ahubwo igomba buri gihe guhora imurikiye igihugu. Iryo zuba kandi yagennye ko rigomba kujya iburyo aho rirasira, aho kujya ibumoso nk’aho rirengera kuko kurenga byaba bivuze ko ya politiki nziza isinziriye.

Amajoro yamaze adasinziye yaje kubyara umusaruro maze atangazwa nk’uwatsinze. Ntajya yifuza gushyira hanze ingano y’amafaranga yahembwe, gusa ashimangira ko ‘yari menshi muri icyo gihe kandi icy’ingenzi si umubare wayo, ni uko byamfunguriye amarembo’.

Ati: “Icyanshimishije ni ukumva nakoze ikintu cy’agaciro ku gihugu n’Abanyarwanda.’’

Uko yahanze ikirangantego


Kilimobenecyo ni na we wakoze ikirangantego cy’u Rwanda kirimo agaseke, ingabo, amasaka n’ipfundo rishimangira ubumwe.

Ati: “U Rwanda rwagize akaga gakomeye; kubera Jenoside yakorewe Abatutsi, nahisemo agaseke kuko nyuma yayo Abanyarwanda bari bakeneye kongera gusabana, sinari nzi ko kazakundwa cyane mu mahanga kakatuzanira n’amadovize. Ikindi natekereje ko iterambere ry’igihugu rigomba inganda ikoranabuhanga, nabyo mbishyiramo. ’’

“Ntitwibagiwe ubuhinzi n’ubworozi n’ikawa icuruzwa hanze mu kuzamura ubukungu bw’igihugu. Ingabo ebyiri nazikoresheje nk’uburinzi bw’ibikorwa by’igihugu. Byose bikorwa Abanyarwanda batahiriza umugozi umwe, bivuga ko tugomba gukorera hamwe kandi mu mucyo.’’

Niwe washushanyije inote zirimo iy’ibihumbi bitanu

Kilimobenecyo yanagize uruhare mu gushushanya inote zikoreshwa mu Rwanda rwa none kimwe n’izakoreshejwe mu bihe byahise nk’iya 5000 Frw.

Ati: “Hari inote zimwe zirimo iya 5000 Frw, 2000 Frw, 1000 Frw na 500 Frw nagiye nshushanya mbisabwe na Banki Nkuru y’Igihugu mu gihe bahinduraga amafaranga.’’


Igiceri cy’ijana cyifashishwa muri iki gihe nacyo ni we wagishushanyije ariko mu gihe gito abantu benshi badashobora gutekereza, kuko cyamutwaye iminota itanu gusa.

Kilimobenecyo yagiye ashimangira ko uwo ubugeni bwahiriye bumutunga bitewe n’uburyo abwitwaramo, yagiye akora n’ibindi birimo amashusho yigeze gukwira ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Perezida Kagame ari umutoza w’ikipe naho abagize Guverinoma ari abakinnyi.


Ni we kandi wakoze igishushanyo kigaragara nk’ikirango cy’Igicumbi cy’Intwari, ibirango bitandukanye bya RDF, yanashushanyije impeta z’ishimwe z’igihugu, ikirango cy’Umujyi wa Kigali.


Afatanyije n’uwitwa Hategekimana Laurent, bakoze Ingabo yahawe Perezida Kagame ubwo yarahiriraga kuyobora u Rwanda muri Kanama 2017.

Kilimobenecyo yahanze igihangano gihamagarira buri wese guharanira kuba intwari


Mu 2016 ubwo hizihizwaga umunsi w’Intwari, Klimobenecyo yamuritse igihangano cyerekana ko abantu bose bahawe ikaze mu Rwanda kandi basabwa gushyigikira abanyarwanda mu bikorwa by'ubutwari, ibi akaba yarabikoze mu buryo buzimije, yerekana ko abarwanya u Rwanda baba abanyarwanda  n'abanyamahanga, bakwiye kuza bakabatizwa mu ndangagaciro zo gukunda icyiza no kugishyigikira bagamije kwimika ubutwari.

Muri iki gihangano, hagaragaramo abayobozi bakuru b'igihugu mu nzego zitandukanye, aho baba bari kumwe n'abarwanya Leta y'u Rwanda babasaba kubatizwa mu cyo uyu munyabugeni yise indangagaciro z'ubutwari, babereka ko kimwe n'abandi bose barwanya Leta y'u Rwanda, bahawe ikaze mu gufatanya n'abandi banyarwanda kubaka igihugu aho gushaka gusenya no gupfobya ibyo abanyarwanda bagezeho.

Hagaragaramo kandi abanyamadini batandukanye, barimo nka Pasiteri Antoine Rutayisire umenyerewe mu bikorwa by'amasengesho y'abayobozi bakuru b'igihugu, kimwe n'ibindi bikorwa rusange by'amasengesho. Hanagaragaramo umunyamerika Pasiteri Rick Warren, uyu akaba yaramaze igihe akora ibikorwa mpuzamatorero mu Rwanda bigamije gushima Imana ku byo yagiye ikorera abanyarwanda no kuyisaba gukomeza gufasha abanyarwanda mu ntego bihaye zo kubaka igihugu.

Imbere y'aba bayobozi ba Leta baba bagaragara nk'abaryohewe bifashishije umuziki, hagaragara ishusho y'umumalayika, aha uyu munyabugeni akaba yarabwiye InyaRwanda ko yashakaga kugaragaza ko ibyo bakora biba birimo Imana kandi ikomeza gushyigikira u Rwanda mu cyerecyezo cyiza rwihaye, dore ko avuga ko Imana itirirwa ahandi ngo itahe i Rwanda, ahubwo ko ihirirwa ikanaharara.

Urupfu rwe


Inkuru y’incamugongo y’urupfu rwa Kilimobenecyo Alphonse umwe mu banyabugeni b’abahanga u Rwanda rwagize mu mateka, rwamenyekanye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya ya 19 Mata 2025. Nta byinshi biratangazwa, ariko hatangajwe ko yitabye Imana ku myaka 66 y’amavuko azize uburwayi.

Bernard Birasa bakoranye yabwiye RBA ko babuze umuntu w'ingirakamaro, anashimangira ko yasize umurage mwiza.


Umwanditsi:

Yanditswe 20/04/2025 10:20 AM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...