Wasohoje neza ubutumwa bwawe nk'umukirisitu w'ukuri – Louise Mushikiwabo kuri Papa Francis witabye Imana

Amakuru ku Rwanda - 21/04/2025 1:15 PM
Share:

Umwanditsi:

Wasohoje neza ubutumwa bwawe nk'umukirisitu w'ukuri – Louise Mushikiwabo kuri Papa Francis witabye Imana

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF), Umunyarwandakazi Mushikiwabo Louise ari mu bababajwe n'urupfu rw'Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Mushikiwabo yagize ati: “Nyirubutungane, wasohoje neza ubutumwa bwawe, nk’Umukirisitu w’ukuri, wumvaga abandi, wuje ineza n’ubworoherane! Ubu rero ruhukira mu mahoro!"

Mu 2021, nibwo Louise Mushikiwabo yakiriwe i Vatican n’Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis wamaze kwitaba Imana. Ibiganiro by’aba bombi byagarutse ku buryo habaho ubufatanye mu gufasha abaturage ba Haiti na Liban.

Ibi bihugu bisanzwe ari ibinyamuryango bya OIF muri icyo gihe byari byugarijwe n’ibibazo bikomeye bijyanye n’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage na Politiki.

Abinyujije kuri Twitter, Louise Mushikiwabo yashimiye Papa Francis wamuhaye umwanya wo kuganira, avuga ko ari umugabo urangwa n’ubumuntu ndetse amusabira umugisha ku Mana.

Si ubwa mbere Louise Mushikiwabo yari agiriye uruzinduko i Vatican ndetse akakirwa na Papa Francis kuko mu 2017 yari mu bagize itsinda ryaherekeje Perezida Paul Kagame, ubwo yagiranaga ibiganiro n’uyu Mushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi. Icyo gihe Louise Mushikiwabo yari akiri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda.

Nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Vatikani, Papa Francis yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 21 Mata 2025 saa 7:35 mu nzu yabagamo ya Casa Santa Marta, azize uburwayi bukomeye bw’umusonga yari amaranye iminsi.

Papa Francis yatangiye kugira ibibazo bikomeye by’ubuzima birimo uburwayi bw’umusonga n’ubushobozi buke bwo guhumeka mu 2024. Nubwo yari arwaye, yakomeje gutanga ubutumwa bw’ihumure, gukurikirana ibikorwa bya Kiliziya no guha umugisha abayoboke be kugeza ku munota wa nyuma. Yigeze kuvuga ati: “Ndashaka ko banzirikana nk’umusaseridoti mwiza wababariye, wumvise kandi wakundaga abantu. Simfite ubwoba bwo gupfa, ahubwo ndifuza gusoza neza.”

Urupfu rwa Papa Francis rwinjiye mu mateka nk’urw’umushumba wahinduye byinshi mu mitekerereze ya Kiliziya, ushyira imbere urukundo, ubworoherane n’ubutabera. Yahanganye n’ibihe bigoye, yirinda ubwikanyize, ashimangira Kiliziya yegera ubabaye aho kuba ishyirwa hejuru n’icyubahiro.

Vatikani yatangaje ko gahunda yo kumuherekeza izamenyekana mu minsi ya vuba, aho hitezwe abayobozi bo ku rwego rwo hejuru n’imbaga y’abakirisitu bazitabira umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma. Papa Francis yagiye, ariko umurage we w’urukundo, impuhwe no kwiyegereza abantu ntuzibagirana.

Mushikiwabo Louise yasabiye iruhuko ridashira Papa Francis witabye Imana  


Umwanditsi:

Yanditswe 21/04/2025 1:15 PM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...