Wari uzi ko kugabanya ingano y’ifunguro byongera ibyago byo kurwara agahinda gakabije?

Ubuzima - 05/06/2025 6:16 PM
Share:

Umwanditsi:

Wari uzi ko kugabanya ingano y’ifunguro byongera ibyago byo kurwara agahinda gakabije?

Ubushakashatsi bushya bwasohowe mu kinyamakuru BMJ Nutrition, Prevention & Health bwerekanye ko kugabanya cyane ingano y’ibiribwa umuntu afata bishobora kugira ingaruka mbi ku buzima bwo mu mutwe, harimo kongera ibimenyetso by’agahinda gakabije.

Ubu bushakashatsi bushingiye ku makuru yakusanyijwe ku bantu barenga 28,000 bakoreweho ubushakashatsi na National Health and Nutrition Examination Survey muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Abo bantu babajijwe ku bijyanye n’ubwiza bw’indyo yabo no ku bimenyetso by’agahinda gakabije bagaragaza.

Byagaragaye ko abantu bagabanyije cyane ifunguro, cyane cyane abagabo n’abafite umubyibuho ukabije, bari bafite ibyago byinshi byo kugira ibimenyetso by’agahinda gakabije. Byongeye kandi, ubwiza bw’indyo bwagaragaye ko nabwo bugira uruhare runini.

Abaryaga cyane ibiribwa byakorewe mu nganda, ibirimo isukari nyinshi, inyama z’inyamaswa zafashwe nabi n’ibinyamavuta byinshi, bagaragazaga agahinda ku rwego rwo hejuru. Aho ugereranyije n’abaryaga indyo isa n’iy’Abarabu bo ku nkombe z’Inyanja ya Méditerranée, bagaragazaga ku rwego rwo hasi agahinda gakabije.

Dr. Venkat Bhat, umuhanga mu by’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe ndetse akaba n’umuyobozi w’Ikigo cy’Ubuvuzi bwifashisha uburyo bugezweho bwitwa 'Interventional Psychiatry' muri St. Michael’s Hospital no muri Kaminuza ya Toronto, yavuze ko 'ibisabwa bikwiye kwitonderwa cyane cyane ku bantu basanzwe bafite ibibazo bijyanye n’umubyibuho cyangwa umutwaro w’ibiro.'

Yakomeje agira ati: “Guhitamo kugabanya ingano y’ibiribwa ku buryo buhwitse kandi burambye, bituma habaho kuzuzanya hagati y’imirire ikwiriye n’ingaruka z’iyo mirire ku buzima bwo mu mutwe.”

Impamvu ubushakashatsi bushya butandukanye n’ubwabanje

Dr. Bhat yavuze ko ubushakashatsi bwabo butavuga ko kugabanya ingano y’ibiribwa ari byo nyirabayazana w’agahinda gakabije, ahubwo bwagaragaje gusa isano hagati yabyo. Ikindi ni uko amakuru yakusanyijwe ashingiye ku byo abantu bivugiye ubwabo, bigatuma hashobora kubamo amakosa.

Dr. Kary Woodruff, umwarimu muri Kaminuza ya Utah mu Ishami ry’Imirire n’Imikorere y’umubiri, yavuze ko hari igihe umuntu ashobora gutekereza ko ari kurya ifunguro ryiza, ni ukuvuga irikungahaye ku ntungamubiri, ritarimo amavuta akabije, arya imbuto n'imboga, nyamara wenda yarakabije ku buryo umubiri utabona ibyo ukeneye byose.

Nubwo ubushakashatsi bwasuzumye n’izindi mpamvu zishobora kugira uruhare, bwagaragaje ibisubizo bitandukanye n’ibyo ubushakashatsi bwabanje, aho bamwe berekanye ko kugabanya ingano y’ibiribwa bigira uruhare mu kugabanya agahinda.

Dr. Johanna Keeler, umushakashatsi muri Kaminuza ya King’s College London, yavuze ko ubushakashatsi bwabanje bwakorerwaga ku ndyo zigenzurwa n’abaganga. Yagize ati: “Aha ni ho hashobora kuba itandukaniro, kuko indyo zitagenzuwe n’inzobere zishobora gutera ibura ry’intungamubiri, bigatuma ibimenyetso by’agahinda bikomeza kwiyongera.”

Uburyo kugabanya ibiribwa bishobora kugira ingaruka ku buzima bwo mu mutwe

Ubushakashatsi bwabanje bwerekanye ko indyo igabanyije intungamubiri ariko iganisha ku gutakaza ibiro ku bantu babyibushye, ishobora kugabanya ibimenyetso by’agahinda. Ibi bishobora guterwa no kuba baragize impinduka nziza mu mubiri cyangwa se bagatangira kwakira ubutumwa bwiza buturutse ku muryango n’inshuti.

Ariko nanone, iyo umuntu agabanyije cyane ibiribwa ntibitange umusaruro, cyangwa agahora abitekerezaho, ntashobore kugabanya cyangwa kongera ibiro nk'uko abyifuza, bishobora gutera kwiheba no guhangayika biruseho.

Dr. Keeler yavuze ko kuba umuntu yagabanya cyane indyo yafataga cyangwa ikaba itujuje intungamubiri, bishobora gutuma imikorere y’umubiri ihungabana, bikagira ingaruka nko kunanirwa, kubura ibitotsi no kutabasha kwibanda ku kintu.

Dr. Woodruff yongeyeho ko indyo zigabanyije ku buryo bukabije zishobora gutera ubwoba bwinshi no kwiyongera kw’ibimenyetso by’indwara z’imirire.

Yagize ati: “Icy’ingenzi ni ukureba neza ibyo umuntu ahitamo kugabanya n’ingano yabyo. Indyo yuzuye kandi igamije kugabanya intungamubiri buhoro buhoro ishobora kugabanya agahinda, ariko imyitwarire irenze urugero ishobora gukomeretsa ubuzima bw’umubiri, ubwenge n’amarangamutima.”

Kugira uburinganire mu mirire

Dr. Bhat yavuze ko uburyo umuntu agira icyo asubiza ku ifunguro runaka butandukanye bitewe n’imiterere ye. Ibi bigaragaza ko ari ngombwa kwita ku mpinduka z’umubiri n’ubuzima bwo mu mutwe ku giti cy’umuntu, aho kugendera ku nama rusange.

Dr. Keeler yasabye abantu bose bashaka kugabanya ibiro kwegera abaganga b’inzobere mbere yo gutangira ifunguro rigamije kubagabanyiriza ibiro.

Natalie Mokari, umuganga w’inzobere mu mirire ukorera i Charlotte muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavuze ko kugabanya intungamubiri ku buryo bukabije atari yo nzira irambye.

Yagize ati: “Tangira ureba indyo yawe uko iteye. Ese ifunguro ryawe ririmo intungamubiri zuzuye? Harimo proteyine, ibinyamafufu, ibinure biringaniye, imbuto n’imboga?”

Yongeyeho ko niba umuntu abanje kwita ku kongera intungamubiri akeneye mu mubiri, bishobora gutuma atekereza kabiri mbere yo kongera ifunguro cyangwa gufata ibiryo birimo isukari nyinshi.

Dr. Woodruff yabishimangiye agira ati: "N’iyo umuntu yaba atagamije kugabanya ibiro, kongera ireme ry’indyo afata bishobora kuzamura cyane ubuzima bwe n’imibereho ye muri rusange."

Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko kubaganya cyane ingano n'imiterere y'ibyo urya bishobora kugutera cyangwa kukongerera agahinda gakabije


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...