Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin
Nsanzimana, avuga ko muri iki gihe igihugu gishobora kwibasirwa n’ibintu bitandukanye
bidakeneye abasirikare cyangwa intwaro kugira ngo bigire ingaruka ku hazaza
hacyo.
Mu byo Leta y’u Rwanda imaze
gushyira imbere mu rwego rwo kurinda ubuzima n’ejo hazaza h’Abanyarwanda harimo
ikibazo cy’inzoga zitujuje ubuziranenge, zizwi cyane nka “ibyuma”.
Minisitiri Sabin avuga ko izi nzoga
zitari ikibazo cy’umuntu ku giti cye gusa, ahubwo ko zishobora kugira ingaruka
ku muryango, ku rubyiruko, ku musaruro w’igihugu ndetse no ku buzima
bw’abaturage muri rusange.
Ni muri uwo murongo yatanze ingero
z’amateka y’ibihugu byahuye n’ingaruka zikomeye z’ibiyobyabwenge n’inzoga,
ashimangira ko ikibazo cy’ibintu bisindisha n’ibiyobyabwenge gishobora kurenga
kure umuntu ubinywa, kikagera ku gihugu cyose.
Iyo
ikiyobyabwenge gihindutse intwaro y’igihugu
Mu mateka, Minisitiri Sabin
yibukije ikibazo cy’u Bushinwa n’u Bwongereza mu kinyejana cya 19.
Amateka agaragaza ko ubucuruzi bwa
Opium bwagize uruhare rukomeye mu makimbirane hagati y’u Bwongereza n’u
Bushinwa. Abacuruzi b’Abongereza batwaraga Opium ivuye mu Buhinde bakayijyana
mu Bushinwa, mu gihe ubutegetsi bw’u Bushinwa bwageragezaga guhagarika
ubucuruzi bw’iki kiyobyabwenge. Ibi byagejeje ku Ntambara ya Mbere ya Opium
yatangiye mu 1839, irangira mu 1842.
U Bwongereza bwatsinze iyo
ntambara, nyuma yaho u Bushinwa buhatirwa kwemera amasezerano yagize ingaruka
zikomeye ku bwigenge bwabwo, harimo guha u Bwongereza Hong Kong no gufungura
ibyambu bimwe ku bucuruzi bw’amahanga.
Ni urugero rwerekana ko ikiyobyabwenge
gishobora gutangira nk’igicuruzwa, ariko ingaruka zacyo zikagera ku bukungu, ku
buzima, ku mibereho y’abaturage ndetse no ku mutekano w’igihugu.
U
Burusiya n’isomo rya Vodka
Ntabwo ari ubwa mbere inzoga
zigaragaye nk’ikibazo gikomeye ku buzima bw’igihugu.
U Burusiya nabwo bufite amateka
maremare y’ikibazo cy’inzoga, cyane cyane vodka.
Abagabo banywaga vodka nyinshi
cyane bagaragaje ibyago byinshi byo gupfa hagati y’imyaka 35 na 74 ugereranyije
n’abanywaga nke.
Ikibazo cy’inzoga mu Burusiya
cyageze ku rwego rwo kuba ikibazo cy’ubuzima rusange. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye
ryita ku buzima ‘WHO’ rivuga ko kunywa inzoga byari mu bintu by’ingenzi
byatezaga impfu mu Burusiya, cyane cyane ku bagabo bari mu myaka yo gukora.
Ikindi gishimishije ni uko ubwo
Burusiya bwafashe ingamba zikomeye zo kugabanya ikoreshwa ry’inzoga, umubare
w’abapfa waragabanutse, naho icyizere cyo kubaho kirazamuka.
WHO ivuga ko hagati ya 2003 na
2018, impfu zose zagabanutseho 39% ku bagabo na 36% ku bagore, mu gihe mu 2018
icyizere cyo kubaho cyageze hafi ku myaka 68 ku bagabo na 78 ku bagore.
Kuri iyi ngingo, Minisitiri Sabin ati "[...]
Ndabaha nk'urugero rw'u Burusiya mu 1900 bagize icyizere cy'ubuzima cy'imyaka
50 y'abaturage bayo bavuye ku myaka 70 kubera 'Vodka' banywaga nyinshi."
None
se “icyizere cyo kubaho” ni iki?
Iyo Minisitiri w’Ubuzima avuga ko
inzoga zishobora kugabanya “life expectancy”, aba atavuga imyaka umuntu umwe
azapfira.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye
ryita ku Buzima, WHO, risobanura “life expectancy at birth” nk’impuzandengo
y’imyaka umwana uvutse ashobora kwitega kubaho, hakurikijwe imibare y’impfu ku
bantu b’ingeri zitandukanye z’imyaka n’ibitsina iriho muri icyo gihe.
Mu kubara iyo mibare, abahanga
bakoresha icyo bita “life table”. Bareba umubare w’abapfa mu byiciro
bitandukanye by’imyaka, bakareba amahirwe yo gukomeza kubaho uko imyaka
yiyongera, hanyuma bakabikoramo imibare itanga impuzandengo y’imyaka abaturage
bashobora kwitega kubaho.
Ni ukuvuga ko niba impfu z’abantu
bakiri bato cyangwa abari mu myaka yo gukora ziyongera cyane kubera ibintu
nk’indwara, impanuka, urugomo cyangwa kunywa inzoga nyinshi, ibyo bishobora
kugira uruhare mu kumanura icyizere cyo kubaho cy’igihugu.
Rwanda:
kuva kuri 46.9 kugera kuri 69.6
U Rwanda narwo rwakoze urugendo
rurerure mu kuzamura icyizere cyo kubaho.
Naho imibare ya 2022 yakozwe
n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare, NISR, yerekana ko icyizere cyo
kubaho ku Banyarwanda bose cyari imyaka 69.6; ku bagabo cyari 67.7, naho ku
bagore kikaba 70.2.
Minisiteri y’Ubuzima nayo igaragaza
ko icyizere cyo kubaho mu Rwanda cyazamutse kiva ku myaka 64.5 mu 2012 kigera
kuri 69.6 mu 2022.
Ni muri urwo rwego Minisitiri Sabin
yavuze ko Leta yarebye niba ikibazo cy’inzoga zitujuje ubuziranenge cyakomeza,
maze kikazagira ingaruka ku rubyiruko no ku buzima bw’Abanyarwanda mu myaka iri
imbere.
Minisitiri Sabin yavuze ko
bashingiye ku byo babonaga mu myaka iri imbere icyizere cy'ubuzima cy'imyaka
y'abanyarwanda cyari kuzamuka bitewe n'izi nzoga zitujuje ubuziranenge.
Ati "Natwe iyi 70 twari tugeze twarebaga tukabona izi nzoga nizikomeza turaza kuva ku cyizere cyo kubaho 70 tumanuke tube twagera no muri za 50. Kubera ko urubyiruko rwacu barabinywa cyane [...] Rero, inshingano yo kubarinda iba ireba sosiyete ntabwo iba ireba umuntu ufite amasezerano runaka.
Ntabwo iba ireba ngo tubijyane gahora ubanza
babyumva. Buriya guhindura imyumvire y'abantu hari n'igihe bitwara imyaka
myinshi cyane. Rimwe na rimwe ntinahinduke. N'abaje kutwigisha ngo ntituzakore
ibyaha (hashingiwe) ku mategeko 10, na n'ubu
“Ntabwo
ejo iki gihugu cyazasigara mu ntoki z’abasinzi”
Minisitiri Sabin avuga ko ikibazo
cy’inzoga zitujuje ubuziranenge kitarebwa gusa nk’ikibazo cy’umuntu ufite
akamenyero ko kunywa.
Yavuze ko iyo umuntu w’imyaka 20
atangiye kugira ubuzima bwangijwe n’inzoga, ikibazo kiba kirenze uwo muntu kuko
ari umuntu wari ukwiye kuzagira uruhare mu iterambere ry’igihugu mu myaka
myinshi iri imbere.
Ni yo mpamvu yavuze ko kurinda
abaturage, cyane cyane urubyiruko, bitagomba kurebwa nk’inshingano y’umuntu
cyangwa urwego rumwe gusa, ahubwo ko ari inshingano ya sosiyete yose.
Mu Rwanda, ikibazo cy’inzoga
zitujuje ubuziranenge cyageze ku rwego rwo gufatwa nk’ikibazo kigomba guhangana
nacyo mu buryo bukomeye.
Minisitiri Sabin yavuze ko, nyuma
yo kugerageza ubundi buryo, Leta yafashe izindi ngamba, zirimo gufunga inganda
zikora izi nzoga. Yatangaje ko inganda 240 zikora “ibyuma” zimaze gufungwa mu
gihugu hose.
Minisitiri, Dr. Sabin Nsanzimana
yatangaje ko imyaka y’icyizere cy’ubuzima cy’abanyarwanda yari kuzagabyuka, iyo
inzoga zitujuje ubuziranenge zikomeza guhabwa intebe
