Putin
yavuze ko nta shingiro na rimwe cyangwa amananiza ashyize imbere. Uyu
mwanzuro uje nyuma y’uko abayobozi bo mu Burayi barimo Macron, Sunak, Scholz na
Tusk bahuriye na Zelensky i Kyiv, bakamusaba kohereza ubutumwa bugenewe Putin
bugira buti "Dufite ibyumweru bitatu byo guhitamo amahoro cyangwa
ibihano."
Trump
na we ntiyasigaye inyuma. Yagize ati: “Uyu munsi ushobora kuba igitekerezo
cy’icyizere hagati ya Ukraine n’u Burusiya. Ndakomeza guhagurukira ibi
biganiro.”
Umuvugizi
wa Kremlin, Dmitry Peskov, yavuze ko Russia idashobora kugandukira igitutu,
ndetse nubwo Putin yemera agahenge mu buryo rusange, ngo hari byinshi “bitarasobanuka”.
Ukraine
ivuga ko ishaka agahenge k’iminsi 30 kadategereje ibindi bisobanuro. U Burusiya
bwo busubiza ko bwemera igitekerezo ariko ngo hari “ibintu byihariye” bigomba
kubanza gukemurwa.
Putin
avuga ko ibi biganiro bitagamije gutiza umurindi intambara ahubwo bigamije gukemura
intandaro z’intambara no kugera ku mahoro arambye.
Mu
gihe Ukraine n’inshuti zayo zo mu Burayi zikomeje gusaba agahenge, ubuyobozi
bwa Trump nabwo buvuga ko nibitagira icyo bitanga, Amerika izava mu biganiro.
Putin yemeye kujya mu meza y'ibiganiro na Ukraine byo guhagarika intambara
Intambara y'u Burusiya na Ukraine imaze imyaka itatu irengaho