Vision FC yamanutse mu cyiciro cya kabiri

Imikino - 12/05/2025 10:47 AM
Share:

Umwanditsi:

Vision FC yamanutse mu cyiciro cya kabiri

Nyuma y’umwaka umwe izamutse mu cyiciro cya mbere, ikipe ya Vision FC yamaze gusubira mu cyiciro cya kabiri kuko iramutse itsinze imikino isigaye muri shampiyona ntabwo byayikura mu murongo utukura.

Nyuma yo gutsindwa na Marines FC mu mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona y’u Rwanda, Rwanda Premier League 2024-25 ikipe ya Vision FC yahise iguma inyuma bihita bishimangira ko umwaka utaha w’imikino izakina shampiyona y’u Rwanda icyiciro cya kabiri.

Vision FC iri ku mwanya wa nyuma n’amanota 20 mu gihe hasigaye imikino itatu gusa kugira ngo shampiyona irangire. Iramutse itsinze iyo mikino yagira amanota 29 n’ubundi ntibyayibuza kuva mu murongo utukura kuko ikipe ya 14 ifite amanota 30.

Ubu Vision itegereje hagati y’amakipe kuva ku ya 15 kugera ku ya 5 kuko ishobora gucunga nabi muri ayo yose ishobora kwisanga ku mwanya wa 15 maze igaherekeza Vision FC mu cyiciro cya kabiri.

Ubu amakipe amaze gutekana ko azakina shampiyona y’icyiciro cya mbere ni APR FC, Rayon Sports, AS Kigali na Police FC.

Amakipe afite amanota 37 arimo Rutsiro FC arasabwa inota rimwe gusa ngo ave mu byago byo kutamanuka mu cyiciro cya kabiri kuko ikipe itekanye kugeza ubu ari iyagejeje amanota 38.

Vision FC yasubiye mu cyiciro cya kabiri


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...