Vestine na Dorcas basoje ibitaramo byabo muri Canada bataramana na Gentil Misigaro- AMAFOTO

Iyobokamana - 17/11/2025 9:22 AM
Share:

Umwanditsi:

Vestine na Dorcas basoje ibitaramo byabo muri Canada bataramana na Gentil Misigaro- AMAFOTO

Itsinda ry'abahanzikazi b'indirimbo zubakiye ku guha ikuzo Imana, Vestine na Dorcas basoje icyiciro cya mbere cy'ibitaramo bagombaga gukorera mu gihugu cya Canada, mu gitaramo cy'amashimwe bahuriyemo n'umuramyi Gentil Misigaro wamamaye mu ndirimbo "Biratungana" n'izindi zakomeje izine rye.

Rwari urugendo rw’amasengesho, ibyishimo n’imbamutima, ariko kandi rugaragaza intangiriro nshya kuri aba bahanzikazi bari kubaka izina rikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Ku wa Gatandatu, tariki ya 15 Ugushyingo 2025, ni bwo bataramiye bwa mbere imbaga y’abakunzi b’indirimbo zabo mu mujyi wa Edmonton.

Muri iki gitaramo, benshi bari maso, bafashijwe n’ijwi n’umwuka w’amasengesho byaherekeje buri ndirimbo ya Vestine na Dorcas — indirimbo zaho hafi n’izabamenyekanishije zakiranywe urugwiro n’amashyi y’abantu amagana bari bahari.

Ni igitaramo cyabaye umwihariko kuko bwari n’ubwa mbere bahurira ku rubyiniro n’umuramyi Gentil Misigaro, umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki wo kuramya b’Abanyarwanda baba ku mugabane wa Amerika, uzwi mu ndirimbo zakomeje gukwira mu matorero menshi ku Isi. Aherutse gushyira hanze indirimbo ye nshya “Antsindira Intambara” yakiriwe neza n’abitabiriye.

Umujyanama wa Vestine na Dorcas, Murindahabi Irene yabwiye InyaRwanda ko iki gitaramo cyagenze neza kurusha uko babitekerezaga, nubwo Edmonton ari umwe mu mijyi itarimo Abanyarwanda benshi.

Uyu mujyanama yakomeje avuga ko iki gitaramo cyasojwe ari na cyo kirangiza icyiciro cya mbere cy’ibitaramo bari gutegura muri Canada. Ati: "Igitaramo cyagenze neza, twakoreye mu Mujyi wa Edmonton muri Canada, ari nayo irangiza icyiciro cya mbere cy'ibitaramo twateguye muri Canada."

Avuga ko ubu bagiye kugaruka mu Rwanda kugira ngo bafate akaruhuko, basohore indirimbo nshya, hanyuma bongere gutegura urugendo rwa kabiri rw’ibitaramo.

Ati: “Tugiye gufata ikiruhuko gito, tugaruke mu Rwanda, hanyuma dusohore indirimbo, hanyuma dushobora kuzasubira muri Canada mu Mijyi irimo Ottawa na Montreal umwaka utaha niba ari ibikunze. Ariko ubu twabanjirije mu gice cy'Uburengerazuba bwa Canada."

Nubwo Edmonton itari isanzwe izwi nk’umujyi urimo abakunzi benshi b’indirimbo zo mu Rwanda, Vestine na Dorcas bahasanze abantu bafite umutima wo kuramya no gufashwa mu mwuka. Bivuze ko n’irindi tsinda ry’abahanzi rishobora gutinyuka rikahagera.

Vestine na Dorcas bizihiye abatuye mu Mujyi wa Edmonton

Ubwuzu bw’abitabiriye bwuzuye umutima, aba bahanzikazi baririmbira bwa mbere mu gice cy’Uburengerazuba bwa Canada 

Umwuka w’amasengesho n’amashimwe wuzuye muri People’s Church ubwo Vestine na Dorcas bafashaga imbaga y’abantu 


Aba bahanzikazi bagaragarije Canada impano zabo n’ubutumwa bw’ibyiringiro bituma benshi bafashwa

 

Vestine na Dorcas mu gitaramo cyasoje icyiciro cya mbere cy’urugendo rwabo muri Canada


Imbaraga n’umucyo w’indirimbo: ubushyuhe bw’urukundo rw’abitabiriye bwumvikanye buri ndirimbo baririmbye


Edmonton yakiriye neza ijwi n’umwuka mushya w’aba bahanzikazi—ubutumwa bwabo bwanyuze imitima


 

Ku rubyiniro, imbere y’abantu amagana—Vestine na Dorcas basoje icyiciro cyabo cya mbere muri Canada mu buryo budasanzwe

Gentil Misigaro asusurutsa Edmonton n’indirimbo ye nshya ‘Antsindira Intambara’, aho yahuriye ku rubyiniro na Vestine na Dorcas bwa mbere

Ijwi rye rihumuriza n’umwuka w’indirimbo zo kuramya byuzuye People’s Church, Gentil Misigaro yaririmbye anicurangira ‘Piano’

Umuhanzi w’icyamamare mu muziki usingiza Imana, Gentil Misigaro, yishimiwe n’abitabiriye igitaramo cya Edmonton


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...