Vestine na Dorcas bahagaritse kimwe mu bitaramo bari gukorera muri Canada

Imyidagaduro - 08/11/2025 6:35 AM
Share:

Umwanditsi:

Vestine na Dorcas bahagaritse kimwe mu bitaramo bari gukorera muri Canada

Mu gihe abatuye mu Mujyi wa Winnipeg muri Canada bari bategereje kwakira itsinda rya Vestine & Dorcas mu gitaramo cyari giteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 8 Ugushyingo 2025, cyasubitswe ku munota wa nyuma.

Byari biteganyijwe ko iki gitaramo kiba kimwe mu bizarangira uruzinduko rwabo rw’ibitaramo byo hanze y’u Rwanda, rukubiyemo ibihugu byinshi byo muri Amerika no muri Canada.

Abakunzi babo bari bamaze iminsi bafite amatsiko yo kubona aba baramyi bamamaye mu ndirimbo nka ‘Yebo’, ‘Adonai’ na ‘Ihema’, ariko byose byahindutse mu kanya nk’ako guhumbya.

Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe hanze na MIE Music mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Ugushyingo 2025, iri tsinda ryafashe iki cyemezo “nyuma yo gusuzuma neza ndetse no gusenga.”

Ni amagambo agaragaza ko atari ibintu byafashwe mu buryo bwihuse cyangwa bw’ikirere, ahubwo byabanjirijwe no gusaba Imana kuyobora inzira ikwiye.

Mu itangazo ryabo, bavuze ko impamvu nyamukuru y’ihagarikwa ry’iki gitaramo bishingiye “ku bari bateguye iki gitaramo bakabatumira.”

Bati “Iki cyemezo cyafashwe nyuma yo gusenga no gusuzuma neza, kubera ibibazo bya “Management” byagaragaye hagati y’abari bashinzwe gutegura igitaramo. Nubwo bitubabaje, twahisemo kubahiriza indangagaciro zacu zo gukora ibintu mu bwitonzi n’ubunyangamugayo.”

Aba baramyi bazwiho gukunda gukora ibintu biteguwe neza, byujuje ubuziranenge, ndetse byubahiriza indangagaciro z’ivugabutumwa. Bavuze ko iki cyemezo cyari ngombwa kugira ngo “ubwitange, ubuhanga n’ubunyangamugayo” bikomeze kuba ishingiro ry’ibikorwa byabo.

Iri tsinda ryabwiye abafana babo ko babashimira ku rukundo n’ubufatanye, kandi ko babasaba imbabazi ku mpinduka zidasanzwe zabaye.

Bati “Twifatanyije n’abafana bacu bose, abafatanyabikorwa n’abadushyigikiye bari biteguye kugira ubusabane bwo kuramya Imana hamwe natwe. Turabasaba imbabazi kandi dushima cyane uburyo mukomeje kudushyigikira no kudutega amatwi mu bihe nk’ibi.”

Abari bamaze kugura amatike bazasubizwa amafaranga yabo binyuze ku rubuga rwemewe cyangwa ku bantu bayaguriyeho.

Nubwo Winnipeg itazabona uyu mwanya wihariye wo gusangira indirimbo z’aba bombi, Vestine & Dorcas ntibahagaritse gahunda zose.

MIE Music yatangaje ko ku wa 15 Ugushyingo 2025 bazaririmba muri Edmonton, undi mujyi wa Canada, aho bazafatanya n’abakunzi babo gukomeza kuramya Imana.

Mu magambo yuzuye ibyishimo, aba baramyi bagize bati “Nubwo tutazahurira i Winnipeg nk’uko twabiteganyaga, twishimye gutangaza ko tuzabana n’umuryango wacu wo muri Edmonton. Turabatumira mwese muzaze dufatanye gusingiza izina rya Yesu.”

Basoza itangazo, bisunze amagambo yo muri Bibiliya aboneka mu Abaroma 8:28 bati “Twizera ko byose bifatanyiriza hamwe kutuzanira ibyiza ku bakunda Imana (Abaroma 8:28). Turashimira buri wese kubera amasengesho, kwihangana n’urukundo rutajegajega.”


Vestine & Dorcas mu itangazo ryasohowe na MIE Music, batangaje ko igitaramo cyabo cya Winnipeg cyahagaritswe “nyuma yo gusenga no gusuzuma neza” 

Aba baramyi bavuze ko urugendo rwabo ruzakomeza ku wa Gatandatu tariki 15 Ugushyingo 2025 mu Mujyi wa Edmonton 

Ibi bitaramo babyitiriye indirimbo yabo ikunzwe muri iki gihe bise ‘Yebo'

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'YEBO' YA VESTINE NA DORCAS


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...