Bad Rama yumvikanishije ko bwa mbere aganira
na Coach Gael bari mu Rwanda, kandi yamubwiye kudacika intege, ariko arenzaho
ko ishoramari mu muziki w'u Rwanda rigira aho rirangirira.
Yavuze ko mu bantu be ba hafi azi, Coach
Gael yinjiza amafaranga menshi ku munsi, ariko kandi ashingiye ku bumenyi afite
mu muziki w'u Rwanda gushora mu muziki "ni nko kumena mu bwiherero."
Ati "Washyiramo ugashyiramo, si uko
ari ukurenzaho, ariko bifite aho
Bad Rama yavuze ko abantu bakwiye
gushimira Gael ibyo yakoreye Bruce Melodie, birimo kumugeza muri Amerika mu
biganiro bikomeye ku Isi, kumuhuza n'abahanzi bo muri Nigeria n'ibindi.
Ati "Buriya nta kindi yakora.
'Industry' yo mu Rwanda iba irangiye. Nonese akore iki Gael? Ni ukujya abireba
akicara gusa agatuza."
Uyu mushoramari yagiriye inama Coach Gael
ijyanye no kumenya no kugenzura
Bad Rama yavuze ko umuziki w'u Rwanda
byoroshye kuwinjiramo ariko 'ikigoye ni ukuwugumamo'. Abajijwe impamvu The Ben
na Meddy bakomeje guhahanyaza mu muziki, yasubije ko byaturutse ku myaka 10
ishize bamaze muri Amerika bategura uko urugendo rw'umuziki wabo ruzagenda.
Bruce Melodie, Producer wanashinje Label yitwa 'Igitangaza' yabiririmbye mu ndirimbo 'Bado'
Tariki 13 Werurwe 2021, Bruce Melodie
yasohoye amashusho y’indirimbo ye yise ‘Bado’ avugamo ibikomere yagiriye mu
muziki agashima Imana kuko ubu yabaye icyamamare, kandi ko yahaye imbabazi
abamwambuye n’abatumye ajya mu nkiko.
Ni indirimbo yakwifashishwa na buri wese
uzirikana inzira y’amahwa yanyuzemo, ariko agatumbira intego ye. Inumvikanisha
kuzirikana abatumye uba uwo uri we uyu munsi.
Inakomoza ku bicantege umuntu ahura nabyo
n’inzozi aba yumva atazigera asingira. No kwiyemeza gukomeza gukotana aho waba
ushakisha ubuzima hose.
Umuziki ni kimwe mu bifite abakunzi benshi
ku Isi. N’abakinnyi b’umupira bakunda kuwumva, binjira mu kibuga kenshi bambaye 'ekuteri' bumva umuziki.
Buri kintu cyose kigira isoko. Kumva
indirimbo y’umuhanzi, ubyumva nk’ibisanzwe ariko ntuzi imbaraga n’ibyuya aba
yabize kugira ngo ikugereho.
Indirimbo imwe ishobora gushorwamo akayabo
wabwirwaga ukumva wari kuyajyana mu buhinzi aho kuyashora mu ndirimbo y’iminota
itageze kuri itanu.
Nta gihe kinini gishize umuziki w’u Rwanda
wigaranzuye imiziki yo mu Karere k’Afurika y’Uburasirazuba n’ahandi n'ubwo ari
urugamba rugikomeje.
Ibi byatumye bamwe mu banyamafaranga
bashora imari mu muziki, bategura ibitaramo, bashinga Label basinyisha
abahanzi, bagura ibyuma bigezweho n’ibindi mu rwego rwo kwagura uru ruganda
rukiyubaka.
Umubare w’abajyanama/abashoramari
bahombeye muri uyu muziki nibo benshi kurusha abagikanyakanya. Byakugora
kongera kumvisha umushoramari wahombeye muri uyu muziki kuwugarukamo.
Hari n’abahanzi ariko bagiye baza muri uyu
muziki bakawuvamo bitewe n’impamvu zitandukanye zirimo kutabona inyungu y’ako
kanya, ibihangano byabo bidafata ku isoko n’ibindi.
Kuki
abashoramari bataka igihombo no guhemukirwa mu muziki kandi baza bavuga ko ari
umutima mwiza?
Nsengumuremyi Richard wa Super Level,
Mutesa Theodomir wa Touch Records, Seka Lee Emmanuel wa Sun City, Richard
washinze Kiwundo Entertainment, Dj Theo yari yashinze Decent Entertainment, Bad
Rama yashyize amafaranga ye muri The Mane, Oda Paccy muri Ladies Empire- Aba
bose n’abandi tutarondeye bagerageje gushyira imari mu muziki ariko birangiye
bakuyemo akabo karenge.
Coach Gael wa 1:55 AM we yanditse ubutumwa
agaragaza ko agiye gutangira paji nshya mu rugendo rwe rw’ubuzima, agira ati “Najugunye/Nataye
amafaranga menshi, nafashije abantu benshi mbigiriye ubuntu. Ntawe nigeze
mbyishyuza. Ubu igihe kirageze cyo gushyira intumbero yuzuye muri njye no
kwiyitaho.”
Mu kiganiro cyihariye na InyaRwanda, Bad
Rama yavuze ko kimwe mu bituma abashoramari bahombera mu muziki, harimo kuba
bose badahuje intumbero. Yanavuze ko igihombo gituruka ku bantu umuntu aba
yarizeye
Ati "Abo bose ufasha nibo barangiza
bakugambaniye, bakagutesha umutwe noneho ukabura n'icyo wakora kandi amafaranga
ukiyafite. Nonese Gael abuze amafaranga? Ariko ukareba abantu, imitima mibi
bafite, abantu badashima n'ibyo ukora, batareba n'ibyo ukora."
Yanavuze ko sosiyete ibigiramo uruhare,
aho usanga abantu bahoza igitutu ku mushoramari bamubwira ko umuhanzi afite
akwiye kumukorera ibikobwa bituma agera ku rwego nk'urwa Davido.
Ati "Ariko ubundi abantu bavuga ibyo
bintu cyangwa se babyandika reka mbabaze ikibazo, umunyamakuru uba wanditse
ibyo bintu we ko atameze nk'umunyamakuru mpuzamahanga, hanyuma umufana we
ushaka ko uwo muhanzi aba nka Davido, we ko atabayeho ubuzima nk'ubwa Drake uba
Washington D.C. Abantu kuki batakira ko tugomba gukora ibintu ukora
tungana?"
Bad Rama yavuze ko yinjiye mu muziki nta
kintu kirimo, ku buryo byageze n'aho itsinda rya Wasafi ryaje kumureba i Kigali
baraganira, ndetse yanateguriye isabukuru Burna Boy mu birori byamaze igihe
kinini.
Ati "Bo bashimye ibyo nkora. Ariko
birambabaza kuba nta munyarwanda ushima ibyo nkora. Wasafi yose yaje i Kigali
tumara iminsi itatu yose tuganira kugeza n'aho bambwiye bati tumira abantu bose
baze dusangire, abandi bose bagashima ibyo nakoze, ariko nta munyarwanda
wanshima."
Bad Rama yavuze ko abashoramari benshi
basohoka mu muziki bataka guhemukirwa 'kuko birababaje gukora n'abantu
badashima ibyo ukora'. Ashima Imana ko ibyo yavuze mu bihe bitandukanye biri
kwigaragaza muri iki gihe. Ati "Maze imyaka itatu mvuye mu ruganda ariko
nimutse, ntaruvuyemo, ahubwo ndukora buri munsi."
Ndicuza!
Yavuze ko yatangiye kwitangira umuziki mu
2005, hashize imyaka micye avuye mu gisirikare. Akavuga ko ababazwa cyane 'no
kuba narakunze abantu baba mu muziki kurusha uko nakunze abana banjye
n'umuryango wanjye'.
Ati "Kuva mu 2005, mvuye mu
gisirikare, nabwo ntarabana n'umuryango wanjye, narabasize nza muri ibyo kugeza
n'uyu munsi, umwanya munini ujya kuri 'entertainment'.'
Bad Rama yavuze ko yicuza kuko kwitangira
umuziki 'byanshyize kure y'umuryango wanjye mu buzima bwanjye bwose' ariko
'nzakomeza kubafasha, kuko ntabwo 'industry' yazimira ndeba, kandi ndi Papa
wayo'.
Ubumenyi
cyangwa kwihagararaho?
Isoko z’amakuru zivuga ko abashoramari
benshi bashora amafaranga menshi mu bahanzi, ariko bakabura uburyo buhamye bwo
kugaruza ayo mafaranga.
Urugero, hari ‘Manager’ washoye amafaranga
mu mushinga w’indirimbo y’umuhanzi, ariko nyuma habaho kutumvikana ku kugaruza
ayo mafaranga, bituma habaho amakimbirane hagati yabo.
Bamwe mu bashoramari binjira mu muziki
badafite ubumenyi buhagije ku mikorere y’uru rwego, bakabura uburyo bwo gucunga
neza imishinga yabo. Ibi bituma habaho amakimbirane n’abahanzi, nk’uko
byagaragaye hagati ya Madebeats, ndetse n’uwari waramushingiye ‘studio’
akibarizwa i Kigali.
Hari igihe abahanzi bumva ko bashobora
kwigenga vuba, bagahagarika amasezerano batabanje kumvikana n’abashoramari.
Urugero, aba Producer barimo Prince Kiiiz na Element bagiye basoza amasezerano
mu buryo bwakuriwe n’inkuru z’impaka mu itangazamakuru.
Mu Rwanda, uburyo bwo gukwirakwiza no
kugurisha ibihangano biracyari hasi. Abahanzi benshi bafite impano ariko babura
uburyo bwo kugera ku isoko mpuzamahanga, bikagabanya inyungu z’abashoramari.
Urugero, ibihangano bishyirwa ku rubuga rwa Youtube, ntacyo bifasha abahanzi
b’i Kigali, kuko nta ‘Adds’ zirimo.
Umuziki usaba igihe kirekire kugira ngo
umuhanzi cyangwa umushinga ubyare inyungu. Abashoramari bamwe batihangana,
bagasaba inyungu z’ako kanya, bikabaviramo guhagarika imishinga yabo.
Bamwe mu bashoramari bakoze uko bashoye bashora imari mu muziki nyarwanda, ariko birangira ku munota wa nyuma batangaje ko bahombye, kandi bahemukiwe n’abo bafashije
Uncle Austin yavuze ko gushora imari mu muziki, bisaba ibirenze amafaranga kuko bigera no kumenya kugenzura amarangamutima