Urubanza rwa Sheikh Bahame Hassan rwashyizwe mu muhezo

Amakuru ku Rwanda - 08/01/2026 12:48 PM
Share:

Umwanditsi:

Urubanza rwa Sheikh Bahame Hassan rwashyizwe mu muhezo

Kuri uyu wa Kane, Urukiko rw’ibanze rwa Nyamata ruherereye mu Karere ka Bugesera rwaburanishije urubanza ruregwamo Sheikh Bahame Hassan ku byaha acyekwaho birimo icy’ishimishamubiri.

Sheikh Bahame Hassan yagejejwe ku rukiko rw’ibanze rwa Nyamata yunganirwa mu mategeko na Me Nyembo Emelyne wanasabye bwa mbere ko uru rubanza rwabera mu muhezo kubera ibishobora kuruvugirwamo.

Mu kubaza ubushinjacyaha, nabwo bwavuze ko byaba byiza uru rubanza rubereye mu muhezo hanyuma urukiko rwemeza ko uru rubanza rugomba kubera mu muhezo.

Ni urubanza rwagakwiye kuba rwarabaye ku wa 06 Muatarama 2026 ariko ruza kwimurirwa uyu munsi n’ubundi ku rukiko rw’ibanze rwa Nyamata. Impamvu yo kurusubika ni uko abashinjacyaha bari bagiye mu mahugurwa.

Sheikh Bahame Hassan yari umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, akaba akekwaho gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina kuri bamwe bajyanwa kugororerwa muri iki kigo.

Sheik Bahame Hassan  yabaye umuyobozi w’Ishami rishinzwe Iterambere ry’Umuryango n’Imibereho Myiza muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC).

Yamenyekaniye cyane mu Karere ka Rubavu kuko ari na we wakayoboye igihe kinini, akava kuri uwo mwanya mu mwaka wa 2015 afunzwe na none kubera ibibazo by’amasoko, aho yakekwagaho kwaka ruswa ya Miliyoni 4 Frw hamwe n’abo bakoranaga.

Bahame yafashwe ku wa 16 Ukuboza 2025 nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi rikorwa ku makuru y’uko hari abagororerwa mu kigo cya Gitagata b’igitsina-gore yizezaga gufasha mu mibereho yo muri icyo kigo yari ayoboye ndetse no kubahuza n’imiryango, akabakoresha ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...