Urakoze kudusigira isi nziza! Lionel Messi yunamiye Papa Francis watabarutse ku myaka 88

Imikino - 22/04/2025 8:23 AM
Share:

Umwanditsi:

Urakoze kudusigira isi nziza! Lionel Messi yunamiye Papa Francis watabarutse ku myaka 88

Umunyabigwi mu mupira w’amaguru ku isi, Lionel Messi, yagaragaje agahinda n’icyubahiro ku rugendo rw’uwari Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, watabarutse ku myaka 88.

Mu butumwa bwakoze ku mitima ya benshi, Messi yavuze amagambo yuje ikinyabupfura n’urukundo, agira ati: “Urakoze kudusigira isi nziza”, ashimira Papa Francis ku ruhare yagize mu kwimakaza amahoro, urukundo n’impinduka nziza ku isi.

Ubu butumwa bwari buherekejwe n’ifoto ya Messi na Papa Francis bafitanye urugwiro mu mwaka wa 2013, ubwo bahuriraga i Roma mbere y’umukino wa gicuti wahuje Argentine n’u Butaliyani. Muri uru ruzinduko, Messi yahaye Papa igiti cy’umwembe (olive tree) nk’ikimenyetso cy’amahoro n'ubusabane.

Bombi bakomoka muri Argentine. Papa Francis yavukiye i Buenos Aires mu 1936 ku babyeyi b’abimukira b’Abataliyani, naho Messi akomoka mu mujyi wa Rosario, akaba ari na ho yatangiriye urugendo rw’ubutwari rwatumye afasha igihugu cye kwegukana Igikombe cy’Isi cya 2022.

Papa Francis, witwaga Jorge Mario Bergoglio mbere yo gutorwa, ni we wabaye Papa wa mbere ukomoka muri Amerika, akanaba uwa mbere utari uwo ku mugabane w’i Burayi mu gihe cy’imyaka isaga igihumbi.

 



Umwanditsi:

Yanditswe 22/04/2025 8:23 AM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...