Iki
gikorwa cy’ubunyamanswa cyabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu, aho umusore
w’imyaka 22 yinjiye mu nyubako ya Kaminuza saa kumi n’ebyiri na 40 z’umugoroba,
yerekeza ku cyumba kinini cy’amateraniro kizwi nka Auditorium Maximum, maze
agirira nabi uyu mukozi wari ushinzwe kwakira abinjira.
Umuzamu
wagerageje gutabara nawe yakomeretse bikomeye, nk’uko byemejwe na Polisi. Nyuma
y’icyo gikorwa cy’ubugizi bwa nabi, uyu musore yahise atabwa muri yombi.
Amakuru
avuga ko uyu musore usanzwe ari umunyeshuri mu ishuri ryigisha amategeko, atari
asanzwe atuye i Warsaw. Ubutumwa bwatanzwe n’ubushinjacyaha buvuga ko hagikorwa
iperereza ngo hamenyekane impamvu zaba zatumye akora icyo gikorwa kigayitse.
Mu
itangazo ryashyizwe ahagaragara na n’umuyobozi wa Kaminuza, Alojzy Nowak,
yavuze ko icyo gikorwa kibabaje kidasanzwe. Ati: “Twifatanyije n’umuryango wa
nyakwigendera, ndetse twafashe icyemezo cyo guhagarika amasomo kuri uyu wa Kane
mu rwego rwo kunamira uwo twatakaje.”
Minisitiri
w’Ubutabera, Adam Bodnar, wari uri mu yandi materaniro muri iyo kaminuza ubwo
byabaga, yashimye abashinzwe umutekano babashije kugera aho byabereye vuba
bagatanga ubutabazi.
Meya
wa Warsaw, Rafal Trzaskowski, yise iki gikorwa "ubwicanyi bw’agahomamunwa",
asaba ko uwabikoze "ahanwa bikomeye kugira ngo bibere abandi isomo."
Ibirori
ngarukamwaka by’umuziki bizwi nka Juwenalia, byari biteganyijwe kubera muri iyi
kaminuza ku wa Gatanu no ku wa Gatandatu, byahise bisubikwa mu rwego rwo
kwifatanya n’abafite intimba y’urupfu rwa mugenzi wabo.