Bobi
Wine, w’imyaka 43, witwa Robert Kyagulanyi mu izina ry’ukuri, yahatanaga ku
nshuro ya mbere mu matora ya Perezida yabaye mu 2021, aho yatsinzwe na Perezida
Yoweri Museveni wagize amajwi arenga 58% mu gihe Wine yagize 35%, ariko
ayavuzeho ko yibwe. Iyi izaba inshuro ya kabiri yagerageza kwiyamamariza
kuyobora Uganda.
Uyu
mukuru w’igihugu, Yoweri Museveni, umaze imyaka irenga 35 ku butegetsi, afite
imyaka 80 kandi aritezweho kongera kwiyamamaza.
Mu
kiganiro yagiranye na Reuters ku wa Gatanu, Bobi Wine yavuze ko yamaze
gutangaza ko ahari ku izina ry’itsinda rye. Ati: “Yego, nabigaragaje ku izina
ry’itsinda ryanjye.” Yavuze ko kuba azongera kwiyamamaza ari uburyo bwo
gukomeza urugamba rwo guharanira impinduka n’uburenganzira bwa rubanda.
Uyu
munyapolitiki yashinje ibihugu by’Uburayi na Amerika kwirengagiza ihohoterwa
ry’uburenganzira bwa muntu rikorwa n’ubutegetsi bwa Museveni.
Ati:
“Ibihugu byinshi by’Uburengerazuba bikomeje gukorana n’iyi Leta ihohotera
abaturage kubera inyungu z’ibyo bihugu aho gushyira imbere indangagaciro bivuga
ko bihagarariye."
Bobi
Wine avuga ko Eddie Mutwe, umwe mu bayobozi bakuru b’ishyaka rye akaba
n’umurinzi we bwite, yafashwe n’inzego z’umutekano agafungwa binyuranyije
n’amategeko ndetse agakorerwa iyicarubozo.
Ubuyobozi
bwa Uganda bwakomeje guhakana iby’ihohoterwa nk’ibi, ariko ibirego by’abatavuga
rumwe n’ubutegetsi ntibigeze bigaragara mu nkiko mu buryo bubigaragaza.
Nubwo
abamunenga bavuga ko nta bushobozi bwo kuyobora igihugu afite, Bobi Wine avuga
ko azashyira imbere uburenganzira bwa politiki, guharanira demokarasi, kurwanya
ruswa no guteza imbere abaturage.
Museveni,
umaze igihe kirekire ku butegetsi, akunze gushinjwa guhonyora ubwisanzure
bw’abatavuga rumwe na we, gufunga abamurwanya no gukoresha igitugu mu gukomeza kwicara
ku ntebe y’ubutegetsi.
Bobi
Wine avuga ko urugamba rwe rutari urw’umuntu ku giti cye, ahubwo ko ari
urw’abaturage bose bashaka impinduka.
Bobi
Wine wamamaye mu ndirimbo nka ‘Ghetto’, ‘Funtula’ yakoranye na Bebe Cool, ‘Kiwani’
yatangaje ko agiye kongera guhatanira kuyobora igihugu cya Uganda