“Umukunzi wanjye niwe uzababyara” – Umuhanzikazi Darkoo udakozwa ibyo gutwita

Imyidagaduro - 18/07/2025 7:29 AM
Share:

Umwanditsi:

“Umukunzi wanjye niwe uzababyara” – Umuhanzikazi Darkoo udakozwa ibyo gutwita

Umuraperikazi akaba n’umuhanzi w’Umunya-Britaniya ukomoka muri Nigeria, Oluwafisayo Isa wamamaye ku izina rya Darkoo, yatangaje ko ageze mu gihe yumva ashaka kugira abana, ariko ko atazigera yifuza kubatwita.

Uyu muhanzikazi usanzwe azwi nk’umutinganyi, yavuze ko nubwo yumva afite ubushake bwo kuba umubyeyi, adashaka ko ari we ubatwita, ahubwo ko umukunzi we ari we uzabyara.

Mu kiganiro yagiranye na Madame Joyce, yagize ati: “Ndi mu gihe cy’ubuzima aho numva nifuza abana. Nizeye ko nabasha kuba umubyeyi mwiza, ariko sinshaka kubatwita. Umukunzi wanjye ni we uzabikora.”

Darkoo yasobanuye ko kuba umubyeyi atari ukwibaruka gusa, ahubwo ko ari urukundo, kwitanga no kurera. Yagaragaje ko umwana atari uw'umuntu kubera ko bahuje amaraso gusa, ahubwo ko aba uw'umuntu kuko ashoboye kumwitangira kandi amukunda.

Mu mwaka wa 2024, Darkoo yahamije ko yatinyutse kubwira ababyeyi be ko ari umutinganyi, ibintu avuga ko byatumye yumva aguwe neza. Yagize ati: “Kugira ibyo mbabwira byari nk’ikintu cyari kimpambiriye. Kubibabwira byatumye numva nezerewe, numva nemeye uwo ndi we, kandi mama yabyakiriye neza.”

Uyu muhanzi ashimangira ko ubwisanzure bwo kuvuga uwo uri we n’ubushobozi bwo kugira amahitamo ku buzima bwite ari ibintu bikomeye kandi by’agaciro ku muntu wese.

Umuhanzikazi Darkoo arifuza abana ariko ntakozwa ibyo gutwita

REBA HANO INDIRIMBO YE YAKUNZWE CYANE YISE "FAVORITE GIRL"


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...