Mu butumwa yashyize kuri
Instagram ku wa 9 Nyakanga, Yansaneh w’imyaka 31 yavuze ko ibyo yamenye
byamukomerekeje bikomeye, by’umwihariko kubona ko umusore bakundana yabikoreraga
mu ibanga rikomeye kandi akabikora atanibutse uburyo bwo kwirinda, ibintu
bishobora gushyira ubuzima bwe n’ubw’umwana mu kaga.
Yagize ati: “Hari ubwo
umugore aca bugufi, agakora byose uko bikwiye ku buryo we n’umwana bazagira ejo
heza, ariko bikarangira asubijwe inyuma. Mu gihe dutegereje umwana wacu
yanshiye kandi abikora nta kwirinda. Ibi byose byabaye nta
n’ikimenyetso na kimwe nigeze mbona kibigaragaza.”
Yavuze ko yatunguwe no
kumenya ukuri, aho bamwe mu bagore barenga 25 bamwandikiye bamusobanurira uko
baryamanye n’uwo musore. Yashimiye abo bagore ku bw’ukuri bamweretse, asaba
abantu bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga kumusabira ku Mana, by’umwihariko
umwana atwite.
Bukeye bwaho, Yansaneh
yashyize hanze amafoto ya 'screenshots' agaragaza ubutumwa bwo kuri telefoni
n’amajwi y’abagore batandukanye bavuga uko baryamanye n’uwo musore. Umwe yagize
ati:
Muri ubwo butumwa, Sadia
yanasangije abamukurikira ijambo bivugwa ko ryanditswe n’uyu musore amushinja
kumushyira hanze, aho yamwandikiye ati:
Yansaneh yahise
amusubiza mu butumwa burimo agahinda n’umujinya, agira ati:
Yasoje avuga ko hashize
amasaha 72 ibyo byose bigaragaye, ariko uwo musore atigeze amusaba imbabazi
na rimwe, ahubwo yahisemo kuryumaho akirengagiza uko ibintu biteye, nta
n’impuhwe amugaragariza.
Ati: “Umwana wanjye ni we unkeneye kurusha ikindi cyose ubu, kandi ndashimira Imana ko namenye ukuri hakiri kare. Nize isomo rikomeye.”