Iri rushanwa ritegurwa ku
bufatanye na Rwanda Automobile Club (RAC), rikazahuza abatwara amapikipiki
bakina umukino wa Enduro, aho bazahangana mu nzira zitoroshye zigenewe
kugerageza ubuhanga bwabo, kwihangana ndetse n’ubushobozi bwo kunyura mu
mihanda itaringaniye.
Umuko Enduro Challenge ni
kimwe mu byiciro bigize Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa kuri moto [Rwanda Motorcycle Championship] bityo
iri rushanwa rikaba ari ingenzi mu iterambere no mu guteza imbere siporo ya
moto mu Rwanda.
Irushanwa rikazatangira
saa mbili za mu gitondo, rikomeze kugeza saa cyenda ( 08:00 a.m - 03:00 p.m),
aho abatwara moto bazanyura mu nzira zateguwe ku buryo bubasaba gukoresha
imbaraga, ubwitonzi n’ubuhanga mu kuyobora moto ahantu hagoye.
Usibye amarushanwa, uyu
munsi uzaba n’umwanya wo guhuza abakunzi ba siporo ya moto, imiryango, inshuti
n’abandi bakunda ibikorwa by’imyidagaduro n’ubukerarugendo, kuko Umuko Lodge
iherereye ahantu nyaburanga ku nkengero z’ikiyaga cya Muhazi.
Kwinjira ku bareba
irushanwa ni ubuntu, bityo abaturage n’abandi bashaka kwitabira bazaba bemerewe
kugera aho irushanwa rizabera nta kiguzi cyo kwinjira.
Umuziki n’imyidagaduro
nyuma y’amarushanwa
Nyuma y’uko amarushanwa
arangiye, ibikorwa byo kwidagadura bizakomeza kuri Umuko Lodge.
Umuhanzi nyarwanda OKKAMA
azasusurutsa abazitabira iki gikorwa mu gitaramo kizaba nyuma y’amarushanwa,
hakazakurikiraho n’imyidagaduro izatangwa na DJ.
Abategura iki gikorwa
bavuga ko guhuza amarushanwa ya moto, ubukerarugendo bwo hanze, umuziki
n’imyidagaduro bizatuma Umuko Enduro Challenge iba igikorwa gikomeye kizahuza
abakunzi ba motorsport n’abandi baturage.
Abaterankunga
n’abafatanyabikorwa
Umuko Enduro Challenge
ishyigikiwe n’abaterankunga n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo KEYRUS
RWANDA LTD, Virunga Water, Balton Rwanda, Rwanda Motor, Suzuki, Sonatubes,
Araka Digitalisation, Kabisa, Factory Link, Umuko Lodge, La Galette na Fenghao,
n’abandi.
Abategura irushanwa
bashimiye aba bafatanyabikorwa ku ruhare rwabo mu guteza imbere no
kumenyekanisha siporo ya moto mu Rwanda, ndetse no gutanga umusanzu mu kongera
amahirwe yo gukurura abantu benshi muri uyu mukino.
Virunga Water na yo iri
mu bashyigikiye iki gikorwa, aho izagira uruhare mu gutanga amazi afasha
abakinnyi, amakipe n’abazitabira irushanwa gukomeza kubona amazi meza yo kunywa
mu gihe cy’ibikorwa.
Umuko Enduro Challenge ni
irushanwa ryo gutwara moto mu mihanda itaringaniye rigamije guhuza abatwara
moto n’abakunzi b’uyu mukino, mu gihe hanatezwa imbere siporo ya Enduro
n’ubukerarugendo bushingiye ku bikorwa byo kwidagadura no gusura ahantu nyaburanga
mu Rwanda.
Abakunzi ba motorsport, abaturage ndetse n’itangazamakuru baratumiwe kwitabira iki gikorwa no kwirebera imbonankubone amarushanwa azabera ku nkengero z’ikiyaga cya Muhazi.



Umuko Enduro Challenge igarukanye udushya ku nshuro ya gatatu
