Umugore yatawe muri yombi nyuma yo koherereza umugabo bahuye inshuro imwe ubutumwa burenga 159,000

Utuntu nutundi - 14/07/2025 7:57 AM
Share:

Umwanditsi:

Umugore yatawe muri yombi nyuma yo koherereza umugabo bahuye inshuro imwe ubutumwa burenga 159,000

Jacqueline Claire Ades, umugore wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ari mu maboko y’ubutabera nyuma yo gukekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’umugabo bahuye umunsi umwe gusa, ariko bikarangira amwoherereje ubutumwa bugufi burenga 159,000 mu gihe cy’amezi icumi.

Amakuru yatangajwe n’urwego rwa polisi muri leta ya Arizona agaragaza ko uyu mugore yagiye yohereza ubwo butumwa ku kigero kiri hejuru cyane, aho byagaragajwe ko nibura yoherezaga ubutumwa bugufi bugera kuri 530 ku munsi.

Bumwe muri ubwo butumwa bwari burimo amagambo akanganye ndetse ateye ubwoba ku buryo byabaye ngombwa ko inzego z’umutekano zitangira kubikurikirana byihuse.

Uyu mugore bigaragara ko akuze, ngo yahuye n’uwo mugabo inshuro imwe gusa, ubwo bagiranaga ibiganiro byihariye. Nyuma y’iyo nshuro imwe, Jacqueline avuga ko yatangiye kumwiyumvamo bidasanzwe, ndetse kugeza ubwo amwiyumvisemo nk’umugabo yagenewe kubana na we ubuzima bwe bwose.

Ubwo uwo mugabo yari hanze y’igihugu, Jacqueline yamenye aho atuye, aragenda amwinjirira mu nzu. Camera z’umutekano ziri muri iyo nzu zamufashe ari kuyigendagendamo, maze nyirayo abonye ayo mashusho ahita ahamagara polisi. Abapolisi bageze aho Jacqueline yari ari bamusanga mu cyumba cy’ubwogero bw'uwo mugabo arimo kwiyuhagira, bamuta muri yombi ako kanya.

Nubwo yari amaze gufatwa, ntibyabujije Jacqueline gukomeza kohereza ubutumwa bugufi bwuzuyemo amagambo y’uburakari, birushaho gutuma dosiye ye iba ndende imbere y’ubucamanza. Mu butumwa bumwe yigeze kohereza, yaragize ati: "Nateka sushi nkoresheje impyiko zawe, hanyuma amagufwa y’intoki zawe nkayakoresha nk’utwuma dufata sushi."

Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru ari muri gereza, Jacqueline yavuze ko yari yizeye ko uwo mugabo ari umuntu bagenewe kuzabana. Ati: “Numvaga nabonye umuntu wanjye twagenewe kubana. Numvaga ko ibintu byose bigiye kugenda uko nabyifuzaga, ko tuzabana nk’abandi bantu bose bakundana, tukarushinga, ariko si ko byagenze.”

Jacqueline ari gukurikiranwa n’ubutabera, aho aregwa icyaha cyo kwinjira mu nzu y’abandi ku ngufu, ndetse n’ibindi byaha byiganjemo gukurikirana umuntu mu buryo bw’ubugizi bwa nabi no kumutera ubwoba akoresheje ikoranabuhanga.

Umugore yatawe muri yombi nyuma yo koherereza umugabo bahuye inshuro imwe gusa ubutumwa bugufi burenga 159,000


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...