Umubyeyi we yayoboye Umudugudu! Burikantu ku havuye gutangira ‘Mutuelle de sante' abaturage muri Bugesera- VIDEO

Imyidagaduro - 21/10/2025 8:00 AM
Share:

Umwanditsi:

Umubyeyi we yayoboye Umudugudu! Burikantu ku havuye gutangira ‘Mutuelle de sante' abaturage muri Bugesera- VIDEO

Mwitende Abdoulkarim uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Burikantu, yongeye kugaragaza urukundo n’umutima wo gufasha, nyuma yo kwishyurira Mutuelle de Santé imiryango itatu igizwe n’abantu 26 bo mu Karere ka Bugesera

Uyu mukinnyi wa filime wamenyekanye cyane muri filime nka 'Indoto' n’ibiganiro byo kuri YouTube, yavuze ko icyifuzo cyo gufasha abatishoboye cyakomotse ku byo yabonye mu gihe umubyeyi we yayoboraga Umudugudu, ari nabwo yamenye neza imibereho y’abaturage batishoboye.

Burikantu yari mu bitabiriye umuganda rusange wakozwe n’abahatanye mu iserukiramuco Mashariki African Film Festival, wabereye mu Mudugudu wa Kamabuye, Akagari ka Nyabagendwa, Umurenge wa Rilima, mu Karere ka Bugesera.

Uwo muganda witabiriwe n’abayobozi mu nzego z’ibanze, abaturage bo mu Kagari ka Ntarama, abanyeshuri bo muri Nyamata ndetse n’abategura iri serukiramuco barimo n’Umuyobozi waryo, Tresor Nsenga.

Mu bikorwa by’umuganda harimo gutegura ubutaka buzaterwamo ibiti, gucukura imyobo y’ahazaterwa amashyamba n’ibindi bigamije kubungabunga ibidukikije no guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Uyu muganda kandi wabaye mu rwego rwo kwitegura umunsi wo gutangiza igihembwe cyo gutera ibiti ku rwego rw’igihugu, giteganyijwe kuba tariki 25 Ukwakira 2025.

Ubwo Burikantu yaganirizaga abaturage, yavuze ko n’ubwo yari yaje kwitabira ibikorwa bya Mashariki Film Festival, yanifuje kugaragaza urukundo ku baturage bo muri ako gace.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Burikantu yavuze ko gutanga ubwisungane mu kwivuza kuri iriya miryango byaturutse ku kuba umubyeyi we yarabaye Umukuru w’Umudugudu.

Ati: “Mama wanjye yabaye Umukuru w’Umudugudu, bityo nzi neza ibibazo biri mu Mudugudu. Nzi abana batabona ibikoresho by’isuku, nzi n’abaturage badafite Mutuelle de Santé. Natekereje nti simfite byinshi, ariko nshobora kwishyurira Mutuelle de Santé imiryango itatu, kuko ubwo bushobozi Imana yarabumpaye. Nabishyuriye Mutuelle y’umwaka ukurikiyeho.”

Yongeyeho ko yatunguwe no gusanga iyo miryango ifite abantu benshi kurusha uko yatekerezaga. Ati “Natekerezaga ko ari abantu bacye, ariko nasanze ari 26. Gusa ni byiza, kuko Imana yampaye byinshi, nanjye nkabisangiza abandi.”

Umwe mu babyeyi bahawe ubwisungane mu kwivuza yashimiye Burikantu ati: “Nageragezaga gutanga Mutuelle de Santé ariko rimwe na rimwe byananiraga. Imana imuhe umugisha ku byo yakoze.”

Umuyobozi w’Umudugudu wa Kamabuye, Habimana Faustin, yashimye iki gikorwa cy’uyu mukinnyi wa filime, avuga ko yatanze umusanzu ukomeye ufasha imiryango itishoboye kubona ubwisungane mu kwivuza.

Ati: “Burikantu yatanze amafaranga y’inyongera angana n’ibihumbi 78 Frw yo kwishyurira abantu 26. Ni igikorwa cy’indashyikirwa cyafashije imiryango yari yatoranyijwe mu yandi afite ubushobozi bucye, kuko n’ubundi yari mu yatoranyijwe muri gahunda yo kubakirwa inzu na Leta.”

Iki gikorwa cy’uyu musore cyashimishije benshi, kikaba cyerekana uburyo abahanzi n’abanyempano bakwiye gukoresha ubwamamare bwabo mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, nk’uko Burikantu yabigenje muri Bugesera.


Nyuma y’uko umubyeyi we ayoboye Umudugudu, Burikantu yahisemo gufasha imiryango itatu itishoboye muri Bugesera

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA ‘BURIKANTU’


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...