Umubyeyi ahora yifuza ko umwana we aba uwa mbere - Aline Gahongayire ku ifungwa rya Grace Room

Imyidagaduro - 12/05/2025 11:59 AM
Share:

Umwanditsi:

Umubyeyi ahora yifuza ko umwana we aba uwa mbere - Aline Gahongayire ku ifungwa rya Grace Room

Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yatangaje ko nta gikuba cyacitse kubera ifungwa rya ‘Grace Room’, ahubwo ko icyemezo cy’Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Imiyoborere RGB (Rwanda Gouvernance Board), kigaragaza ko hari ibintu bimwe na bimwe byakorwa kugira ngo ibintu bijye ku murongo.

Gahongayire uzwi cyane mu ndirimbo nka ‘Ndanyuzwe’, yavuze ibi nyuma y’ifungwa rya ‘Grace Room’ biturutse ku cyemezo cya RGB cyasohotse ku wa Gatandatu tariki 10 Gicurasi 2025. Muri icyo cyemezo, RGB yavuze ko Grace Room’ yafunzwe kubera ko hari ibitagenda neza mu mikorere yayo.

Mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Gahongayire yasobanuye ko ‘Grace Room’ ari igisobanuro cy’icyumba cy’ubuntu, aho yavuze ko ‘Grace Room’ atari inyubako gusa, ahubwo ari umuryango w’ubuntu, aho abantu bahabonye amahirwe yo gukira, kuramya Imana no kubohoka.

Yavuze ko ibyo byose bidashobora gufungirwa, ahubwo ko bizakomeza kubera ko ‘Grace Room’ ifite intego yo gufasha abantu. Aragira ati: “Muri ubwo buntu harimo gukira indwara, kuramya Imana no kubohoka. Ibyo ntabwo byafungiranywe, ahubwo bizakomeza, kandi ibyiza bizakomeza kugaragara.”

Aline Gahongayire yabwiye abagiriwe amahirwe yo kuba muri ‘Grace Room’ ko: “Ubwiza bwa kabiri buzaba burusha ubwa mbere.”

Yavuze ko isohoka ry’itangazo rya RGB rigaragaza ko hari ibikwiye gukosorwa kugira ngo ‘Grace Room’ ikomeze kurabagirana, maze ngo ikomeze gufasha abanyarwanda mu buryo bwiza.

Yavuze ko nta gikuba cyacitse, kuko “RGB nk’umubyeyi ureberera igihugu” yifuza ko ‘Grace Room’ iba iya mbere. Ati: “RGB ni umubyeyi utureberera. Iyo umwana ari uwa kabiri, igihe cyose umubyeyi ashaka ko aba uwa mbere. Icyo RGB ishaka ni uko Grace Room iba iya mbere, kandi kugira ngo ibe iya mbere hari ibyo bagomba gutunganya.”

Gahongayire yavuze ko ibikorwa bya ‘Grace Room’ byakozwe muri BK Arena ndetse n’ibiterane byo hirya no hino bigaragaza ko bayobowe n’Imana kandi bifite ingaruka nziza ku rubyiruko no ku muryango nyarwanda.

Yavuze kandi ko nyuma y’ibitangaza yabonye mu minsi ishize, harimo ubuhamya bw’abitabiriye ibikorwa bya ‘Grace Room’ bagaragaza ko binyuze muri gahunda ya ‘Grace Room’ bakiriye agakiza, baretse ibiyobyabwenge, ndetse hari n’ababyeyi bagaragaje ko bakiriye inkuru nziza mu muryango.

Aline Gahongayire yifashishije ubuhamya bw’abitabiriye ibikorwa bya ‘Grace Room’, aho bamwe bavuze ko baretse ibyaha, asaba ababarizwa muri ‘Grace Room’ gukomezanya amavuta yaturutse ku myigishirize ya Pasiteri Julienne Kabanda, kandi bakumva ko igihugu kibifuriza ibyiza.

Yavuze ko nubwo yitabiriye ibikorwa bya ‘Grace Room’ inshuro imwe gusa, yishimiye ibyiza Pasiteri Julienne Kabanda agezeho. Ati: “Dufatanye dusengere Pasiteri Julienne, tumwereke ko ibyiza yaduhaye atabyaye abagwingira, ahubwo yabyaye abakura.”

Gahongayire yasabye abantu batanze ubuhamya muri ‘Grace Room’ gukomeza gusenga igihugu n’imiryango yabo. Ati: “Igihugu ni umubyeyi, kirashaka ko umwana aba uwa mbere. Imana ibahe umugisha, kandi kuramya gukomeze kuba kwinshi muri mwe. Numvaga nta biceceka, kubera ko ndi umuramyi.”

Aline Gahongayire yasabye abasengera muri ‘Grace Room’ gukomeza kubakira ku bikorwa byo kuramya, no gusengera Pasiteri Julienne

GAHONGAYIRE AVUGA KU HAZAZA HA GRACE ROOM NYUMA YO GUFUNGWA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...