Uko Mashirika na ArtRwanda-Ubuhanzi bahagurukiye kuzamura impano z’ababyinnyi hubakwa Umuryango Nyarwanda - AMAFOTO

Imyidagaduro - 10/05/2025 10:19 AM
Share:

Umwanditsi:

Uko Mashirika na ArtRwanda-Ubuhanzi bahagurukiye kuzamura impano z’ababyinnyi hubakwa Umuryango Nyarwanda - AMAFOTO

Impano yo kubyina si ikintu gikorwa n’umuntu wabuze icyo akora cyangwa ngo gikorwe n’umuntu ushaka kwiruhukira gusa, ahubwo ni umwuga ushobora gutunga uwukora ndetse ukanagira uruhare mu iterambere rya sosiyete, binyuze mu gutanga ubuhamya bushobora kugarura amahoro, urukundo n’ubumwe mu bantu. Ariko kandi, iyo uyu mwuga udakozwe mu nzira nziza ushobora kugeza abantu ku myumvire mibi.

Kuwa Gatanu tariki ya 9 Gicurasi 2025, kuri Kigali Serena Hotel habereye gahunda yitwa “Genesis Dance Showcase” igamije kuzamura iterambere ry’ababyinnyi bakizamuka ndetse ikanabahuza n’abantu b’inararibonye babafasha kwagura no kubyaza umusaruro impano zabo.

Abanyempano bamurikaga impano zabo ni abitabiriye gahunda ya ArtRwanda-Ubuhanzi, nyuma bagahugurwa n’Itorero Mashirika ryagiye rifasha abanyempano batandukanye  bavuyemo ibyamamare uyu munsi, kugira ngo bafashwe gutyaza impano zabo zibashe kuva ku rwego rumwe zigere ku rundi rwisumbuye.

Icyari kigamijwe ni ukubafungura amaso ngo babashe gutekereza kure, babone ko kubyina bishobora no gukorwa mu buryo bubyara inyungu, ndetse n’uko bakwitwara ngo impano zabo zigire ahandi zigera kandi heza kurushaho.

Kimwe mu byo basobanuriwe ni uko kubyina atari ukunyeganyeza ibice by’umubiri gusa, ahubwo ari ukubikora mu buryo butanga ubutumwa ku buryo umureba abyina hari icyo ashobora gutahana kirenze ibyishimo.

Iki gikorwa cyateguwe ku bufatanye na ArtRwanda-Ubuhanzi, cyagaragayemo abanyempano baturutse mu cyiciro cya gatatu cy’iyi gahunda. Intego yari ukugabanya icyuho kiri hagati y’ababyinnyi bakizamuka n’uruganda rw’ubuhanzi bw’umwuga mu Rwanda, hagaragazwa kubyina nk’uburyo bukomeye bwo gutanga ubutumwa no kugira uruhare mu mpinduka nziza.

'Genesis' yatanze urubuga ruhindura imitekerereze, aho ababyinnyi bafatanya n’abacuranzi ba muzika, abahanzi b’abanyamideli bakizamuka n’abakora ibijyanye n’ubugeni bushingiye ku ikoranabuhanga. Iri serukiramuco ryatangiye guha ababyinnyi amahirwe yo kugerageza uburyo bushya bwo kugaragaza ubuhanzi bwabo ndetse no kwiyungura ubunararibonye mu mwuga.

Hope Azeda, washinze akaba anayobora Mashirika, yagize ati: “Genesis ni intangiriro y’uburyo bushya bwo gutambutsa inkuru, aho imbyino, umuziki n’ubugeni bihuzwa mu kugaragaza ishusho y’ubuzima, ubushake n’ubudahangarwa bw’urubyiruko rw’u Rwanda mu rugendo rwo guhanga no kwihangira imirimo.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko impamvu iki gikorwa bagihaye izina rya 'Genesis' kubera ko iyi ari intangiriro y’ibintu bishya, aho bazajya bafasha urubyiruko gushyira mu ngiro ubumenyi basanganwe. Ati: “Impamvu twanabitangiye gutya uyu munsi, ni uko turi kugerageza gukoresha ubuhanzi icyo bwagakwiye kuba bukora. Turi kugerageza guhuza tekinoloji n’ubumuntu.”

Urubyiruko rwerekanye imbyino zitandukanye zibumbatiye inkuru zihariye ku buzima bwabo, harimo n’iz’abagowe no kumvisha ababyeyi babo ko biyumvamo kandi bifuza gukora ubuhanzi.

Hope abikomozaho yagize ati: “Nkanjye njya gukora ubuhanzi, Papa yarambajije ngo ‘ese ibyo bizakugurira umugati?’ Ariko ubuhanzi ni ibiryo by’ubugingo.”

Yagaragaje ko ubuhanzi ari cyo kintu cyonyine gishobora gutangirira hafi no kuvura urubyiruko ruri guhura n’agahinda gakabije, aho bamwe bagera ku rwego rwo gushaka no kwiyambura ubuzima bitewe n’uko ababyeyi batabumva ndetse n’igitutu cy’imbuga nkoranyambaga byose bibereka ko ntacyo bamaze ku Isi.

Umutoza w’aba babyinnyi, Joseph Ssali, yatangaje ko yanejejwe no kubona abanyempano bagaragaza umusaruro w’ibyo bamaze igihe bategura, avuga ko icyamushimishije ari ukubona ko batari biteguye gukurura ababarebaga gusa, ahubwo bari bashishikajwe no kugaragaza ibibarimo.

Mashirika Performing Arts and Media ni imwe muri sosiyete zimaze kugira izina rikomeye mu myidagaduro binyuze mu bikorwa bitandukanye bijyanye n’ikinamico n’ubundi bugeni bushamikiye ku nganda ndangamuco.

Ni ikigo cyashinzwe na Hope Azeda, umugore umaze igihe kinini mu bikorwa by’imyidagaduro mu Rwanda ndetse wize ibijyanye n’ubugeni mu mashuri akomeye nka Institute for the Arts and Civic Dialogue no muri Brown University International Advanced Research Institute.

Mashirika ni yo itegura Ubumuntu Arts Festival, ihuriza hamwe abanyempano batandukanye ku Isi yose bagatanga ubutumwa bwiganjemo ubw’amahoro n’urukundo muri rubanda.

Hari abantu batandukanye bafite amazina akomeye uyu munsi banyuze muri iri torero rimaze gushinga imizi mu Rwanda rikabafasha kugwiza impano, abandi bagahera ku musingi bagenda bamenya impano zibihishemo batari bazi. Muri abo harimo Anita Pendo, Umuhire Eliane, Malaika Uwamahoro, Arthur Nkusi, Andy Bumuntu n’abandi.

Frank Niyonkuru mu mibyinire idasanzwe ibumbatiye inkuru yise ‘Isura mpisha’

Eric Tuyishime yagaragaje igisobanuro cy’ubuzima n’uwo yifuza kuba we

Hirwa Christian yerekanye urugendo rutoroshye abanyempano banyuramo

Irabizi Samuel yagaragaje impano ye mu mbyino gakondo

Hope Azeda, Umuyobozi wa Mashirika


Joseph Ssali niwe watoje ababyinnyi bari muri Gahunda ya Genesis


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...