Ubuzima bushaririye Uwineza yanyuzemo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bwamubereye isoko yo kwita ku mpfubyi

Amakuru ku Rwanda - 01/08/2025 1:43 PM
Share:

Umwanditsi:

Ubuzima bushaririye Uwineza yanyuzemo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bwamubereye isoko yo kwita ku mpfubyi

Uwineza Florence, Umunyarwandakazi warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yatangaje ko ubuzima bushaririye yanyuzemo bwamuhaye amasomo y’urukundo n’icyizere, bituma atangiza ku mugaragaro yise ‘Amor Foundation Inc’ igamije gufasha abana b’imfubyi, abo ku muhanda n’impunzi.

Uyu muryango yawufunguye ku mugaragaro ku wa 27 Nyakanga 2025 i South Bend muri Leta ya Indiana, USA. Ni inzozi Uwineza yari amaranye imyaka, kuva akiri umwana muto utagira kivurira.

Yarokokeye ku Mubuga mu Karongi, aho Jenoside yasize ari imfubyi afite imyaka ine. Avuga ko ubuzima yanyuzemo bwo kwimurwa mu miryango itanu itandukanye, rimwe na rimwe mu buzima butoroshye, bwamuhaye ishusho y’ubuzima bw’imfubyi n’abo babayeho batagira urukundo n’inkunga.

Uwineza yabwiye InyaRwanda ati: “Naragize nti sinifuza kuzabona undi mwana abana nk’uko nabayeho. Ni yo mpamvu navuze ko nikura nzagira icyo nkora ku mfubyi.”

Amor Foundation yatangiye gukora muri Gashyantare 2025 muri Amerika, ariko kuri ubu inakorera mu Rwanda mu Karere ka Gasabo aho ifasha abana 30 barimo n’abahujwe n’imiryango yabo.

Uyu muryango uharanira gufasha abana kubona icyizere cy’ejo hazaza binyuze mu bikorwa bitandukanye nko kwigishwa kubyina, imikino njyarugamba (Karate), no kuvuga imivugo mu rwego rwo kubafasha kugaragaza no guteza imbere impano zabo.

Uwineza avuga ko yagize igitekerezo cyo gutangiza Amor Foundation ubwo yigaga muri Kaminuza ya Kigali, ubwo yakoraga ibiganiro n’abakobwa b’imfubyi bagenzi be, baganira ku bibazo bahura na byo no gushaka uko bakwiyubaka badateze amaboko.

Yagize ati: “Icyo gihe sinari mfite amafaranga, ariko nabonye ubushake. Nari nzi ko mfite uburambe, ububabare n’urukundo. Ibyo bitatu byamfashije kubona intego yo gufasha abandi.”

Uwineza afite icyifuzo cyo kugeza uyu muryango ku rwego mpuzamahanga, afashijwe n’uko yawushingiye ku ntego ifatika n’umutima wuje urukundo. Yagize ati: “Iyo mbona intambara aho ziri hose ku Isi nkabona abana batakaje ababyeyi, numva ndakomeretse. Amor Foundation ni umusanzu wanjye ku Isi.”

Yongeyeho ko kuva muri Nzeri 2025, uyu muryango uzatangira gukorana na Leta y’u Rwanda mu rwego rwo gufasha imiryango itishoboye no gushaka uko abana bo ku muhanda bashyirwa mu miryango cyangwa bagafashwa kwiyubaka.

Perezida wa Diaspora Nyarwanda muri Amerika, Léonard Kwitonda, yashimye ibikorwa bya Uwineza ati: “Turashima umuhate wa Amor Foundation mu kubaka Igihugu cyacu no guhindura ubuzima bw’abana.”

Uwineza Florence yemeza ko urukundo ari ryo shingiro rya byose. Yagize ati: “Impamvu nise Umuryango wanjye Amor Foundation ni uko nshaka ko urukundo rwimakazwa. Iyo urukundo ruhari, isi irushaho kuba nziza.”

Mu butumwa bwe ku rubyiruko, Uwineza yasabye abato kutishora mu ngeso mbi no kutagwa mu gahinda, ahubwo bakagira icyizere cyo kwiyubaka. Avuga ati “Ntibagomba kwiyandarika, kwiyahura cyangwa kwishora mu biyobyabwenge. Ejo habo harashoboka.”

Uwineza Florence ubwo yafunguraga ku mugaragaro Amor Foundation Inc muri Leta ya Indiana muri Amerika  


Uwineza Florence yatanze ikiganiro kibanze ku buzima busharira yanyuzemo mbere y’uko atangira guhindurira abandi ubuzima 

Ibikorwa bya Amor Foundation bigamije kugarurira icyizere abana baciye mu buzima bugoye, binyuze mu mikino, imivugo n’imbyino 

Uwineza Florence atanga ikiganiro ku kamaro ko gutanga urukundo ku bana b’imfubyi mu birori byo gutangiza Amor Foundation

 

Uwineza Florence yashimye Uwamahoro Xaverine wamureze nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 [Ubanza iburyo]; ubanza ibumoso ni Perezida w’uyu muryango yashinze, Macollester 

Léonard Kwitonda, Perezida wa Diaspora Nyarwanda muri Amerika, avuga ko ibikorwa bya Uwineza Florence ari ibyo gushyigikirwa 

Abitabiriye ibirori byo gufungura Amor Foundation barimo abayobozi bo muri Amerika n’Abihaye Imana bo muri Sisters of the Holy Cross; uwa kabiri uvuye iburyo ni Rutsobe, washinze One Nation Radio



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...