Ubuvuzi bufite ireme buragenda buboneka ku barwaye indwara za Rhematologie mu Rwanda

Ubuzima - 18/04/2025 7:43 AM
Share:

Umwanditsi:

Ubuvuzi bufite ireme buragenda buboneka ku barwaye indwara za Rhematologie mu Rwanda

Mu gihe u Rwanda rwari rufite umuganga umwe rukumbi w’inzobere mu kuvura indwara za Rhematologie mu baturage barenga miliyoni 14, ubufatanye bwihariye bwa Dr. Janvier Murayire na sosiyete y’imiti ya Pfizer bwabaye igisubizo gikomeye mu guhangana n’iki kibazo.

Ubu abarwayi barenga 2,500 bamaze kubona ubuvuzi bufite ireme binyuze mu bufatanye Dr. Janvier Murayire afitanye n’umushinga ‘Accord for a Healthier World’ wa sosiyete y’imiti ya Pfizer, ndetse hanatangijwe amahugurwa afasha kongera umubare w’abaganga b’inzobere hirya no hino mu gihugu. Ibi byose ni intambwe ikomeye mu kubaka ejo hazaza h’ubuvuzi bugezweho mu Rwanda.

Indwara za rhematologie ni indwara zibasira cyane ingingo, imikaya n’inyama nto zo mu mubiri, rimwe na rimwe zikanangiza inyama z’imbere nk’umutima, ubwonko n’ibihaha. Izi ndwara ziterwa n’uko ubudahangarwa bw’umubiri bwivumbura ku turemangingo twawo ubusanzwe tugomba kurinda, bigatera kubyimba kw’ingingo, ububabare bukabije, no kunanirwa kwinyeganyeza. Zimwe mu zizwi cyane harimo Rheumatoid Arthritis, Lupus, Gout, Osteoarthritis n’izindi, aho umurwayi ashobora kumara igihe kirekire arwaye cyangwa se akaba yatakaza ubushobozi bwo kongera kugira icyo yikorera kubera ubumuga zishobora kumuteza.

Dr. Murayire, ukuriye ishami ry’a ‘Internal Medicine’ ku bitaro bya King Faisal Hospital Rwanda, yahaye amahugurwa abarenga abaganga 10 b’inzobere mu buvuzi, ubu bashinzwe serivisi za rhematologie mu bitaro binyuranye by’igihugu, birimo CHUK, CHUB, Rwanda Military Hospital, Kibungo, Kibuye, Ruhengeri, Bushenge, Rwamagana na Ruhango. Abo baganga bamaze kwakira abarwayi barenga 2,500, babasha kubona ubuvuzi butigeze bubageraho mbere.

Ubu bufatanye bwanagize uruhare mu kongera ubumenyi ku baganga, abaforomo n’abandi bakozi b’ishami ry’ubuzima mu bitaro byo ku rwego rw’igihugu n’intara. Dr. Janvier avuga ko nubwo indwara za rhematologie zitica vuba, zibabaza cyane abarwayi kandi zikabasiga mu bwigunge. Yagize ati: “Ni indwara igukuramo mu muryango, ikagushyira ahantu hatandukanye, ariko iyo wakize ukagaruka mu muryango, biguha ibyishimo byinshi.”

Kuri ubu, Dr. Janvier afite icyizere cy’uko mu gihe kiri imbere, buri bitaro by’Akarere bizaba bifite umuganga w’inzobere mu ndwara za rhematologie.

Pfizer binyuze muri Accord, iri gufasha ibihugu biri mu nzira y’amajyambere kubona imiti n’inkingo ku giciro kitagamije inyungu. Ariko kugira ngo iyo miti igere ku bayikeneye, bisaba gukemura ibibazo by’inzego z’ubuzima harimo n’ubuke bw’abakozi. Ibyo nibyo byatumye uyu mushinga ushyira imbere uburezi n’amahugurwa mu rwego rw’ubuvuzi, ushyira hamwe n’abantu nka Dr. Janvier.

Yvonne K., umurwayi wa Rheumatoid arthritis, avuga ko yasanze abantu benshi baburaga ibisubizo kubera kubura inzobere n’ibijyanye n’ubujyanama. Ati: “Nabonaga abantu benshi batakaye, batagira aho berekeza, kuko nta bumenyi, nta na serivisi zihari.”

Undi murwayi witwa Janvier N. yahuye n’abaganga barenga 16 kugira ngo amenye ikibazo afite. Yagize ati: “Hari ikibazo gikomeye kuko iyi ndwara ntiyitabwaho, nta n’ubwishingizi buyifata. Umurwayi agomba kwishyura buri kintu cyose. Iyo udafite ubushobozi, nta muti ubona, nta buvuzi ukomeza guhabwa.”

Ibi byose byerekana akamaro k’ubufatanye nk’ubu bugamije guteza imbere ubuvuzi bufasha abaturage b’u Rwanda kubona serivisi zita ku buzima bwabo mu buryo burambye kandi bufite ireme.

Kubera uburemere bw’izi ndwara za Rhematologie n’ingaruka zigira ku buzima bw’abazirwaye, biba ngombwa ko zivurirwa ku gihe kandi n’abaganga bazisobanukiwe (abitwa ba rheumatologists) bakaba benshi. Ariko mu bihugu bimwe na bimwe aho babarirwa ku ntoki, abarwayi benshi babura ubuvuzi bukwiye, abandi bakivuriza ku baganga batabyigiye byimbitse.

Ibi bituma hari benshi bagendana ububabare bw’igihe kirekire, abandi bakabura ibisubizo nyabyo by’indwara zabo. Gukangurira abantu kumenya ibimenyetso by’izi ndwara no kongera abahanga mu kuzivura ngo ni imwe mu nzira igana ku muti urambye.

Dr, Murayire Janvier niwe muganga umwe rukumbi w'inzobere u Rwanda rwari rufite uzobereye mu kuvura indwara za Rhematoloie

Ubufatanye bwa Dr. Murayire na Phizer, bwatumye abarwaye indwara za Rhematologie mu Rwanda batangira kubona ubuvuzi bufite ireme

Abarwayi bagera ku 2,500 bamaze kubona ubuvuzi bufite ireme binyuze muri ubu bufatanye bwifashishijwe mu guhugura abaganga benshi mu Rwanda


Umwanditsi:

Yanditswe 18/04/2025 7:43 AM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...