Ubukungu bw’Afurika yo munsi y’Ubutayu buriyongera ariko hari ibihugu bigiteje impungenge - Banki y'Isi

Utuntu nutundi - 28/04/2025 12:04 PM
Share:

Umwanditsi:

Ubukungu bw’Afurika yo munsi y’Ubutayu buriyongera ariko hari ibihugu bigiteje impungenge - Banki y'Isi

Raporo nshya ya Banki y'Isi iteganya ko ibikorwa by’ubukungu muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bizazamuka bikava ku gipimo cya 3.3% muri 2024, kikagera kuri 3.5% mu 2025, kandi kikazakomeza kuzamuka kikagera ku 4.3% mu 2026-2027.

Nubwo bimeze gutyo ariko, haracyari imbogamizi ku ruhande rw'ibihugu bitatu bya Afurika byo munsi y’ubutayu birimo Afurika y’Epfo, Nigeria, na Angola, bigifite uruhare runini mu kugabanya izamuka ry’ubukungu muri aka karere.

Iyo raporo ivuga ko mu gihe ibyo bihugu bitatu bitagera ku rwego rw’ubukungu bwifuzwa, izindi ntara muri Afurika yo munsi y’ubutayu zitegerejwe kuzamuka ku gipimo cya 4.6% mu 2025, kikazazamuka kuri 5.7% mu 2026-2027. Gusa, icyerekezo cy’ubukungu muri aka karere kiracyahura n'ingorane zituruka ku mpinduka mu miyoborere y’ibihugu ndetse no ku mihindagurikire y’ikirere ku rwego rw’isi.

Ibiciro biri mu kugabanyuka ariko haracyari imbogamizi

Nk’uko Banki y'Isi ibivuga, mu 2024, ibihugu hafi 70% bya Afurika yo munsi y’ubutayu byagabanyije ibiciro by’ibicuruzwa kubera ingamba nziza mu micungire y’imari, ihinduka ry’imikorere y’isoko, ndetse no kugabanya ibiciro by’ibicuruzwa byambukiranya imipaka. Ariko, nubwo hari intambwe zatewe, ibiciro biracyari hejuru mu bihugu bimwe muri aka karere.

Mu bihugu 47 bigize Afurika yo munsi y’ubutayu, 14 birimo Angola, Ethiopia, Ghana, Malawi, Nigeria, Sudani, na Zimbabwe bigikomeje kugira ibiciro bigoye abaturage, ndetse bimwe muri byo bikaba byugarijwe n’ubwiyongere bw’ibiciro mu buryo bukomeye.

Banki y'Isi iteganya ko kugeza mu 2027, ibihugu bifite ibiciro biri hejuru ya 10% bizagabanuka bikagera kuri bitandatu gusa.

Ubukene buracyari hejuru, ariko hari icyizere

Raporo ya Banki y'Isi ivuga ko ubwiyongere bw’ubukungu muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara butazagera ku rwego rwo kugabanya ubukene bukabije, igihe cyose amafaranga ashorwa mu bihugu by’aka karere adahagije kugira ngo azane impinduka zikomeye ku mibereho y’abaturage.

Umushahara rusange ku muntu mu 2025 uteganyijwe kuzaguma hasi ho 2% ugereranyije n’aho wari uri mu 2015, ndetse nubwo ubwiyongere bw'amafaranga ku muntu buzazamuka ku gipimo cya 1.8% buri mwaka hagati ya 2025 na 2027, impinduka mu bukene zo zizaba nke.

Banki y'Isi iragaragaza ko ubukene bukiri hejuru, aho igipimo cy’ubukene kigiye kugera kuri 43.9% mu 2025, mbere yo kugabanyuka buhoro buhoro ku gipimo cya 43.2% mu 2027. Ibi byose bigaragaza ko ikibazo cy’ubukene muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara gikomeye, aho Banki y'Isi igaragaza ko gushyira imbaraga mu guhanga imirimo, mu gukuraho imbogamizi mu rwego rw’amasoko, no kugabanya ibiciro ari bimwe mu bisubizo by’ingenzi mu kugabanya ubukene.

Banki y'Isi yatangaje ko ubukungu bwa Afurika yo munsi y'Ubutayu bwa Sahara buzakomeza kwiyongera ariko hari ibihugu bicye bikomeje kudindiza iri terambere


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...