Nubwo bimeze gutyo ariko, haracyari imbogamizi ku ruhande rw'ibihugu bitatu bya Afurika byo munsi
y’ubutayu birimo Afurika y’Epfo, Nigeria, na Angola, bigifite uruhare runini mu kugabanya izamuka ry’ubukungu muri
aka karere.
Iyo raporo ivuga ko mu
gihe ibyo bihugu bitatu bitagera ku rwego rw’ubukungu bwifuzwa, izindi ntara muri
Afurika yo munsi y’ubutayu zitegerejwe kuzamuka ku gipimo cya 4.6% mu 2025,
kikazazamuka kuri 5.7% mu 2026-2027. Gusa, icyerekezo cy’ubukungu muri aka
karere kiracyahura n'ingorane zituruka ku mpinduka mu miyoborere
y’ibihugu ndetse no ku mihindagurikire y’ikirere ku rwego rw’isi.
Ibiciro biri mu
kugabanyuka ariko haracyari imbogamizi
Nk’uko Banki y'Isi
ibivuga, mu 2024, ibihugu hafi 70% bya Afurika yo munsi y’ubutayu
byagabanyije ibiciro by’ibicuruzwa kubera ingamba nziza mu micungire y’imari,
ihinduka ry’imikorere y’isoko, ndetse no kugabanya ibiciro by’ibicuruzwa
byambukiranya imipaka. Ariko, nubwo hari intambwe zatewe, ibiciro biracyari
hejuru mu bihugu bimwe muri aka karere.
Mu bihugu 47 bigize
Afurika yo munsi y’ubutayu, 14 birimo Angola, Ethiopia, Ghana, Malawi,
Nigeria, Sudani, na Zimbabwe bigikomeje kugira ibiciro bigoye abaturage,
ndetse bimwe muri byo bikaba byugarijwe n’ubwiyongere bw’ibiciro mu buryo
bukomeye.
Banki y'Isi iteganya ko
kugeza mu 2027, ibihugu bifite ibiciro biri hejuru ya 10% bizagabanuka bikagera
kuri bitandatu gusa.
Ubukene buracyari hejuru,
ariko hari icyizere
Raporo ya Banki y'Isi
ivuga ko ubwiyongere bw’ubukungu muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara butazagera ku
rwego rwo kugabanya ubukene bukabije, igihe cyose amafaranga ashorwa mu bihugu
by’aka karere adahagije kugira ngo azane impinduka zikomeye ku mibereho
y’abaturage.
Umushahara rusange ku
muntu mu 2025 uteganyijwe kuzaguma hasi ho 2% ugereranyije n’aho wari uri mu
2015, ndetse nubwo ubwiyongere bw'amafaranga ku muntu buzazamuka ku gipimo cya
1.8% buri mwaka hagati ya 2025 na 2027, impinduka mu bukene zo zizaba nke.
Banki y'Isi iragaragaza ko ubukene bukiri hejuru, aho igipimo cy’ubukene kigiye kugera kuri 43.9% mu 2025, mbere yo kugabanyuka buhoro buhoro ku gipimo cya 43.2% mu 2027. Ibi byose bigaragaza ko ikibazo cy’ubukene muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara gikomeye, aho Banki y'Isi igaragaza ko gushyira imbaraga mu guhanga imirimo, mu gukuraho imbogamizi mu rwego rw’amasoko, no kugabanya ibiciro ari bimwe mu bisubizo by’ingenzi mu kugabanya ubukene.