Ubukene bukabije mu rubyiruko rw’u Rwanda bwagabanyutseho 8.3%

Amakuru ku Rwanda - 22/04/2025 10:29 AM
Share:

Umwanditsi:

Ubukene bukabije mu rubyiruko rw’u Rwanda bwagabanyutseho 8.3%

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, yatangaje ko ubukene bukabije mu rubyiruko bwagabanyutse ku kigero cya 8.3% kugeza mu 2022.

Ibi Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, yabitanarije Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Mata 2025, igaruka ku cyo politiki y’urubyiruko yo mu 2015 imaze kugeza ku rubyiruko.

Minisitiri Dr. Utumatwishima Abdallah, yabwiye Abadepite bagize iyo komisiyo ko hari byinshi byakozwe mu gufasha urubyiruko kwihangira imirimo ndetse n’ishoramari Leta imaze gushyira mu mishinga y’urubyiruko mu nzego zinyuranye.

Minisitiri Dr Utumatwishima yerekanye ko urubyiruko ruri munsi y’umurongo w’ubukene rwavuye kuri 38,6% mu 2011 rugera kuri 29,6% mu 2022. Ati: “Ubukene bukabije mu rubyiruko rwavuye kuri 19,6% bugera kuri 11,3% mu 2022.”

Yabwiye Abadepite kandi ko umubare w’urubyiruko rugera kuri serivisi z’imari wavuye kuri 88% mu 2022, ukagera kuri 94% mu 2024.

Minisitiri Dr Utumatwishima yabwiye Abadepite ko ibikomeje kudindiza iterambere ry’urubyiruko bishingiye ku igwingira n’igipimo cy’amashuri kiri hasi. Imibare yerekana ko abana bari munsi y’imyaka itanu bagwingiye bari 43% muri 2012. Yavuze ko hakenewe gushyirwa imbaraga mu gutegura urubyiruko kuva ku bakiri bato kugira ngo ruzabashe kwiteza imbere.

Ibi bitangajwe nyuma y’uko Raporo y’ubushakashatsi bwa 7 bwa EICV7, igaragaje ko ubukene mu Rwanda bwagabanyutse ku kigero cya 10.8% kuva mu mwaka wa 2017, abarenga Miliyoni 1.5 bikura mu bukene.

Ubu ni ubushakashatsi bukorwa mu Rwanda n'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR – National Institute of Statistics of Rwanda). Bukorwa kugira ngo hamenyekane imibereho y’abaturage, bityo bigafasha mu igenamigambi n’ifatwa ry’imyanzuro ishingiye ku mibare n’imibereho by’abanyarwanda.

 

Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yatanaje ko ubukene bukabije mu rubyiruko bwagabanyutse ku kigero cya 8.3% 


Umwanditsi:

Yanditswe 22/04/2025 10:29 AM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...