U Rwanda rwakiriye inama y’Abayobozi b’Amashuri Makuru ya Gisirikare muri Afurika

Amakuru ku Rwanda - 10/11/2025 12:56 PM
Share:

Umwanditsi:

U Rwanda rwakiriye inama y’Abayobozi b’Amashuri Makuru ya Gisirikare muri Afurika

U Rwanda rwakiriye Inama ya 19 y’Abayobozi b’Amashuri Makuru ya Gisirikare yo muri Afurika aho yitabiriwe n’ibihugu 23.

Iyi nama ibereye bwa mbere mu Rwanda yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 ikazageza tariki ya 12 Ugushyingo 2025 aho iri kubera muri Hôtel des Mille Collines. Yitabiriwe n'abo mu Rwego rushinzwe Umutekano n'Amahoro mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, inzobere mu bya gisirikare, abafatanyabikorwa mu bya gisirikare, n'abahanga mu by'umutekano w'Akarere bo mu bihugu 23 .

Ibyo bihugu birimo  Cameroun, Misiri, Guinea, Libya, Mauritania, Maroc, Namibia, Nigeria, Sierra Leone, Malawi, Kenya, Ghana, Tanzania, Botswana, Burundi, Algeria, Zimbabwe, Togo, Uganda, Zambia, Centrafrique, Somalia n'u Rwanda.

Minisitiri w'Ingabo, Juvenal Marizamunda, yavuze ko ibiganiro bizabera muri iyi nama bikwiye gutanga umusaruro uhamye. Ati: “Ahazaza h’uburezi bwa gisirikare muri Afurika, hazibanda ku byo twemeranyijweho ndetse tukiyemeza kugera kuri iyi ntego.”

Yavuze ko iyi nama ari umwanya wo gufatanyiriza hamwe guhangana n'ibyaha bikura umunsi ku wundi birimo iterabwoba, ibyifashisha ikoranabuhanga ndetse n'ibyaha nyambukiranyamipaka.

Ati: “Gukemura izi mbogamizi bikenera abasirikare bafite ubumenyi bugezweho ndetse bafite ubushobozi bwo gukoresha ikoranabuhanga mu nshingano zabo. Ibi ni ingenzi mu kubaka ubunyamwuga bw’igisirikare mu kinyejana cya 21.”

Iyi nama ifite insanganyamatsiko igira iti: "Ejo hazaza h'amahugurwa n'amasomo ya gisirikare muri Afurika: Gukuraho icyuho cy'ikoranabuhanga". Iheruka yabereye mu Mujyi wa Tripoli muri Libya mu Ugushyingo 2024.


U Rwanda rwakiriye inama y’Abayobozi b’Amashuri Makuru ya Gisirikare muri Afurika




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...