Uru
rukingo rwitwa Lenacapavir, rukaba rwarakozwe n’uruganda rw’Abanyamerika rwa Gilead
Sciences, ruzwi ku isoko ku izina rya Yeztugo. OMS yarwemeye nk’urukingo
rukoreshwa kabiri mu mwaka mu rwego rwo kwirinda kwandura VIH/SIDA, ndetse
rutanga icyizere mu guhangana n’iyi ndwara ihangayikishije Isi.
Ku
wa 14 Nyakanga 2025, ubwo hasozwaga inama mpuzamahanga ya 13 y’ihuriro
ry’abahanga mu bijyanye n’ubushakashatsi kuri SIDA (IAS Conference on HIV
Science), yabereye i Kigali, OMS yashyize ahagaragara amabwiriza mashya yemera
ikoreshwa rya Lenacapavir nka bumwe mu buryo bugezweho bwo gukumira ikwirakwira
rya virusi itera SIDA.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko u Rwanda ruri mu myiteguro y’uko uru rukingo ruzashyirwa mu itegeko rigenga gahunda z’ubuvuzi bw’abanduye cyangwa abari mu byago byo kwandura SIDA.
Yagize ati:
Yakomeje
agira ati:
Uburyo
ruzakoreshwamo n’uburyo ruzatangwamo
Nk’uko byatangajwe na Dr Meg Doherty, Umuyobozi ushinzwe ishami rya OMS rishinzwe kurwanya VIH/SIDA, Hepatite na STIs, yavuze ko uru rukingo ari intambwe ikomeye mu guhangana n’ikwirakwira rya virusi.
Yagize ati:
OMS
ivuga ko binyuze ku bufatanye na Global Fund n’Ikigega CIFF (Children’s
Investment Fund Foundation), uru rukingo ruzatangira gutangwa ku buntu mu
bihugu icyenda bya mbere byiteguye kurwakira. Nubwo ibyo bihugu byose
bitatangajwe, u Rwanda ruri mu biganiro ngo rube mu bizahabwa amahirwe yo
kubigeraho mbere.
Dr
Doherty yongeyeho ko kugira ngo ibi bishoboke, ibihugu bigomba kuba bifite
ibikorwaremezo n’abakozi b’ubuzima bahuguwe ku ikoreshwa ry’uru rukingo. Yagize
ati:
Ibyo
Rwanda rumaze kugeraho mu kurwanya SIDA
U
Rwanda rumaze kugera ku ntego mpuzamahanga za 95-95-95 za UNAIDS: aho 95%
by’abanduye bamenya uko bahagaze, 95% byabo bakitabwaho binyuze mu miti
igabanya ubukana (ARV), kandi 95% byabo bagahagarika kwanduza abandi virusi.
Imibare
ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko u Rwanda rwagabanyije umubare w’abandura SIDA bashya ku kigero cya 82%, ndetse n’abapfa bazize SIDA bagabanutseho 86%.
OMS
ivuga ko intego ari ugutanga uru rukingo ku bantu miliyoni ebyiri buri mwaka mu
gice cya mbere cy’ishyirwa mu bikorwa, ariko ibisabwa birenze ibyo kuko abakiri
mu byago byo kwandura ari benshi cyane.
Dr Doherty yavuze ko uru rukingo ruzafasha by’umwihariko abangavu, abakobwa n’abagore batwite, kuko ari bo bashobora kwibasirwa cyane mu buryo bwihariye n’ikwirakwira rya virusi.