Tuzaba turimo turizihiza icyo kuzuka kwa Yesu Kristo byatugize byo – Chryso Ndasingwa ku gitaramo ‘Easter Experience’

Iyobokamana - 17/04/2025 4:18 PM
Share:

Umwanditsi:

Tuzaba turimo turizihiza icyo kuzuka kwa Yesu Kristo byatugize byo – Chryso Ndasingwa ku gitaramo ‘Easter Experience’

Mu gihe umuramyi Chryso Ndasingwa yitegura gutaramira Abanyarwanda kuri Pasika ku nshuro ya mbere mu gitaramo 'Easter Experience' kizaba ku Cyumweru tariki 20 Mata 2025, we n'abandi baramyi bazafatanya batangaje ko imyiteguro iri kugana ku musozo, bahamagarira abantu kuzitabira ku bwinshi kandi bakazaza biteguye kuramya Imana bishimira izuka ry'Umwami Yesu/Yezu Kristo.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 17 Mata 2025, Chryso Ndasingwa yavuze ko igitaramo ‘Easter Experience’ kizabera i Rusororo kuri Intare Conference Arena kuri Pasika, ari igitaramo cyiza cyitezweho ibihe byiza byo kuramya no guhimbaza Imana bigizwemo uruhare n’abaramyi batandukanye bazifatanya na we, barimo Papi Clever & Dorcas, True Promises, Arsene Tuyi ukorera umurimo w’Imana muri Restoration Church.

Yakomeje agira ati: “Pasika ni ikintu gikomeye ku bizera, urupfu n’izuka bya Yesu Kristo birenze kuba ari igitaramo, ahubwo ni ikintu cyahinduye ubuzima bwacu nk’abizera. Ikindi, ireba n’abatizera kuko kuzuka bivuze ibintu bikomeye cyane […] Tuzaba turimo turizihiza icyo kuzuka kwa Yesu Kristo byatugize byo. Mu guhimbaza, mu kuramya, mu guhamya, mu ijambo ry'Imana, rero abantu bose baratumiwe mu ngeri zitandukanye."

Yasobanuye ko impamvu kuri iyi nshuro yahisemo gukorana n'abahanzi bacye mu gitaramo, ari ukugira ngo bazabone umwanya uhagije kuko muri rusange umwanya wateganyijwe uzaba ari muto. Ati: "Mbonereho no gukangurira abantu kuzahagera kare, kugira ngo tuzatahe kare. Tuzaze kare, Saa munani imiryango izaba ifunguye, Saa kumi dutangire."

Uyu muramyi, yasobanuye ko kuba abahanzi banyuranye bategura ibitaramo kuri Pasika barimo Patient Bizimana n'abandi, biba bigamije guhuriza hamwe amatorero kuko Pasika ari umunsi bose bemeranyaho. Ati: "Nifuza naba mpari, ntahari, ko haboneka abantu birukankana rino yerekwa, tugatanga umwanya wo gusuka imitima yacu, wo kuramya Imana, hatitawe ku matorero duturukamo. Ntabwo ari ikintu ndi kubaka cyanjye, iyi ni 'business' y'Imana ndimo ndayiheka, ariko ntabwo nibona nka Chryso mbikora buri mwaka, ariko mbibona nkaho bizajya biba buri mwaka."

Papi Clever avuga uko biyumva we Dorcas ku kuba bazataramana na Chryso muri 'Easter Experience,' yagize ati: "Chryso ni umuvandimwe, ni inshuti, duhuzwa na byinshi, twishimira gukorera Imana turi kumwe. Yaradutumiye mu gitaramo cyabaye ubushize, 'Wahozeho,' natwe kandi turamwiyambaza mu gitaramo cyacu, none twongeye kugirirwa ubuntu tubonye aduhamagaye ngo tubane muri iki gitaramo."

Yakomeje asobanura ko iyo uri umuhanzi ukagirirwa ubuntu bwo guhamagarwa n'undi muhanzi kugira ngo mukorane mu gitaramo, cyane cyane ari igitaramo cyagutse, biba ari ibintu byiza cyane, yongeraho ko iyo ariyo mpamvu na bo bakunda gukorana na Chryso. Ati: "Turumvana mu buryo bw'umwuka, kandi tukaba turi n'inshuti, turahuza."

Ndayishimiye Tresor wagize ihishurirwa ryo gutangiza itsinda rya True Promises ryamenyekanye mu ndirimo 'Mana Urera' n'izindi, yavuze ko bigoye gusobanura urukundo Chryso akunda True Promises, aragira ati: "Ariko buriya hari ubuntu bw'Imana atubonamo, butuma buri gihe adutekerezaho cyane cyane ko turi mu matsinda ari muri iki gihugu kandi turi kumwe n'abandi beza, bazi kuvuga Imana nk'uko natwe tuyivuga,ariko kubera ubwo buntu bw'Imana ashobora kuba atubonamo, aradutekereza.

Mu gitaramo cy'ubushize twari kumwe, n'ubu ngubu yongeye kudutekereza. Iyo tubonye aduhamagaye, twumva umutima unezerewe [...] Twiteguye rero kuzakorana igitaramo cyiza, cyane cyane ko ari kuri Pasika, turimo turategura indirimbo nziza zijyanye n'umunsi tuzaba turiho wo kwibuka urupfu rwa Yesu Kristo."

Arsene Tuyi na we uzifatanya na Chryso Ndasingwa, yatangaje ko yiteguye kuzatarama. Ati: "[Chryo] ni inshuti, ni umuramyi mwiza, yigeze kuba Pianist wanjye, [...] dutangira kuba inshuti birenze ibyo ngibyo, ibyo agenda akora nanjye bigenda binezeza. Ni we wansabye ko ubu twakorana, yambwiye ko kuri iyi nshuro Imana yabyizeye."

Ati: "Ikintu nabwira abantu ni ukubabwira bakazaza biteguye kuko biroroha kubwira ubutumwa umuntu waje witeguye, hari impamvu Imana yemeye ko biba kuri iyi Pasika. Nk'uko ijambo ry'Imana rivuga ngo buri munsi uzana n'ubuntu bwawo, umunsi wo kuri Pasika turizera ko hari ikizakoreka. Bazaze biteguye, baze ari benshi, baze biteguye kwishima mu bwami bw'Imana."

Chryso Ndasingwa akorera umurimo w'Imana muri New Life Bible Church Kicukiro iyoborwa na Rev. Dr. Charles Mugisha. Yavukiye i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, akurira mu muryango w’Abakristo Gatolika, nyuma aza kwimukira mu itorero rya New Life Bible Church ari na ho abarizwa kugeza ubu. Yatangiye umuziki mu buryo bw'umwuga mu gihe cya Covid-19.

Umuziki waramuhiriye cyane dore ko ari mu bahanzi bacye babaye ibyamamare mu gihe gito cyane. Amaze gukora Album imwe "Wahozeho" yamuritse mu gitaramo cy'amateka na n'ubu kikibazwaho n'abanyamuziki bakomeye aho batiyumvisha ukuntu umuntu akora igitaramo cya mbere akuzuza BK Arena. 

Chryso uri mu baramyi bakunzwe cyane muri iki gihe, avuga ko intego ye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana ni ukuzana ibyiza bihimbaza Imana. Yikije ku gitaramo cye avuga ko akomeje kwitegura neza mu buryo bwose. Ati "Turizera ko bizaba ibihe bidasanzwe!".

Chryso Ndasingwa ni umuhanzi wa kabiri mu baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana wabashije kuzuza BK Arena mu gitaramo cya mbere yari akoze mu mateka ye, abantu hirya no hino bakabura ayo bacira n'ayo bamira dore ko hari abahanzi benshi bagerageje BK Arena ariko bikanga.

Kuri ubu ari gusoza imyiteguro y'igitaramo ngarukamwaka cya Pasika yise "Easter Experience" kizafasha abakristo n'abakunzi b'umuziki wa Gospel kwizihiza izuka rya Yesu. Mu baramyi azataramana nabo harimo Papi Clever na Dorcas, True Promises Ministries na Arsene Tuyi.

Kwinjira muri iki gitaramo ni ukugura itike ya 10, 000 Frw, 20,000 Frw, 30,000Frw ndetse na 50,000 Frw. Amatike aboneka kuri *797*30# no kuri www.ishema.rw. Chryso Ndasingwa aherutse gutangaza ko amatike agura 50,000 Frw yamaze gushira ku isoko

Imyiteguro y'igitaramo 'Easter Experience' kizafasha Abakristo kwizihiza Pasika irarimbanije

Chryso Ndasingwa yasobanuye ko Pasika ishushanya ikintu gikomeye ku bizera, ararikira abantu kuzitabira ku bwinshi kandi bazindutse

Avuga ko na we ategerezanyije amatsiko kureba ibyo Imana izikorera muri 'Easter Experience'

Papi Clever & Dorcas basoje imyiteguro bategereje gutaramana n'Abanyarwanda kuri Pasika

Ndayishimiye Tresor wa True Promises yavuze ko bateguye indirimbo nziza zijyanye n'umunsi wa Pasika

True Promises biteguye kuyoborwa n'Umwuka ku munsi w'igitaramo

Arsene Tuyi yasabye abazitabira kuzaza biteguye kuramya Imana

Iminsi irabarirwa ku ntoki Chryso Ndasingwa agatanga Pasika ishyitse


Umwanditsi:

Yanditswe 17/04/2025 4:18 PM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...