Ku wa Gatatu tariki 23 Mata 2025,
nibwo Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Faustin Nkusi yabwiye InyaRwanda, ko bamaze
kwakira Dosiye ya Turahirwa Moses, aho akurikiranyweho gukoresha
ibiyobyabwenge.
Kuri uyu wa Kane tariki 24 Mata 2025, Nkusi
Faustin yabwiye InyaRwanda, ko Moses yongeye kwisanga imbere y’amategeko, mu
gihe ku wa 20 Ukuboza 2024, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwamukatiye
imyaka itatu n’amezi atandatu, ndetse hiyongereho n’ihazabu.
Yavuze ati “Yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka
itatu n’amezi atandatu (6), hiyongereho n’ihazabu. Yajurije mu rukiko Rukuru.”
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge,
rwamukatiye iki gifungo nyuma yo kumuhamya ibyaha bibiri: Kunywa ibiyobyabwenge
(urumogi), ndetse no gukoresha inyandiko mpimbano.
Yasabwe kandi gutanga ihazabu ya Miliyoni
2 Frw, ndetse n’amagarama y’uburanza angana n’ibihumbi 20 Frw. Turahirwa Moses
yunganiwe n’umunyategeko we Maitre Bayisabe Irene, muri Mutarama 2025 yari yatanze
ubujirire bwe mu Rukiko Rukuru, aho yari ategereje kuburana.
Byahishuwe ko Turahirwa Moses washinze
Moshions yari yakatiwe imyaka itatu n’amezi atandatu