The Real Gasana avuga ko adafite gahunda yo kongera guhuriza abahanzi mu ndirimbo nyuma ya ‘Natinatina’- VIDEO

Imyidagaduro - 12/07/2025 1:33 PM
Share:

Umwanditsi:

The Real Gasana avuga ko adafite gahunda yo kongera guhuriza abahanzi mu ndirimbo nyuma ya ‘Natinatina’- VIDEO

The Real Gasana, umwe mu banyamuryango bakomeye ku mbuga nkoranyambaga, yashyize hanze indirimbo yise ‘Natinatina’ aho yahurijemo abahanzi batandukanye barimo Afrique, Olimah, Sicha One, Pama na Mercury Sheks.


Nubwo iyi ari yo ndirimbo ye ya mbere ashyize hanze, Gasana yavuze ko ayifata nk’iya mbere n’iya nyuma kuri we, kuko adafite gahunda yo gukomeza uyu murongo wo guhuriza abahanzi mu ndirimbo.

Iyi ndirimbo yashyizwe ku isoko ku wa Kane, tariki 10 Nyakanga 2025, nyuma y’igihe kinini Gasana amaze amenyerewe nk’ukoresha imbuga nkoranyambaga, ariko atari azwi mu ruganda nyirizina rw’umuziki.

Mu kiganiro na InyaRwanda, The Real Gasana yasobanuye ko gukora indirimbo nk’iyi bisaba umwanya munini n’ubushobozi, ibintu avuga ko bigoye ku muntu udafite gahunda ihamye mu muziki.

Yagize ati: “Ntabwo mbizi niba nzongera guhuriza abahanzi mu ndirimbo. Ntabwo ari ukuvuga ko nakennye, ariko ntabwo nzi neza ko nzongera gukor indirimbo. Ariko nk’umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, nari nkeneye guhanga ikintu gishya kugira ngo abantu bumve n’ibindi bishya.”

Yakomeje avuga ko n’ubwo hari abandi bafite gahunda zo guhuriza abahanzi mu mishinga nk’iyi, kuri we Natinatina ni umushinga wihariye kandi udasubirwaho ku giti cye.

Ati: “Sintekereza ko nzakomeza kubikora. Nimbona ikindi gihe, cyangwa se Imana yabishatse twakongera tukabikora, ariko iyi ndayifata nk’iya mbere n’iya nyuma.”

Gasana yavuze ko yahisemo gukorana n’abahanzi bafite inyota yo kwigaragaza kurusha abamaze igihe kinini, uretse Afrique uzwi nk’ufite uburambe mu muziki.

Yagize ati: “Impamvu nabahisemo ni uko buri wese afite icyo ashaka kugeraho. Nabahurije hamwe kugira ngo dukore indirimbo buri wese ayifata nk’ibihe byihariye. Bose bari bafite ubushake, bitworohera rero mu ikorwa ry’iyi ndirimbo.”

Yongeyeho ko mu gihe cy’iyandikwa ry’indirimbo, hari abandi bantu barimo Diez Dolla, Pamaa, Li John n’abandi bagize uruhare mu kuyinoza.

Gasana yasobanuye ko atigeze aririmba muri iyi ndirimbo, ndetse ko atazi no kuririmba, bityo ko atari we muhanzi. Yavuze ko kwinjira muri uyu mushinga bitari ibijyanye n’inzozi ze nk’umuhanzi, ahubwo byari uburyo bwo gutanga umusanzu mu kuzamura impano nshya no kugaragaza indi sura nshya ku mbuga nkoranyambaga.

Avuga ati “Ubundi niko nabiteguye. Naravuze nti reka nkore indirimbo hanyuma nkore uko nshoboye nyimenyekanishe, ndebe uko abantu bayakira. Ariko cyereka niba biba ubushake bw’abantu, sinari mfite gahunda yo gukomeza muzika.”

Yakomeje avuga ko afite umwuga wihariye yize, aho yasoreje amasomo ye muri Kaminuza mu bijyanye na Engineering (ubwubatsi), mbere y’uko yinjira mu rugendo rwo gukoresha imbuga nkoranyambaga nk’urubuga rwo gutambutsaho ibitekerezo n’imishinga yihariye.

Gasana yavuze ko indirimbo ‘Natinatina’ yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Booster, inonosorwa mu buryo bwihariye na Bob Pro. Avuga ko uyu mushinga ari umwe mu bintu yakoze n’umutima we wose, ariko ko udasobanuye ko agiye kwinjira mu muziki nk’umuhanzi.

Yasoje avuga ko abashoboye bakwiye gukomeza kuba ku isonga, ariko na none n’abakoresha imbuga nkoranyambaga nk’uko abikora, bakwiye gutekereza ku mishinga ifite inyungu n’icyerekezo.

The Real Gasana ari kumwe n’abahanzi yahurije mu ndirimbo ‘Natinatina’ ifite iminota 4 n'amasegonda 18 

The Real Gasana yavuze ko adafite gahunda yo gukomeza guhuriza mu ndirimbo abahanzi

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA THE REAL GASANA

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘NATINATINA’ THE REAL GASANA YAHURIJEMO ABAHANZI BANYURANYE



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...