City Radio ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga ni yo yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Kamena 2026. Yavuze ko Muramira Régis atameze nk’abandi banyamakuru babogama.
Iti: ”Umva rekana n'abandi ba nyamakuru ba siporo babogama, babeshya, batavugisha ukuri. Rekana n'abanyamakuru baba bashaka ubwamamare gusa badashaka kubaka siporo nyarwanda.”
Yakomeje ivuga ko ari umwami w’ibiganiro bya siporo. ”Dore Umwami w'ibiganiro bya siporo mu Rwanda ntabeshya, ntagendera ku magi, avuga ukuri, ntakandirwa akanyenyeri ngo atavuga, avuga ibyubaka agaharanira kubaka urukuta rukomeye atitaye ku magambo y'abantu.”
City Radio yamuhaye ikaze ndetse ivuga ko azajya yumvikana guhera saa Moya z’ijoro mu mikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026. Iti: ”Guhera uyu munsi saa Moya z' ijoro Muramira Regis aratangira kumvikana kuri 88.3 City Sports n'Imikino y'igikombe cy'Isi.”
Muramira Régis uri mu banyamakuru ba Siporo babimazemo igihe kandi b'abahanga, yakoreraga kuri Fine FM, akaba asubiye kuri City Radio abantu benshi bamumenyeho.

Umunyamakuru Muramira Régis wakoraga kuri Fine FM yasubiye kuri City Radio yamenyekaniyeho
