Tandukana n’abandi bashaka ubwamamare! Muramira Régis yasubiye kuri City Radio yakirwa nk'Umwami wa Siporo

Imikino - 11/06/2026 2:29 PM
Share:

Umwanditsi:

Tandukana n’abandi bashaka ubwamamare! Muramira Régis yasubiye kuri City Radio yakirwa nk'Umwami wa Siporo

Umunyamakuru Muramira Régis wakoraga kuri Fine FM, yasubiye kuri City Radio yamenyekaniyeho, yakirizwa amagambo amushimagiza avuga ko atameze nk’abandi baba bashaka ubwamamare.

City Radio ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga ni yo yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Kamena 2026. Yavuze ko Muramira Régis atameze nk’abandi banyamakuru babogama. 

Iti: ”Umva rekana n'abandi ba nyamakuru ba siporo babogama, babeshya, batavugisha ukuri. Rekana n'abanyamakuru baba bashaka ubwamamare gusa badashaka kubaka siporo  nyarwanda.”

Yakomeje ivuga ko ari umwami w’ibiganiro bya siporo. ”Dore Umwami w'ibiganiro bya siporo mu Rwanda ntabeshya, ntagendera ku magi, avuga ukuri, ntakandirwa akanyenyeri ngo atavuga, avuga ibyubaka agaharanira kubaka urukuta rukomeye atitaye ku magambo y'abantu.”

City Radio yamuhaye ikaze ndetse ivuga ko azajya yumvikana guhera saa Moya z’ijoro mu mikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026. Iti: ”Guhera uyu munsi saa Moya z' ijoro Muramira Regis aratangira kumvikana kuri 88.3 City Sports n'Imikino y'igikombe cy'Isi.”

Muramira Régis uri mu banyamakuru ba Siporo babimazemo igihe kandi b'abahanga, yakoreraga kuri Fine FM, akaba asubiye kuri City Radio abantu benshi bamumenyeho.

Umunyamakuru Muramira Régis wakoraga kuri Fine FM yasubiye kuri City Radio yamenyekaniyeho



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...