Snoop Dogg yabaye umwe mu banyamigabane b'ikipe Swansea City

Imyidagaduro - 18/07/2025 1:45 PM
Share:

Umwanditsi:

Snoop Dogg yabaye umwe mu banyamigabane b'ikipe Swansea City

Umuraperi w’ikirangirire ku isi, Snoop Dogg, yinjiye mu buyobozi bw’ikipe ya Swansea City yo mu Bwongereza nyuma yo kugura imigabane mito muri iyi kipe ikina mu cyiciro cya kabiri (Championship).

Iki cyamamare cyatunguye benshi ubwo yabonekaga nk’umwe mu bamurikaga umwambaro mushya w’iyi kipe wa shampiyona ya 2025-2026, mu cyumweru gishize.

Nyuma yaho, Swansea City yatangaje ko uyu muhanzi w’imyaka 53 y’amavuko, witwa Calvin Broadus mu mazina ye nyakuri, yinjiye mu itsinda ry’abanyamigabane b’iyi kipe, akurikiye Luka Modric wahoze ari icyamamare muri Real Madrid na Croatia, nawe uherutse kugura imigabane muri iyi kipe mbere y’uko yerekeza muri AC Milan.

Mu butumwa Snoop Dogg yatangaje ku rubuga rw’iyi kipe yagize ati “Urukundo rwanjye ku mupira w’amaguru rurazwi, ariko kuba nshyize intambwe mu kuba nyiri ikipe binyinjije mu mwihariko.

Inkuru ya Swansea City n’ubuzima bw’abantu baho byankoze ku mutima. Ni umujyi w’abakozi b’inganda bafite ishema, bafite ikipe ibahagarariye. Ni ikipe y’abarwana bagatsinda, nanjye ndi uko. Ntewe ishema no kuba umwe muri Swansea City.”

Iyi kipe yigeze gukina Premier League, yaguzwe mu Ugushyingo 2024 n’abashoramari b’Abanyamerika Brett Cravatt na Jason Cohen. Luka Modric yaje kuyiguramo imigabane muri Mata 2025, none kuri ubu Snoop Dogg nawe yunze muribo.

Bivugwa ko Snoop Dogg yagejejwe kuri Swansea binyuze ku nshuti asangiye na ba nyir’iyi kipe bashya. Ubuyobozi bwavuze ko intego ari ukongera izina rya Swansea ku rwego mpuzamahanga, kugira ngo binatange inyungu zizongera ubushobozi bwo gushora imari mu bakinnyi, mu rwego rw’amategeko.

Mu itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’ikipe, bagize bati: “Dukoresheje interuro iri muri muzika ya Snoop Dogg, iyi ni ‘episode nshya’ ya Swansea City. Intego ni ugutanga amahirwe mashya yo kwamamaza ikipe no kugera kuri benshi. Kuba afite abakunzi barenga miliyoni 100 ku mbuga nkoranyambaga ni ibintu bitazapfa gusimbukwa.”

Bongeraho ko Snoop Dogg yagaragaje urukundo rwe ku mupira w’amaguru kuva kera, ndetse yifuza no kugira uruhare mu iterambere ry’iyi kipe.

Mu rwego rwo kumwifuriza ikaze, Swansea City yamuhimbiye igishushanyo (mural) ku ruhande rw’iburengerazuba (West Stand) rw’icyicaro cyabo cya Swansea.com Stadium.

Snoop Dogg arashaka ko iyi ntambwe yateye iba intangiriro yo kugira uruhare rugaragara mu mupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga.


Snoop Dogg mu mwambaro mushya wa Swansea City wa shampiyona ya 2025/26


Snoop Dogg yemeje ko yinjiye mu banyamigabane ba Swansea City, avuga ko yishimiye kuba mu rugendo rw’iyi kipe y’ab’intwari

KANDA HANO UREB IMWE MU NDIRIMBO NSHYA Z'UMURAPERI SNOOP DOGG


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...