Jordan avuga ko Infantino
akwiye kuva ku buyobozi bwa FIFA nyuma y’uko gahunda yari yatangijwe yo
guhindura uburyo imitungo n’ubucuruzi bijyanye n’Igikombe cy’Isi bikorwamo
itakunze, ndetse bikaba byaratumye atakaza icyizere cy’inzego zimwe na zimwe
zishinzwe umupira w’amaguru.
Nyuma y’Igikombe cy’Isi
cya 2024, Infantino yari yatangaje gahunda yiswe FIFA Forward Enterprise (FFE),
yari igamije gushyira ibikorwa by’ubucuruzi n’imikorere y’Igikombe cy’Isi mu
rwego rumwe.
Icyakora, iyi gahunda
yaje gukurwaho nyuma y’uko itumye Infantino ahura n’igitutu gikomeye.
Simon Jordan asanga
Wenger yakwiriye kuyobora FIFA
Simon Jordan yavuze ko Arsene
Wenger yaba umuntu ukwiye gusimbura Gianni Infantino ku mwanya wa Perezida wa
FIFA, ashingiye ku bumenyi n’ubushobozi Wenger afite mu mupira w’amaguru. Y
Yongeyeho ko Wenger ari umuntu ufite ubwenge bwinshi kandi uzi abantu benshi, ndetse ko afite ubushobozi bwo kuyobora urwego rukomeye nka FIFA.
Jordan kandi yavuze ko
Infantino ashobora kuba yararenze ku murongo, cyane cyane ku bijyanye na
gahunda yo kugurisha inyungu z’ubucuruzi bw’Igikombe cy’Isi.
Ku rundi ruhande, Wenger
yavuze ko atigeze agira uruhare muri iyo gahunda, ahubwo ko yayimenye binyuze
mu itangazamakuru. Yashimangiye ko ashyigikiye FIFA yigenga kandi ikorera mu
mucyo.
Wenger yagize ati: “Nizera
cyane FIFA yigenga ikorera umupira w’amaguru mu bwitange, mu mucyo no mu
bunyangamugayo.”
Kugeza ubu, igitekerezo
cyo gusimbuza Infantino na Wenger cyatanzwe na Jordan gusa, mu gihe ubuyobozi
bwa FIFA buzagenwa n’inzego zibifitiye ububasha.

Arsene Wenger arasabirwa gusimbura Gianni Infantino ku mwanya wa Perezida wa FIFA
